Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
ICYIGISHO CYA 2 – Wicogora Mugenzi

1-7 UKWAKIRA, 2022

URUPFU MU ISI Y’ICYAHA

KU ISABATO NIMUGOROBA, 1 UKWAKIRA, 2022

AHO ICYIGISHO CY’IKI CYUMWERU GISHINGIYE: Itangiriro 2:16, 17, Itangiriro 3:1-7; Zaburi 115:17; Yohana 5:28, 29; Abaroma 5:12; 2 Abakorinto 5:21.

ICYO KWIBUKWA: “Kuko bimeze bityo, nk’uko ibyaha byazanywe mu isi n’umuntu umwe, urupfu rukazanwa n’ibyaha, ni ko urupfu rugera ku bantu bose, kuko bose bakoze ibyaha” (Abaroma 5:12).

Kristo yari umufatanyabikorwa n’Imana ariwe Imana yakoresheje ngo ijuru n’isi bibeho (Yohana 1:1-3, 10; Abakolosayi 1:16; Abaheburayo 1:2). Ariko igihe Imana Data yahaga Kristo icyubahiro kiruta icy’abandi maze igatangaza ko bombi bagiye gufatanya kurema iyi si, “Lusiferi yagiriye Yesu Kristo igomwa hamwe n’ishyari” (Ellen G. White, The Story of Redemption, p. 14) maze atangira kumugambanira amurwanya.

Kuba yaraciwe mu ijuru, Satani yahisemo “gusenya umunezero wa Adamu na Eva” ku isi bityo “ateza agahinda mu ijuru.” Yatekereje ko “aramutse abashutse [Adamu na Eva] ntibumvire itegeko ry’Imana, Imana izatanga inshungu yo kugira ngo babe bababarirwa, bityo na we hamwe n’abamarayika bose yashutse bakagomera Imana, babe bagira amahirwe yo kuba bagerwaho n’imbabazi z’Imana. ” – Ellen G. White, The Story of Redemption, p. 27. Kuba Imana yari izi neza amayeri ya Satani, yaburiye Adamu na Eva rugikubita kudahirahira ngo babe bagwa mu mutego w’umushukanyi (Itangiriro 2:16, 17). Ibyo bisobanuye ko nubwo isi yari ikiri nziza, itunganye, itarangwaho ikibi na kimwe, hari amabwiriza Adamu na Eva bahawe bagombaga gukurikiza. Muri iki cyumweru tuzibanda ku gucumura kwa Adamu na Eva, n’uburyo icyaha n’urupfu byigaruriye isi yacu, n’uburyo Imana yateye urubuto rw’ibyiringiro rw’inyokomuntu ndetse na mbere y’uko Edeni ibaho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *