Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
ZABURI 56 : IRINGIRE IMANA YONYINE – Wicogora Mugenzi

Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 56 cya Zaburi, usenga kandi uciye bugufi.

📖 ZABURI 56
[2] Mana, mbabarira kuko abantu bashaka kumira, biriza umunsi bandwanya bakampata.
[4] Uko ntinya kose nzakwiringira.
[5] Imana izampa gushima izina ryayo, Imana ni yo niringiye sinzatinya, abantu babasha kuntwara iki?
[7] Baraterana bakihisha, bakaronda ibirenge byanjye, kuko bubikiye ubugingo bwanjye.
[9] Ubara kurorongotana kwanjye, ushyira amarira yanjye mu icupa ryawe, mbese ntiyanditswe mu gitabo cyawe?
[10]!Icyo gihe abanzi banjye bazasubizwa inyuma ku munsi nzatakiramo, ibyo ndabizi kuko Imana iri mu ruhande rwanjye.
[11] Imana izampa gushima izina ryayo, Uwiteka azampa gushima izina rye.
[12] Imana ni yo niringiye sinzatinya, abantu babasha kuntwara iki?
[13] Mana, imihigo naguhize indiho, kandi nzakwitura amaturo y’ishimwe.
[14] Kuko wakijije ubugingo bwanjye urupfu, n’ibirenge byanjye wabikijije gusitara, ngo mbone uko ngendera mu maso y’Imana mu mucyo w’ababaho.

Ukundwa n’Imana gira isabato nziza. Saba Yesu akweze, akuruhure kandi aguhe uburuhukiro bubikiwe abamukunda, bakizera izina rye. Iyi Zaburi nayo kimwe n’iya 34, Dawidi yayihimbye ubwo abafilisitiya bamufatiraga i Gati nk’umwanzi wabo ruharwa, kandi avuye iwabo ahunga Sawuli. Mu isi koko nta buhungiro buhari. Ubwoba bumutashye, yibuka uzi bye, Uwiteka.

1️⃣ UKO BIRI KOSE NZAKWIRINGIRA
🔰 Hari igihe ugera mu ngorane, ugatentebuka, ukabura ibyiringiro ku buryo n’abantu babibona! Imana ibizi byose; (um. 9) Ubara kurorongotana kwanjye, ushyira amarira yanjye mu icupa ryawe, mbese ntiyanditswe mu gitabo cyawe ? Nta na kimwe Imana yirengagiza ku muntu yaremye! N’amarira yacu irayazi, umunsi umwe izaduhanagura amarira twarize, twibere mu munezero iteka. (Ibyahishuwe 21:4) – Izahanagura amarira yose ku maso yabo kandi urupfu ntiruzabaho ukundi, kandi umuborogo cyangwa gutaka cyangwa kuribwa ntibizabaho ukundi kuko ibya mbere bishize.” Amen kandi amen 🙏

🔰Yesu yararize. Nubwo yari Umwana w’Imana, yari yarambaye kamere ya kimuntu kandi YABABAZWAGA N’ABAFITE ISHAVU. Umutima wa Yesu w’impuhwe n’imbabazi uzirikana imibabaro y’abantu. Yesu arirana n’abarira kandi akishimana n’abishimye. (Uwifuzwa IB, igice 58, page 359.5)

➡️ Mu gihe turi mu kaga, mu byago, mu bibazo bitandukanye, Yesu aba ari kumwe natwe, ababarana natwe kandi akaduha ihumure. Mureke tugire ibyiringiro bishyitse tubiheshejwe nuko Yesu yazutse. (1 Petero 1:3). Yesu araduhumuriza agira ati : Ibyo mbibabwiriye kugira ngo mugire amahoro muri jye. Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.” (Yohana 16:33)

2️⃣ ITURO RY’ISHIMWE
🔰Dawidi yizeye ko Imana iri mu ruhande rwe ndetse ahiga gushima Imana atanga ituro ry’ishimwe, atari kubwe, ahubwo yiringiye ko azabishobozwa n’Imana.

➡️ Tujye twibuka gushima Imana kuko ariyo itubeshejeho. Subiza amaso inyuma wibuke aho Imana yagukuye, wibuke umuhingo wahigiye Uwiteka maze uwuhigure. Erega hari n’ubwo utahuye n’ikibazo icyaricyo cyose, nabyo ugomba kubishimira Imana. Ituro Imana yishimira ni iri : (Abaroma 12:1) – Nuko bene Data, ndabinginga ku bw’imbabazi z’Imana ngo mutange imibiri yanyu, ibe ibitambo bizima byera bishimwa n’Imana, ari ko kuyikorera kwanyu gukwiriye.

3️⃣ GENDERA MU MUCYO WAYO
📍Umurongo uheruka wa 14, utweretse ko uwamaze kurindwa n’Imana, ahindura imigendere akagendera mu mucyo wayo, akagendera mu ijambo ryayo.
➡Abizera benshi batabarwa n’ijuru bakabyishimira, bagatanga n’ubuhamya imbere y’abantu, nyamara ntibafate umwanya wo gutekereza ku cyo ijambo ry’Imana ribasaba.
⏯️Ijambo ry’Imana ni itabaza rimurikira intambwe z’umugenzi ujya i Kanani ihoraho (Zaburi 119:105), uramutse ugendeye mu bitandukanye na ryo abantu bihimbiye, nta mucyo uzagutambikira (Yesaya 8:20).
Gendera mu mucyo waka w’Imana.

🛐 MANA DUHE KWITANGA MU MURIMO WAWE, MU IZINA RYA YESU.

Wicogora Mugenzi

2 thoughts on “ZABURI 56 : IRINGIRE IMANA YONYINE”
  1. Amena. Kwiringira Uwiteka gufite umumaro kuko ari we wo kuturengera mu gihe cy’akaga nta handi dufite ho gupfunda umutwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *