Wicogora

Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 30 cya 1 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.

Taliki 06 UKWAKIRA 2022

📖 *1 SAMWELI 30*

[1] Nuko Dawidi n’ingabo ze bagera i Sikulagi ku munsi wa gatatu. Basanga Abamaleki bateye igihugu cy’ikusi n’i Sikulagi, batsinze i Sikulagi bahatwitse,

[2] banyaze abagore n’abari bari yo bose, abato n’abakuru. Ntibagira uwo bica, ahubwo babanyaze barigendera.

[3] Dawidi n’ingabo ze bageze mu mudugudu basanga bawutwitse, kandi abagore n’abahungu babo n’abakobwa babo banyazwe.

[8] Dawidi aherako agisha Uwiteka inama ati “Ninkurikira izo ngabo nzazifata?” Aramusubiza ati “Zikurikire, kuko utazabura kuzifata ukagarura byose.”

[16] Nuko aramumanukana, basanga bagandaje barya banywa, bishimira iminyago myinshi bakuye mu gihugu cy’Abafilisitiya no mu cy’Abayuda.

[17] Dawidi aherako arabica uhereye mu rukerera ukageza ku mugoroba w’undi munsi, ntiharokoka n’umwe keretse abahungu magana ane, binaguriye ku ngamiya zabo bagahunga.

*Ukundwa n’Imana. Amahoro abe muri wowe. Umukiranutsi w’Uwiteka niyo yagwa ntiyarambarara.*

1️⃣ *UKURI GUHISHWE*

🔰Ntugacire umuntu urubanza bitewe gusa n’ibyo ubona, hari igihe haba hari ukuri guhishwe.

🔰“Muri iyo minsi Abafilisitiya bateranya ingabo zabo kujya kurwana n’Abisirayeli. Akishi abwira Dawidi ati: ‘Umenye rwose ko uzatabarana nanjye n’abantu bawe, tukajyana n’ingabo ku rugamba.’” Nta mugambi Dawidi yari afite wo kurwanya ab’ubwoko bwe; ariko ntiyari azi neza icyo yakora kugeza ubwo ibyajyaga kuba byari kwerekana inshingano ye.

🖍️Nuko Dawidi asubiza umwami ajijisha ati: “Ni naho uzamenyera icyo umugaragu wawe nzakora.” Akishi yumvise ayo magambo nk’aho ari isezerano ry’uko Dawidi azamufasha mu ntambara yari agiyemo, bityo arahirira ko azaha Dawidi icyubahiro gikomeye kandi akamugira icyegera gikomeye mu bwami bw’Abafilisitiya. (AA 468.4)

🖍️Ibyo abantu bibwiraga bitandukanye n’ibyari mu mutima wa Dawidi.

Nubwo kwizera kwa Dawidi kwari kwarateshutse hato na hato ku masezerano y’Imana, yari acyibuka yuko Samweli yamusize amavuta ngo azabe umwami wa Isiraheli. Yongeye kwibuka uko mu gihe cyashize Imana yari yaramuhaye gutsinda abanzi be. Yibutse imbabazi z’Imana yamurinze kwicwa na Sawuli, hanyuma yiyemeza kudahemuka ku cyizere Imana yamugiriye. Nubwo umwami wa Isiraheli yahigaga ubugingo bwe, ntiyajyaga kuvanga ingabo ze n’abanzi b’ubwoko bwe (AA 469.1)

2️⃣ *KWIBUKA AMASEZERANO*

🔰Ariko jyeweho nzahoza amaso ku Uwiteka, nzategereza Imana impe agakiza, Imana yanjye izanyumvira. Wa mwanzi wanjye we, we kunyishima hejuru ningwa nzabyuka, ninicara mu mwijima Uwiteka azambera umucyo (Mika 7:7-8)

Dawidi aherako agisha Uwiteka inama ati “Ninkurikira izo ngabo nzazifata?” Aramusubiza ati “Zikurikire, kuko utazabura kuzifata ukagarura byose.”( Um. 😎

▶️ “Nimuze tujye inama”, ni ko Uwiteka avuga, “Naho ibyaha byanyu byatukura nk’umuhemba birahinduka umweru bise na shelegi, naho byatukura tukutuku birahinduka nk’ubwoya bw’intama bwera. Nimwemera mukumvira muzarya ibyiza byo mu gihugu. Ariko nimwanga mukagoma inkota izabarya”, kuko akanwa k’Uwiteka ari ko kabivuze. (Yesaya 1:18-20)

Kwizera kwa Dawidi kwaracogoye ariko ntikwazimye. Ubwo yibukaga ko agomba kugisha Uwiteka Inama Imana ntiyamuhanye ahubwo Imana yaramwumvise maze imubashisha kugarura iminyago yari yanyazwe.

🛐 *DATA WA TWESE URI MU IJURU TUBASHISHE KUKUGARUKIRA UTURINDE KO TWAZIMIRIRA MU MWIJIMA.*🙏

Wicogora mugenzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *