Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 29 cya 1 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 05 UKWAKIRA 2022.
đ 1SAMWELI 29
[1] Abafilisitiya bateraniriza ingabo zabo zose kuri Afeka. Abisirayeli bagerereza i YezerÄli hafi yâisĹko yaho.
[2] Abatware bâAbafilisitiya bagenda bajyanye amagana nâibihumbi, kandi Dawidi nâingabo ze bazana na Akishi babakurikiye.
[3] Maze abatware bâAbafilisitiya baravuga bati âMbese kandi Abaheburayo barakora iki hano?â Akishi asubiza abatware bâAbafilisitiya ati âUyu si we Dawidi umugaragu wa Sawuli umwami wa Isirayeli umaranye nanjye iminsi, ndetse nâimyaka? Kandi uhereye igihe yimukiye iwabo akampakwaho, nta cyaha namubonyeho kugeza ubu.â
[4 ]Ariko abatware bâAbafilisitiya baramurakarira baramubwira bati âSubizayo uwo mugabo asubire mu gikingi cye wamukebeye, we kumwemerera kujyana natwe ku rugamba ataduhindukira umugambanyi rucyambikana. Mbese iki kigabo icyacyunga na shebuja ni iki? Si ibihanga byâaba bantu?
[5] Mbese uyu si we Dawidi babyinaga bikiranya bati âSawuli yishe ibihumbi, Dawidi yica inzovuâ?â
[7] None isubirireyo ugende amahoro, we kwirirwa urakaza abatware bâAbafilisitiya.â
[8 ]Dawidi abaza Akishi ati âAriko se nacumuye iki? Uhereye igihe twabaniye kugeza ubu, wambonyeho iki cyambuza gutabara ngo njye kurwanya ababisha bâumwami databuja.
[10] Nuko none uzindukane kare mu gitondo nâabagaragu ba shobuja mwazanye, nimumara kubyuka kare mu gitondo habona muzahereko mugende.â
[11] Bukeye Dawidi azindukana kare mu gitondo nâingabo ze baragenda, basubira mu gihugu cyâAbafilisitiya.
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Urukundo rw’Imana ni rurerure cyane.
1ď¸âŁ ABAFILISITIYA NTIBASHIRA AMAKENGA DAWIDI
đ° Ariko abo batware bakomeza kwanga kandi bibarakaje bati: âSubizayo uwo mugabo asubire mu gikingi cye wamukebeye, we kumwemerera kujyana natwe ku rugamba ataduhindukira umugambanyi rucyambikana. Mbese iki kigabo icyacyunga na shebuja ni iki? Si ibihanga byâaba bantu? Mbese uyu si we Dawidi babyinaga bati: âSawuli yishe ibihumbi, Dawidi yica inzovu?ââ Urupfu rwâigihangange cyabo ndetse nâuko ico gihe Abisiraheli babanesheje byari bikiri mu ntekerezo zâAbatware bâAbafilisitiya. Ntibemeraga ko Dawidi yajyaga kurwanya ubwoko bwe; kandi bibwiraga ko urugamba nirumara guhinana, yajyaga kumerera nabi Abafilisitiya kurusha uko ingabo za Sawuli zose zari kubikora. (AA 480.4)
âĄď¸ Burya satani ntajya yizera ko umuntu ukiri muzima atazamucika! Ahora afite impungenge! Nâuko rero nimuze tumucike bikitwa none.
2ď¸âŁ UWITEKA NTAJYA ADUHANA
đ° Dawidi yiyumvisemo ko yayobye inzira yagombaga gucamo. Byajyaga kurushaho kuba byiza ahungiye mu gihome gikomeye cyâImana cyo mu misozi aho gufatanya nâabanzi bakomeye bâUwiteka nâubwoko bwe. Ariko Uwiteka ugira imbabazi nyinshi ntiyahannye ikosa ryâumugaragu we ngo amurekere muri urwo rungabangabo; kuko nubwo Dawidi yari atakibona imbaraga yâImana, akaba yari yaracogoye akava mu nzira yâubupfura, umutima we wari ugifite umugambi wo kudahemuka ku Mana. Nubwo Satani nâingabo ze bakoraga ubudacogora bafasha abanzi bâImana nâAbisiraheli kandi barwanya umwami wari wararetse Imana, abamarayika bâUwiteka nabo barakoraga kugira ngo barokore Dawidi bamukure mu kaga yari yagezemo. Intumwa zâijuru zagendereye abatware bâAbafilisitiya zibatera kwanga ko Dawidi nâingabo ze barwana iyo ntambara yari igiye kuba. (AA 480.2)
âĄď¸ Umwana wâImana naho yagera mu kaga gakomeye ate, akomeza gutekereza ku rukundo rwâImana kandi agomba kwizera ko itazigera imutererana, kuko azi neza ko baba bari kumwe.
đ MANA YACU UGUHUNGIYEYO DUHISHE MU MABABA YAWEđ
Wicogora mugenzi.