Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
IMANA YABAMBWE – Wicogora Mugenzi

Urupfu nwo kubambwa ku musaraba rwari rumwe mu bihano biremereye Abaroma bahanishaga uwo ari we wese. Ubwo buryo bwafatwaga nkuburyo bwo gupfa nabi kurusha ubundi. Bityo, mbega uburyo biteye ubwoba kubona umuntu yicwa muri ubwo buryo, by’umwihariko Umwana w’Imana! Yesu, tugomba guhora buri gihe twibuka ko yaje yimbaye umubiri wa kimuntu kimwe natwe. Gukubitwa, kubabazwa, imisumari yatewe mu biganza bye no mu birenge bye, uburemere bw’umubiti we bwarushijeho gushwanyura ibikomere bye, nuburibwe bw’umubiri bishobora kuba bitari ibyo kwihanganirwa. Ibi byari biteye ubwoba, no ku munyabyaha mubi kurusha abandi; mbega uburyo bitari bikwiriye yuko Yesu, intungane muri byose, ahura n’akaga nk’ako!

Ariko, nk’uko tubizi, Kristo yihanganiye uburibwe bw’ umubiri bw’ ibyamubagaho. Ibi byari birenze kwica umuntu winzirakarengane.

Ni ibihe bintu byabaye igihe cy’urupfu rwa Yesu byagaragaje ko hari ikindi kintu cyarimo kiba kirenze icyo abantu benshi bari aho bumvise icyo gihe? Ni ubuhe busobanuro dushobora kubona muri buri gikorwa bushobora kudufasha kugaragaza ibyabereye aho?

Matayo 27:45

  1. Uhereye ku isaha ya gatandatu haba ubwirakabiri mu gihugu cyose kugeza ku isaha ya cyenda.

Matayo 27:51,52

  1. Umwenda ukingiriza Ahera cyane h’urusengero utabukamo kabiri, utangirira hejuru ugeza hasi, isi iratigita, ibitare birameneka,
  2. ibituro birakinguka, intumbi nyinshi z’abera bari barasinziriye zirazurwa,

Mariko 15:28

  1. Ni bwo ibyanditswe byasohoye ngo “Yabaranywe n’abanyabyaha.”

Mu bigaragara, hari ikindi kintu cyarimo kibera aho hantu kirenze urupfu gusa rutari rukwiriye, rw’inzirakarengane. Ibyanditswe byera bivuga ko uburakari Imana yari ifitiye icyaha, ibyaha byacu, bwasutswe kuri Yesu. Yesu ku musaraba, yagezweho n’uburakari bwera bw’Imana ikiranuka Imana yari ifitiye icyaha, ibyaha by’abari mu isi bose. Muri ubwo buryo, Yesu yagezweho n’ikintu cyimbitse, cyijimye, kandi kibabaje cyane kurusha icyo undi muntu uwo ari we wese yigeze kumenya cyangwa kubona.

Igihe unyura mu bibazo uko byaba bimeze kose, ni ibihe byiringio no guhumurizwa ushobora gukura ku mubabaro Yesu yababaye ku bwawe ku musaraba?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *