Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 42 cya Zaburi, usenga kandi uciye bugufi.
đ ZABURI 42
[1] Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni indirimbo ya bene Kora yahimbishijwe ubwenge.
[2] Nk’uko imparakazi yahagizwa no kwifuza imigezi, Ni ko umutima wanjye wahagizwa no kukwifuza Mana.
[3] Umutima wanjye ugirira Imana inyota, Imana ihoraho, Nzaza ryari ngo ngaragare mu maso y’Imana?
[4] Amarira yanjye ni yo yambereye nk’ibyokurya ku manywa na nijoro, Kandi bahora bambaza umunsi ukira bati”Imana yawe iri hehe?”
[5] Ibi ndabyibuka ngahinduka umutima, Ubwo najyanaga n’abantu benshi, Nkabajyana mu nzu y’Imana, Tugendana ijwi ry’ibyishimo n’ishimwe, Turi iteraniro riziririza umunsi mukuru.
[6] Mutima wanjye ni iki gitumye wiheba? Ni iki gitumye umpagararamo? Ujye utegereza Imana, Kuko nzongera kuyishimira agakiza kayo.
[7] Mana yanjye, umutima wanjye urihebye, Ni cyo gituma nkwibukira mu gihugu cya Yorodani, No ku misozi ya Herumoni, no ku musozi wa Mizari.
[8] Imyuzure ihamagaranisha guhorera kw’insumo zawe, Ibigogo byawe n’umuraba wawe byose birandengeye.
[9] Uwiteka yantegekeraga imbabazi ze ku manywa, Nijoro indirimbo ye yari mu kanwa kanjye, Ni yo nasengeshaga Imana y’ubugingo bwanjye.
[10] Nzabaza Imana igitare cyanjye nti”Ni iki gitumye unyibagirwa? Ni iki gituma nambikwa ibyo kwirabura n’agahato k’abanzi banjye?”
[11] Abanzi banjye bameze nk’inkota iri mu magufwa yanjye, Iyo banshinyagurira bakiriza umunsi bambaza bati”Imana yawe iri hehe?”
[12] Mutima wanjye ni iki gitumye wiheba? Ni iki gitumye umpagararamo? Ujye utegereza Imana kuko nzongera kuyishima, Ni yo gakiza kanjye n’Imana yanjye.
Ukundwa nâImana, Amahoro abe muri wowe. Dushime Imana yemeye ko dusoza Igice cya I. gihera kuri Zaburi ya 1 kikageza kuri Zaburi ya 41. Dutangiye igice cya II. Gihera kuri Zaburi ya 42. Mumfashe dusabe Imana ikomeze kutuyobora muri iyi gahunda yo kwiga igice cya Bibiliya buri munsi.
1ď¸âŁ INZARA NâINYOTA BYO GUKIRANUKA
đ° [2] Nk’uko imparakazi yahagizwa no kwifuza imigezi, Ni ko umutima3 wanjye wahagizwa no kukwifuza Mana.
[3] Umutima wanjye ugirira Imana inyota, Imana ihoraho, Nzaza ryari ngo ngaragare mu maso y’Imana?
âŻď¸ Hahirwa abafite inzara nâinyota byo gukiranuka, Kuko ari bo bazahazwa (Mat 5:6). Amagambo Yesu yabimbuje avugana nâabari aho ku musozi yari amagambo yâumugisha. Yababwiye ko hahirwa abemera ko ari abakene mu byâumwuka kandi bakiyumvamo ko bakeneye gucungurwa. Ubutumwa bwiza bugomba kubwirizwa abakene. Ntabwo buhishurirwa abantu biyemera mu byâumwuka, ba bandi bavuga ko ari abakire kandi ntacyo bakennye, ahubwo buhishurirwa abiyoroheje kandi bemera ibyaha byabo bakanababazwa na byo. Hariho isoko imwe rukumbi yafukuriwe icyaha, ni isoko yafukuriwe abakene mu byâumwuka. UIB 199.2
âŻď¸ Bibiliya itugezaho ukuri mu mvugo yoroheje kandi igahuza nâubukene bwâabantu nâibyo umutima wifuza ku buryo byareheje kandi bitangaza abantu bâintiti zo mu rwego rwo hejuru, mu gihe ku bantu bicisha bugufi kandi batize usanga Bibiliya igaragaza inzira igana ku bugingo. âKandi hazabayo inzira nyabagendwa, iyo nzira izitwa inzira yo kwera. Abanduye imitima ntibazayicamo. Abagenzi naho baba ari abaswa ntibazayiyoba.â Yesaya 35:8. Nta mwana ushobora kuyoba iyo nzira. Ntawe ushakashaka ahinda umushyitsi uzananirwa kugendera mu mucyo wera kandi utunganye. Nyamara ukuri kwavuzwe muri Bibiliya, kurimo inyigisho zikomeye kandi nyinshi zigenda zikagera aho ubushobozi bwâumuntu budashora kugera, ari na ho hahishe icyubahiro cyâImana, hakaba ubwiru bwahishwe ubwenge bwâabantu, ariko bukaba bwarahishuriwe abashaka ukuri biyoroheje kandi bafite kwizera. Uko turushaho gushakashaka muri Bibiliya, ni ko turushaho kwemera ko ari ijambo ryâImana nzima, kandi imbere yâigitinyiro cyâImana yahishuye ijambo ryayo, ibitekerezo bya muntu bicishwa bugufi. Ub 177.2
2ď¸âŁ MANA NTIJYA ITERA UMUGONGO ABAYISHAKA
đ° [10] Nzabaza Imana igitare cyanjye nti”Ni iki gitumye unyibagirwa? Ni iki gituma nambikwa ibyo kwirabura n’agahato k’abanzi banjye?”
[12] Mutima wanjye ni iki gitumye wiheba? Ni iki gitumye umpagararamo? Ujye utegereza Imana kuko nzongera kuyishima, Ni yo gakiza kanjye n’Imana yanjye.
âŻď¸ Hari igihe umuntu asenga akibwira ko Imana itumvishe gusenga kwe, cyangwa se agategereza igisubizo ntakibone.
Yakobo 4:3 atanga igisubizo gikurikira: âMurasaba ntimuhabwe kuko musaba nabi.â
Ku murongo wa 4, Umunyezaburi yaravuze ati: â Kandi yashyize indirimbo nshya mu kanwa kanjye, Ni yo shimwe ryâImana yacu, Benshi bazabireba batinye, biringire Uwiteka.â
âŻď¸ Mu 1 Yohana 5:14-15 havuga ibyo gusaba ufite amasezerano. âKandi iki ni cyo kidutera gutinyuka imbere Ye: ni uko atwumva iyo dusabye ikintu nkâuko ashaka.â Imana itanga isezerano rusange rivuga yuko isubiza amasengesho yacu iyo ayo masengesho ahuje nâubushake bwayo. Ubushake bwâImana bugaragarira mu mategeko nâamasezerano byayo. Dushobora kubyishingikirizaho igihe dusenga. Noneho mu murongo wa 15 hakomeza hagira hati,âkandi ubwo tuzi ko yumva icyo dusabye cyose, tuzi nâuko duhawe ibyo tumusabyeâ âumupfuâ.(Intambwe P.90)
đ DATA WERA TUBASHISHE KUGUSANGA TUKWIZEYE.đ
Wicogora Mugenzi.
Amena