Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 19 cya 2 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 26 Ukwakira 2022
đ 2 SAMWELI 19
[1] Umwami abyumvise arasubirwa cyane, yurira mu nzu yo hejuru yâirembo arira. Nuko akigenda, agenda avuga atya ati âYe baba we, mwana wanjye Abusalomu! Mwana wanjye, mwana wanjye Abusalomu we! Iyaba ari jye wapfuye mu cyimbo cyawe, Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye.â
[2] Maze babwira Yowabu bati âDore umwami araririra Abusalomu aboroga!â
[3] Uwo munsi impundu zihinduka induru mu bantu bose, kuko bari bumvise bavuga ngo umwami yibabarijwe nâumwana we.
[6] Hanyuma Yowabu yinjira mu nzu, asanga umwami aravuga ati âUyu munsi wateye amaso yâabagaragu bawe ipfunwe: bakijije ubugingo bwawe ubu nâubwâabahungu bawe nâabakobwa bawe, nâabagore bawe nâinshoreke zawe,
[15] Nuko yoshyoshya atyo imitima yâAbayuda bose nkâumutima wâumuntu umwe, baherako batuma ku mwami bati âGarukana nâabagaragu bawe bose.â
[16] Nuko umwami aragaruka agera kuri Yorodani. Abayuda bajya i Gilugali gusanganira umwami no kumwambutsa Yorodani.
[33] Barizilayi uwo yari umusaza mukuru cyane amaze imyaka mirongo inani avutse, kandi ni we wagemuriye umwami ubwo yari i Mahanayimu, kuko yari umugabo ukomeye cyane.
[34] Umwami abwira Barizilayi ati âNgwino tujyane i Yerusalemu ngukirizeyo.â
[35] Ariko Barizilayi abwira umwami ati âUzi nshigaje imyaka ingahe nkiriho, yatuma nzamukana nâumwami i Yerusalemu?
[36] Ubu ko maze imyaka mirongo inani mvutse, mbese ndacyabasha gusobanura ibyiza nâibibi? Umugaragu wawe ndacyaryoherwa nâibyo ndya cyangwa nâibyo nywa? Ndacyabasha kumva amajwi yâabaririmbyi bâabagabo nâabagore? None icyatuma umugaragu wawe ndushya umwami databuja ni iki?
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Isano yâamaraso ntikwiye gucika cyane cyane iyo wamenye Imana.
1ď¸âŁ DAWIDI ARIRIRA UNWANA WE ABUSALOMO
Nubwo yapfuye ashaka kumusimbura ku butegetsi, amaze gupfa, Dawidi yababajwe nâurupfu rwâumwana we Abusalomo, agira agahinda kenshi araboroga cyane yanga guhozwa đ.
(Um. 5) Umwami yitwikira mu maso, ashyira ejuru nâijwi rirenga ati âYe baba we, mwana wanjye Abusalomu! Ye baba we, Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye we!âđ
âśď¸ Izo ngabo zari zimaze kunesha ziza zigana umurwa, ikobe ryabo ryo kunesha rikwira mu misozi hose. Ariko binjiye mu marembo yâumurwa ntibasubira kwiyamirira, amabendera yabo barayamanura, maze bakomeza bubitse imitwe bameze nkâabatsinzwe aho kuba bari batsinze. Umwami ntiyari abategereje ngo abasanganire, ahubwo umuborogo we ari mu cyumba cyo hejuru yâamarembo wumvikanaga agira ati: âYe baba we mwana wanye Abusalomu, mwana wanjye; mwana wanjye Abusalomu we; iyaba ari jye wapfuye mu cyimbo cyawe! Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye!â (AA 518.5)
2ď¸âŁ YOWABU ABUZA DAWIDI KURIRA
Biragoye kubuzwa kuririra umwana wawe! Ariko Umugaba Mukuru wâingabo, Yowabu, yambujije Dawidi, kuko amarira ye yapfobyaga icyo bakoze cyo kurwanirira igihugu.
Ibyo birakaza Yowabu. Imana yari yabahaye kunesha no kwishima; kwigomeka gukomeye kutari kwarigeze kuboneka muri Isiraheli kwari gutsembwe; none uko kunesha gukomeye kwari guhinduwemo kuborogera uwari warakoze icyaha cyicishije intwari ibihumbi nâibihumbi. Uwo mutware wâingabo utaragiraga ubwoba nâikinyabupfura aratanya asanga umwami maze amubwira akomeje ati: âUyu munsi wateye amaso yâabagaragu bawe ipfunwe: bakijije ubugingo bwawe ubu nâubwâabahungu bawe nâabakobwa bawe; . . . kandi ukunda abakwanga, ukanga abagukunda. None weruye ko ibikomangoma nâabagaragu bawe ko ari nkâubusa kuri wowe (AA 519.2).
đđ˝ Iyo uri umuyobozi hari uko ugomba kwitwara! Uri nâumukristo cg umwana wâImana hari imyitwarire ugomba kugira mu bakuzengurutse, ihesha Imana icyubahiro.
3ď¸âŁ GIRA INEZA URAYISANGA IMBERE
Umusaza Barizilayi yagemuriraga umwami ubwo yari i Muhanayimu. Ahuye na Dawidi ashaka kumwitura ariko umusaza aranga kuko yabikoze Nta gihembo ategereje, (Um. 33,34)
âśď¸ Gukora neza ni inshingano ya buri mukristo wizera Imana . Ariko mwebweho bene Data, ntimugacogorere gukora neza. (1 Abatesalonike 3:13). Ikindi gukora neza nta mategeko abihana, tubigire ibyacu.
đđ˝ Urugero ni Yesu, wemeye kuza kudupfira ngo tubone ubugingo buhoraho.
đ MANA NZIZA, DUHE KUBA URUGERO RWIZA AHO DUTUYEđ
Wicogora mugenzi.
Amena