Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 68 cya Zaburi, usenga kandi uciye bugufi.
đ ZABURI 68
[2] Imana izahaguruka abanzi bayo batatane, Kandi abayanga bazahunga mu maso hayo.
[3] Nk’uko umwotsi utumuka ni ko uzabatumura, Nk’uko ibimamara biyagira imbere y’umuriro, Ni ko abanyamahanga bazarimbukira imbere y’Imana.
[4] Ariko abakiranutsi bazanezerwa, Bazishimira imbere y’Imana, Ni koko bazishima ibyishimo.
[6] Imana iri mu buturo bwayo bwera, Ni se w’impfubyi n’umucamanza urengera abapfakazi.
[7] Imana ibesha mu mazu abatagira shinge na rugero, Ibohora imbohe ikaziha kugubwa neza, Ariko abagome bakaba mu gihugu gikakaye.
[22] Ariko Imana izamenagura imitwe y’abanzi bayo, N’igikoba kiriho umusatsi cy’umuntu wese ukomeza kwishyiraho urubanza.
[35] Mwaturire Imana ko ifite imbaraga, Ubwiza bwayo buri hejuru y’Abisirayeli, Imbaraga zayo ziri mu bicu.
[36] Mana, uteye ubwoba uri ahera hawe, Imana y’Abisirayeli ni yo iha abantu bayo imbaraga no gukomera. Imana ihimbazwe.
Ukundwa nâImana, Amahoro abe muri wowe. Imana ikomeje kutugezaho ubutumwa bwerekeranye nâibihano byâabanyabyaha nâingororano zâabera. Subiza amaso inyuma usuzume neza uruhade uherereyemo imbabazi zitakurangiriraho!
1ď¸âŁ IHEREZO RYâABABI
đ° Iyi Zaburi ya 68 ifite amagambo afitanye isano ya bugufi na zaburi yâejo hashize. Umurongo wa 2 uragira uti: â Imana izahaguruka abanzi bayo batatane, Kandi abayanga bazahunga mu maso hayo.â Uku ni ukuri Imbabazi zâImana ntizigira iherezo ariko kuzakira kwacu gushobora kugira iherezo. (Matayo18:21,22).
âŻď¸ Mu rukundo rwâImana izatsemba icyaha nâumuzi wacyo. Ijambo ryâImana rinyuze muri Yuda riragira riti: âNâabamarayika batarinze ubutware bwabo ahubwo bakareka ubuturo bwabo, ibarindira mu minyururu idashira no mu mwijima wâicuraburindi kugira ngo bacirwe ho iteka ku munsi ukomeye.â Sodomu nâi Gomora nâimidugudu yari ihereranye na ho, yashyiriweho kuba akabarore ihanwa nâumuriro utazima kuko abaho na bo bitanze bakiha ubusambanyi no kwendana mu buryo imibiri itaremewe (Yuda 1:6-7).
âŻď¸Nshuti muvandimwe, rekeraho gukina nâicyaha! Waba ubizi cyangwa utabizi iherezo ryâabanyabyaha riri hafi kandi turabwirwa ngo: âabo bantu batuka ibyo batazi ndetse nâibyo bazi, babwirijwe na kamere yabo barabyiyononesha nkâinyamaswa zitagira ubwenge. Bazabona ishyano kuko bagendeye mu nzira ya Kayini, bagahomboka birukanka batirinda, bakiroha mu cyaha cya BalÄmu bohejwe nâibiguzi, bakarimbukira mu bugome bwa KĹra. (Yuda 1:10-11). Ku murongo wa 4 wâiyi Zaburi hakomeza hatubwira ko abakiranutsi bazanezerwa, Bazishimira imbere y’Imana, Ni koko bazishima ibyishimo. Ni ahawe guhitamo.
2ď¸âŁ IMANA NI UMUCAMANZA UTABERA
đ° Isomo rya 2 dukura muri iyi Zaburi nuko Imana ari umucamanza utabera; Imana iri mu buturo bwayo bwera, Ni se w’impfubyi n’umucamanza urengera abapfakazi. (6). Zab. 145: 16 ho haragira hati: âUpfumbatura igipfunsi cyawe, Ugahaza kwifuza kw’ibibaho byose.â
âŚď¸Nyamara nubwo bimeze bityo, twashyiriweho kuba ibisonga byâImana kugirango tuyikorre umurimo twita ku mfubyi nâabapfakazi. Mu rubanza, imikoreshereze yâimpano yose umuntu yahawe izagenzurwa. Ni mu buhe buryo twakoresheje umutungo twatijwe nâIjuru? Mbese Umwami nagaruka azahabwa ibye yatubikije nâinyungu yabyo? Mbese imbaraga twaragijwe, zaba izâamaboko, izâumutima nâubwenge twazikoresheje neza kubwâikuzo ryâImana no guhesha abatuye isi imigisha? Mbese twakoresheje dute igihe cyacu, ikaramu yacu, ijwi ryacu, amafaranga yacu ndetse nâubushobozi bwacu? Ni iki twakoreye Kristo ku bantu bâabakene, abashavura, imfubyi nâabapfakazi? Imana yatubikije ijambo ryayo ryera. Mbese umucyo nâukuri twahawe twabikoresheje iki kugira ngo twungure abantu ubwenge bubageza ku gakiza? Kuvuga ko umuntu yizera Kristo nta gaciro bifite; keretse gusa urukundo rugaragarizwa mu bikorwa ni rwo rufite akamaro. Nyamara urukundo rwonyine ni rwo ruhesha agaciro igikorwa cyose mu maso yâImana. Ikintu cyose gikozwe gikomotse ku rukundo, uko cyaba ari gito kose mu mirebere yâabantu, Imana iracyemera kandi ikagitangira ingororano. (Intambara ikomeye P. 482.1)
â ď¸ Nuko rero ubwo usobanukiwe ko Imana IcÄŤra impfubyi nâabapfakazi imanza zibarengera, ikunda umusuhuke wâumunyamahanga ikamugaburira, ikamwambika. (Gutegeka 10:18), irinde utagirwaho nâurubanza rwo kutita ku nshingano Imana yaguhaye.
đ DATA MWIZA TUBASHISHE KWITA KU NSHINGANO TWAHAMAGARIWEđ
Wicogora mugenzi.