Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 20 cya 2 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 27 Ukwakira 2022
đ 2 SAMWELI 20
[1] Hariho umugabo wâikigoryi witwaga Sheba mwene Bikuri wâUmubenyamini, avuza ikondera, aravuga ati âNta mugabane dufite kuri Dawidi, nta nâumurage dufite kuri mwene Yesayi. Yemwe Bisirayeli, umuntu wese najye mu ihema rye.â
[2] Nuko Abisirayeli bose barorera gukurikira Dawidi, bakurikira Sheba mwene Bikuri, ariko Abayuda bose uhereye i Yorodani ukageza Yerusalemu, bomatana nâumwami wabo.
[6] Dawidi abwira Abishayi ati âUbu Sheba mwene Bikuri azatugirira nabi kurusha Abusalomu. Hoshi jyana abagaragu ba shobuja mumukurikire, kugira ngo adahindĹŤra imidugudu igoswe nâinkike zâamabuye, akaba adukize.â
[16] Maze umugore wâumunyabwenge wo muri uwo mudugudu ashyira ejuru aravuga ati âNimwumve! Nimwumve! Ndabinginze mumbwirire Yowabu muti âIgira hino muvugane.â â
[17] Aramwegera. Umugore aramubaza ati âMbega ni wowe Yowabu?â Na we ati âNi jye.â Aherako aramubwira ati âUmva amagambo yâumuja wawe.â Na we ati âNdumva.â
[19] Ati âNdi umwe mu banyamahoro kandi biringirwa muri Isirayeli, none urashaka kurimburana umudugudu nâumubyeyi wo muri Isirayeli. Urashakira iki kumirana bunguri gakondo yâUwiteka?â
[20] Yowabu aramusubiza ati âBiragatsindwa! Biragatsindwa ko mira bunguri cyangwa ko ndimbura.
[21] Si ko biri, ahubwo hariho umugabo wo mu gihugu cyâimisozi miremire ya Efurayimu witwa Sheba mwene Bikuri, yahagurukirije ukuboko kwe ku Mwami Dawidi. Mube ari we mutanga wenyine mbone kubavira ku mudugudu.â Uwo mugore abwira Yowabu ati âUmva ye, igihanga cye turakikurengereza inkike.â
[22] Nuko uwo mugore ajya mu bantu bose mu nama zâubwenge bwe, maze Sheba mwene Bikuri baherako bamuca igihanga, bakijugunyira Yowabu. Yowabu avuza ikondera, abantu bose barasandara bava ku mudugudu, umuntu wese asubira mu ihema rye. Yowabu aherako atabarukira umwami i Yerusalemu.
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Nubwo Dawidi yari afite abanzi benshi, Uwiteka yakomeje kuba mu ruhande rwe.
đ
Amateka ya Dawidi atanga kimwe mu bihamya bikomeye byigeze bibaho bigaragaza akaga umuntu agira gaturutse ku butegetsi, ubukungu n’icyubahiro cy’isi. Ibi kandi ni byo bintu bikomeye cyane abantu bifuza. AA 520.2
1ď¸âŁ HADUKA UNDI URWANYA DAWIDI
Undi mugabo witwa Sheba agumura abisiraheli ati âNta mugabane dufite kuri Mwene Yesayi (um. 1). Dawidi nawe asaba kumugenza kuko yabonaga azabagirira nabi kurusha Abusalomo.
âśď¸ Zaburi 110:1-2 hati: (1) Uwiteka yabwiye Umwami wanjye ati âIcara iburyo bwanjye, Ugeze aho nzashyirira abanzi bawe munsi yâibirenge byawe.â
(2) Uwiteka ari i Siyoni Azasingiriza kure inkoni yâubutware bwawe, tegeko hagati yâabanzi bawe.
đđ˝ Satani ntakwiye kudutera ubwoba kuko Yesu yaramutsinze. Duhagarikiwe nâIsumbabyose, icyo dusabwa ni ukwizera isezerano. Ijambo ryâImana ritubwira ko tutagomba kwishingiririza ku bantu bafite umwuka mu mazuru. (Yesaya 2:20) ahubwo twishingikirize ku Mana.
2ď¸âŁ UMUGORE WâUMUNYABWENGE
Uyu mugore ajya inama nâumugaba wâingabo Yowabu, amusaba ko batarimbura umudugudu wabo amwemerera kuzazana igihanga cya Sheba. Niko byagenze!
âśď¸ Uyu mugore yakoze ibyâubutwari arengera umudugudu. đđ˝ Daniyeli 11:32 Abaca mu isezerano azabayobesha kubashyeshyenga, ariko abantu bazi Imana yabo bazakomera bakore ibyâubutwari.
âśď¸ Imana ikeneye abantu nkabo. Zaburi 15: 1-3 (1) Uwiteka, ni nde uzaguma mu ihema ryawe? Ni nde uzatura ku musozi wawe wera? (2) Ni ugendera mu bitunganye agakora ibyo gukiranuka, Akavuga ibyâukuri nkâuko biri mu mutima we. (3) Utabeshyeresha abandi ururimi rwe, ntagirire nabi mugenzi we, ntashyushye inkuru yâumuturanyi we. Imana ishimwe ko mu binyejana byose habayeho abayihagarariye ku isi.
Nitwizera Imana, izaturwanirira mu rugamba turwana na satani, kugera ku munsi wo gucungurwa.
đ MANA DUHE KUKWIZERA KANDI KUBWO KWIZERA TUZANESHAđ
Wicogora mugenzi.