Dukomeje kwiga igice kimwe cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 38 cya YESAYA uciye bugufi kandi usenga.
đ YESAYA 38
[1] Muri iyo minsi Hezekiya ararwara yenda gupfa. Bukeye umuhanuzi Yesaya mwene Amosi aramusanga aramubwira ati âUwiteka aravuze ngo âTegeka ibyâinzu yawe kuko utazakira, ahubwo ugiye gutanga.â â
[2] Nuko Hezekiya yerekera ivure atakambira Uwiteka ati
[3] âNdakwinginze Uwiteka, uyu munsi wibuke ko najyaga ngendera mu byâukuri imbere yawe nâumutima utunganye, ngakora ibishimwa imbere yawe.â Nuko Hezekiya ararira cyane.
[4] Maze ijambo ryâUwiteka rigera kuri Yesaya riti
[5] âSubirayo ubwire Hezekiya uti âUwiteka Imana ya sogokuruza Dawidi iravuze iti: Numvise gusenga kwawe mbona nâamarira yawe, kubaho kwawe nzongeraho indi myaka cumi nâitanu.
[8] Dore nzahera aho igicucu kigeze ku ntambwe zâurugero rwa Ahazi, ngisubizanyeyo nâizuba intambwe cumi.â â Nuko izuba rihera aho ryari rigeze rirenga, risubirayo umwanya wâintambwe cumi zâurugero.
[15] Mvuge iki kandi? Ubwo yanshubije ubwe wenyine ni we wabikoze, imyaka yanjye nzamara yose nzajya ngende niyoroheje, nibuke umubabaro wo mu mutima wanjye.
[16] Uwiteka, ibyo ni byo bibeshaho abantu, kandi muri ibyo byonyine ni ho umutima wanjye ubona ubugingo. Nuko nkiza umbesheho.
Ukundwa nâImana amahoro ava ku Mana Data wa twese abe kuri mwe nâabanyu. Uwiteka niwe urema, niwe ukiza kandi akabeshaho.
1ď¸âŁ HEZEKIYA ASENGA YIBUTSA IMANA IBYO YAKOZE
đ° Umwami Hezekiya yararwaye ndetse ahanurirwa nâUmuhanuzi Yesaya ko agiye gutanga. Yumvise ko agiye gupfa atakambira Uwiteka kumukiza urupfu, amwibutsa ibyo yakoze.
âĄď¸Uwo mwami wari ugiye gupfa yari yarakoreye Imana akiranutse, kandi yari yarakomereje ibyiringiro bya rubanda mu Uwiteka we Mutware wabo wâikirenga. Kandi nkâuko Dawidi yabigenje, Hezekiya yashoboraga kwinginga agira ati: (AnA 310.2)
âUwiteka, Mana yâagakiza kanjye, ntakira imbere yawe ku manywa na nijoro.
Gusenga kwanjye kwinjire imbere yawe, i tegere ugutwi gutaka kwanjye.â
âKuko ari wowe byiringiro byanjye Mwami Uwiteka,
ni wowe nizera uhereye mu buto bwanjye. âNi wowe njya nishingikirizaho uhereye mu ivuka ryanjye, ni wowe wankuye mu nda ya mama,
nzajya ngushima iminsi yose.
âNtunte mu gihe cyâubusaza,
Ntundeke mu gihe intege zanjye zishize.
Mana, ntumbe kure, Mana yanjye, tebuka untabare.
âMana, ntundeke kugeza igihe mera imvi zâubusaza,
Ntarabwira abâigihe kizaza ibyâamaboko yawe,
Ntarabwira abazavuka bose gukomera kwawe.â Zaburi 71:5,6,9,12, 18. (AnA 310.3)
âĄď¸ Ese wowe ufite ibihe bigwi mu gukorera Imana ? Igihe ni iki ngo ujye ku murimo wo gushakira Yesu abazimiye.
2ď¸âŁ IMANA YUMVA GUSENGA KWâABAYIZERA
đ° Imana yumvise gusenga kwa Hezekiya ikuraho urupfu.
âĄď¸ Nyirâibambe ritabura yumvise gusenga kâumugaragu we. Amaganya 3:22. âAriko Yesaya ataragera mu murwa hagati, ijambo ryâUwiteka rimugeraho riramubwira riti: âSubirayo, ubwire Hezekiya umutware wâubwoko bwanjye uti: âUwiteka Imana ya sogokuruza Dawidi iravuze ngo: Numvise gusenga kwawe mbona nâamarira yawe. Dore nzagukiza, ku munsi wa gatatu uzazamuke ujye mu nzu yâUwiteka. Kandi ku kubaho kwawe nzongeraho indi myaka cumi nâitanu. 2Abami 20:4-6. (AnA 310.4)
âĄď¸ Imana yacu niyo itubeshejeho, uko yari iri nâubu niko iri kandi niko
izahora. Yigirire icyizere, senga, saba, sabira abandi kandi wibuke gushima. Iratubwira iti: Musabe muzahabwa, mushake muzabona, mukomange ku rugi muzakingurirwa. Kuko umuntu wese usaba ahabwa, ushatse abona, nâukomanga agakingurirwa.â(Matayo 7:7) na (Zaburi 105:8)- Yibuka isezerano rye iminsi yose, Ijambo yategetse aryibuka ibihe ibihumbi.
đ *MANA YACU DUHE KUKUGIRIRA ICYIZERE, KO IYO DUSENZE UTWUMVA KANDI UGASUBIZA.đ
WICOGORA MUGENZI