2 SAMWELI 1: DAWIDI ABOROGERA SAWULI NA YONATANI
Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 1 cya 2 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.
*2 SAMWELI 1*
[5] Dawidi abaza uwo muhungu wamubikiye ati âAriko wabibwiwe nâiki ko Sawuli na Yonatani umuhungu we bapfuye?â
[6] Uwo muhungu wamubikiraga aravuga ati âNarigenderaga ngeze ku musozi wâi Gilibowa, mbona Sawuli yishita ku icumu, kandi mbona amagare nâabahetswe nâamafarashi bamusatiriye.
[7] Maze Sawuli akebutse inyuma arambona, arampamagara ndamwitaba nti âKarame.â
[8] Arambaza ati âUri nde?â Ndamusubiza nti âNdi Umwamaleki.â
[9] Arambwira ati âNyamuna igira hano unsonge, dore ndembejwe nâumubabaro, kuko nkiri muzima.â
[10] Nuko ndamwegera, ndamusonga kuko nari menye neza ko atakiri uwo gukira, namara kugwa. Mperako mucuza ikamba ryari ku mutwe nâumuringa wari ku kuboko, none mbizaniye databuja.â
[15] Nuko Dawidi aborogera Sawuli nâumuhungu we Yonatani uyu muborogo,
[24] abategeka kwigisha Abayuda indirimbo yâumuheto, yanditswe mu gitabo cya Yashari.
*Ukundwa nâImana, gira umunsi wâumunezero. Kuri uyu munsi wera Imana yejeje igaha umugisha, Uwiteka akubashishe kugira umutima wâineza n’impuhwe.
*KUTITURANA INABI*
Ntimukiture umuntu inabi yabagiriye cyangwa igitutsi yabatutse, ahubwo mumwiture kumusabira umugisha kuko ari byo mwahamagariwe, kugira ngo namwe muragwe umugisha. (1 Pet 3:9).
Dawidi yababajwe cyane nâurupfu rwa Sawuli kandi yaramaze igihe kirekire amuhiga ngo amugirire nabi. Ibaze iyo ajya kuba ari nkawe uburyo wari kwakira inkuru yâurupfu rwa sawuli.
Ukuri guhishwe mu mutima wa Dawidi kugaragaza uburyo yakiriye inkuru y’urupfu rwa Sawuli ni kimwe mu bikorwa bya mbere yakoze. Icyo gikorwa cyabaye kugaragaza umutima we wâineza yibuka Sawuli na Yonatani. Dawidi amenye igikorwa cyâubutwari cyâabantu bâ i Yabeshi-galeyadi ubwo bafataga imirambo ya Sawuli na Yonatani bakabashyingura cyubahiro, Dawidi yohereje intumwa i Yabeshi aboherereza ubutumwa bugira buti: âMuragahirwa nâUwiteka, kuko mwagiriye shobuja Sawuli imbabazi mutyo, mukamuhamba. Nuko rero Uwiteka abagirire imbabazi nâumurava, nanjye nzabitura iyo neza, kuko mwagize mutyo.â Maze atangaza ko yimye ingoma i Buyuda maze bituma abari baramubereye inkoramutima barushaho kumwubaha. AA 486.2
*URUKUNDO RWA KIVANDIMWE*
Dawidi afata imyenda ye arayishishimura, nâabari kumwe na we bose babigenza batyo. Bacura umuborogo bararira, biyiriza ubusa bageza nimugoroba, bababajwe na Sawuli nâumuhungu we Yonatani kandi nâabantu bâUwiteka nâinzu ya Isirayeli, kuko bicishijwe inkota. (1 Sam 1: 11-12).
Ibi bikorwa bya Dawidi bigaragaza neza ko atigeze yishimira urupfu rwa Sawuli bikaba ari ikimenyetso cyâurukundo nyakuri.
Intumwa Yohana yamenye yuko urukundo rwa kivandimwe rutakirangwa mu itorero, maze aba ari rwo yizimba kuvuga. Yarinze ageza umunsi yapfuyeho agihendahendera abizera guhora bimenyereza gukundana. Inzandiko yandikiye amatorero zuzuwe nâiki gitekerezo ngo: âBakundwa, dukundane.â Arandika ati: âKuko Imana ari urukundo… Imana yatumye Umwana wayo wâikinege mu isi, kugira ngo tubone uko tubeshwaho na we.â 1 Yohana 4:7-11.( IZI1 61.3)
Mu itorero ryâImana ryâubu habuzemo urukundo rwa kivandimwe cyane. Benshi bo mu bavuga yuko bakunda Umukiza birengagiza gukunda abo bafatanyije umubano wa Gikristo. Dufite kwizera kumwe, turi umuryango umwe, twese turi abana ba Data wa twese wo mu ijuru umwe, dufite ibyiringiro bimwe byo kudapfa. Umurunga udufatanyije ukwiriye kuba hafi kandi ukaba uwâineza. Abantu bo mu isi baratureba ngo bamenye ko kwizera kwacu gufite imbaraga yeza mu mitima yacu. Batebuka kugenzura ifuti ryose mu mibereho yacu, no kutumvikana hose mu mirimo yacu. Nimutyo twe kubaha akito ko gusebya kwizera kwacu. .( IZI1 61.4)
*DATA MWIZA TUBASHISHE GUKUNDANA NKUKO WADUKUNZE*
Wicogora mugenzi