Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
1 SAMWELI 28: SAWULI AJYA GUSHIKISHA – Wicogora Mugenzi
Wicogora

Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 28 cya 1 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.

Taliki 04 UKWAKIRA 2022

📖 1 SAMWELI 28
[3] Ariko Samweli yari yarapfuye, Abisirayeli bose baramuririra bamuhamba mu mudugudu we i Rama. Kandi Sawuli yari yaraciye abahanzweho n’imyuka mibi n’abashitsi muri icyo gihugu.
[5] Sawuli arabutswe ingabo z’Abafilisitiya aratinya, umutima we urakuka cyane.
[6] Sawuli aherako agisha Uwiteka inama, Uwiteka ntiyagira icyo amusubiza haba mu nzozi, haba na Urimu, haba n’abahanuzi.
[7] Sawuli aherako abwira abagaragu be ati “Nimunshakire umushitsikazi njye kumushikisha.” Abagaragu be baramusubiza bati “Hariho umushitsikazi kuri Endori.”
[8] Nuko Sawuli ariyoberanya yambara indi myambaro, ajyana n’abagabo babiri bajya kuri uwo mushitsikazi nijoro. Maze Sawuli aramubwira ati “Ndakwinginze, nshikishiriza umwuka uguhanzeho unzurire uwo nkubwira.”
[9] Uwo mugore aramusubiza ati “Mbese ntuzi icyo Sawuli yakoze, uko yarimbuye abahanzweho n’imyuka mibi n’abashitsi akabaca mu gihugu? Ni iki gitumye utega ubugingo bwanjye umutego kugira ngo unyicishe?”

Ukundwa n’Imana amahoro abe kuri wowe. Igihe byakuyobeye hungira k’Uwiteka, aho kujya mu zindi mana.

1️⃣ NI AKAGA KWIRINGIRA IZINDI MBARAGA
🔰 “Ntukagire izindi mana mu maso yanjye. Niko Uwiteka avuga. Sawuli yimikishijwe amavuta n’Uwiteka, Imana ikomeza kubana nawe, ariko akora ibyabujijwe n’Uwiteka.

⚠️“Sawuli aherako abwira abagaragu be ati: ‘Nimunshakire umushitsikazi njye kumushikisha.’” Sawuli yari azi neza imiterere yo gushikisha. Gushikisha byari byarabujijwe n’Uwiteka mu buryo budasubirwaho, kandi uwakoraga uwo mwuga udatunganye wese yacirwaga urubanza rwo gupfa. Samweli akiriho, Sawuli yari yarategetse yuko abashitsi bose n’abandi bose bafite imyuka mibi nk’iyo bicwa, ariko noneho ubwo yari yihebye, yitabaje abo yari yaraciriyeho iteka abahora yuko ibyo bakora ari ibizira. (AA 471.1)

👉🏽 Babwiye umwami ko hari umugore wari ufite umwuka nk’uwo w’ubushitsi wabaga ahitwa Endori ari ho yihishe. Uyu mugore yari yaragiranye isezerano na Satani aramwiyegurira kugira ngo amusohoreze imigambi ye maze umutware w’umwijima nawe amwiture kumukorera ibitangaza no kumuhishurira ibihishwe. (AA 471.2)

➡️ Igihe usumbirijwe n’ibibazo, wihebye, ubabaye, bibwire Yesu . 1 Petero 5:7 – Muyikoreze amaganya yanyu yose, kuko yita kuri mwe.

2️⃣ UWUBUBA ABONWA N’UHAGAZE
🔰 Sawuli yagiye gushikisha aziko ntawe umumenya, nyamara uwo mushitsikazi aramumenya!

👉🏽 Nubwo Sawuli yari yiyoberanyije, uburebure bwe n’igihagararo cye cy’umwami byagaragaje ko atari umusirikare usanzwe. Uwo mugore yaketse ko uwo muntu umusuye ari Sawuli, kandi n’ingemu z’igiciro cyinshi yari amuzaniye zatumye arushaho kumukeka. Ku byo Sawuli yasabye uwo mugore agira ati: “Ndakwinginze, nshikishiriza umwuka uguhanzeho unzurire uwo nkubwira,” uwo mugore yaramusubije ati: “Mbese ntuzi icyo Sawuli yakoze, uko yarimbuye abahanzweho n’imyuka mibi n’abashitsi akabaca mu gihugu? Ni iki gitumye utega ubugingo bwanjye umutego kugira ngo unyicishe?” Nuko “Sawuli amurahira Uwiteka ati: ‘Nkurahiye Uwiteka uhoraho, icyo cyo ntuzagihanirwa.” Maze amubajije ati: “Nkuzurire nde?” aramusubiza ati: “Nzurira Samweli.” (AA 471.4)

⚠️ Satani akujyana mu nzira mbi, nyamara iyo akugejejeyo akwishima hejuru, kuko aba abona ntaho wamucikira. Niko byagendekeye Sawuli!

Yesu aracyari ku ntebe y’imbabazi, ateze ibiganza ngo akwakire uko uje kose. Arakubwira muri (Yesaya 1:18) – “Naho ibyaha byanyu byatukura nk’umuhemba birahinduka umweru bise na shelegi, naho byatukura tukutuku birahinduka nk’ubwoya bw’intama bwera.

Igihe cyawe/cyanjye ni iki ngo twihane ibyaha byacu, twiboneze. Kuko hari igihe tuzihana bitagishobotse. Twiyarure bigishoboka.

🛐 MANA, TUJE UKO TURI N’IBYAHA BYACU NGO UTWAKIRE UTUBABARIRE🙏

Wicogora mugenzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *