Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
2 ABAMI 17: ABASHURI BANYAGA ABISIRAHELI – Wicogora Mugenzi

Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 17 cya 2 ABAMI , usenga kandi uciye bugufi.

Taliki 09 UKUBOZA 2022

📖 2 ABAMI 17
[3] Bukeye Shalumaneseri umwami wa Ashuri, arazamuka atera Hoseya aramutsinda. Hoseya ahinduka umuhakwa, amuzanira amakoro.
[4] Ariko hanyuma umwami wa Ashuri abona ko Hoseya amugambanira, kuko yohereje intumwa ku mwami wa Egiputa witwa So, kandi yari atagiha umwami wa Ashuri amakoro, nk’uko yari asanzwe agenza uko umwaka utashye. Ni cyo cyatumye umwami wa Ashuri amushyira mu nzu y’imbohe, amubohesha iminyururu.
[5] Bukeye umwami wa Ashuri arazamuka yubika igihugu cyose, ajya i Samariya amarayo imyaka itatu ahagose.
[6] Mu mwaka wa cyenda wo ku ngoma ya Hoseya, umwami wa Ashuri yatsinze i Samariya, ajyana Abisirayeli ho iminyago muri Ashuri abatuza i Hala, n’i Habora ku ruzi Gozani, no mu midugudu y’Abamedi.
[9] Kandi Abisirayeli bajyaga bakora ibidatunganye rwihishwa bagacumura ku Uwiteka, bakiyubakira ingoro mu midugudu yabo yose, uhereye ku minara y’abarinzi ukageza ku midugudu igoswe n’inkike.
[10] Bashinga inkingi na Asherimu mu mpinga z’imisozi miremire yose, no munsi y’igiti kibisi cyose.
[11] Bakajya bosereza imibavu mu ngoro zose, nk’uko ayo mahanga Uwiteka yirukanye imbere yabo yagenzaga, bagakora ibidakwiriye barakaza Uwiteka.
[18] Ibyo byatumye Uwiteka arakarira Abisirayeli cyane, abirukana imbere ye ntihagira usigara keretse umuryango w’Abayuda wonyine.
[19] Ariko Abayuda na bo ntibitondera amategeko y’Uwiteka Imana yabo, ahubwo bagendera mu mategeko Abisirayeli bishyiriyeho.
[23] kugeza ubwo Uwiteka yakuye Abisirayeli imbere ye, nk’uko yabivugiye mu bagaragu be b’abahanuzi bose. Uko ni ko Abisirayeli bakuwe mu gihugu cyabo, bajyanwa muri Ashuri na bugingo n’ubu.

Ushimwa n’Imana amahoro abe muri wowe. Abisiraheli bakomeza gukora ibyangwa n’Uwiteka, baranyagwa.

1️⃣ IGIHANO KU BISIRAHELI
Uko ingoma zagendaga zisimburana, abami bayoboye Isiraheli, bakomeje gukora ibyangwa n’Uwiteka. Amaherezo bajyanwaho iminyago muri Ashuri ! Habe no kwigira kuri iki gihano, aho kubabera icyigisho ngo bagaruke mu murongo, ahubwo bakomerejeyo gusenga ibigirwamana, bonsereza imibavu mu ngoro zabo n’Imana zabo!

➡️ N’uyu munsi Ijambo ry’Imana riravugwa ariko ntitwihana! Imana iratubwira muri Zaburi 50:21 ngo “Ibyo urabikora nkakwihorera, ukibwira yuko mpwanye nawe rwose. Ariko nzaguhana mbishyire imbere y’amaso yawe, uko bikurikirana.”

2️⃣ KUTUMVIRA BIZANA UMUVUMO
Mu Gutegeka kwa kabiri 28, hatubwira umuvumo ugera ku batumvira amategeko y’Imana.
(15) Ariko nutumvira Uwiteka Imana yawe, ngo witondere amategeko yayo y’uburyo bwose ngutegeka uyu munsi, iyi mivumo yose izakuzaho, ikugereho.
(16)Uzaba ikivume mu mudugudu, uzaba ikivume mu mirima.
(17)Hazavumwa igitenga cyawe n’icyibo uvugiramo.
(18)Hazavumwa imbuto zo mu nda yawe, n’imyaka yo ku butaka bwawe, no kororoka kw’inka zawe ,…

➡️ Na n’ubu dusabwa kumvira amategeko y’Imana, kuko ni indorerwamo itwereka abo tugomba kuba bo imbere y’Imana.
Yesaya 8:20 – Nimusange amategeko y’Imana n’ibiyihamya. Nibatavuga ibihwanye n’iryo jambo nta museke uzabatambikira.
Yesu yivugiye ko ataje gukuraho amategeko, ahubwo yaje kuyakomeza. Kandi ari ku isi yarayakomeje ndetse asezeraniwe umwizera ko ayakomeza muri we. Matayo 5:17-18 –
(17) “Mwitekereza ko naje gukuraho amategeko cyangwa ibyahanuwe. Sinaje kubikuraho, ahubwo naje kubisohoza.
(18) Kandi ndababwira ukuri yuko ijuru n’isi kugeza aho bizashirira, amategeko atazavaho inyuguti imwe cyangwa agace kayo gato, kugeza aho byose bizarangirira.

Dusabe nk’umunyezaburi wavuze ati : Umpe ubwenge, kugira ngo nitondere amategeko yawe; nyitondereshe umutima wose. (Zaburi 119:34)

🛐 MANA DUHE KUMVIRA AMATEGEKO YAWE KUKO TWE NTITWABYISHOBOZA
WICOGORA MUGENZI

One thought on “2 ABAMI 17: ABASHURI BANYAGA ABISIRAHELI”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *