1 SAMWELI 9: SAMWELI AMENYA KO SAWULI ARI WE IMANA YATORANIJE
Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 9 cya 1 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 15 Nzeli 2022
đ 1 SAMWELI 9
[1] Hariho umugabo wâUmubenyamini witwaga Kishi mwene Abiyeli mwene Serori, mwene Bekorati mwene Afiya umwana wâUmubenyamini, umugabo ukomeye wâintwari.
[2] Kandi yari afite umuhungu mwiza wâumusore witwaga Sawuli. Nta muntu nâumwe mu Bisirayeli wamurutaga ubwiza, kandi yasumbaga abantu bose bamugeraga ku rutugu.
[3] Bukeye indogobe za Kishi se wa Sawuli, zirazimira. Kishi abwira umuhungu we Sawuli ati âUbu ngubu jyana umugaragu wacu umwe, mujye gushaka indogobe.â
[14] Baherako bazamuka bajya mu mudugudu. Bacyinjira muri wo bahubirana na Samweli asohotse ajya ku kanunga.
[15] Kandi umunsi Sawuli arasuka, Uwiteka yari yaraye abihishuriye Samweli aramubwira ati
[16] Ejo nka magingo aya nzakoherereza umugabo uturutse mu gihugu cya Benyamini, uzamwimikishe amavuta abe umwami wâubwoko bwanjye Isirayeli. Ni we uzakiza ubwoko bwanjye amaboko yâAbafilisitiya, kuko maze kureba abantu banjye kandi gutaka kwabo kwangezeho.â
[17] Nuko Samweli akirabukwa Sawuli, Uwiteka aramubwira ati âDore nguyu wa muntu nakubwiraga! Uyu ni we uzategeka ubwoko bwanjye.â
Ukundwa nâImana, Amahoro abe muri wowe. Nta gitungura Uwiteka
1ď¸âŁ UBUTUNGANE BUKWIYE
đ°Hahirwa abafite inzara nâinyota byo gukiranuka, Kuko ari bo bazahazwa. (Mat 5:6), Natwe twamenye kandi twizeye urukundo Imana idukunda. Imana ni urukundo, kandi uguma mu rukundo aguma mu Mana, Imana ikaguma muri we. (1 Yoh 4:16).
âśď¸Nubwo ubutegetsi bwa cyami mu Bisiraheli bwari bwaravuzwe mbere nâubuhanuzi, Imana ubwayo ni yo yiyemeje kuzabahitiramo umwami. Noneho Abaheburayo bumviye ubutegetsi bwâImana maze barayireka ngo abe ari yo itoranya. Itoranya ryafashe Sawuli, mwene Kishi wo mu muryango wa Benyamini. AA 423.1
âśď¸Imico yihariye yâuwo mwami wari ugiye kwimikwa yari iyo guhaza ubwibone bwo mu mutima bwari bwateye abantu kwifuza umwami. âNta muntu nâumwe mu Bisirayeli wamurutaga ubwiza.â (1Samweli 9:2). Yari imfura, afite igihagararo cyâabanyacyubahiro, ari mwiza kandi yasumbaga abantu bose; yasaga nkâaho yavukiye kuba umutegetsi. Nyamara nubwo yari afite ubwo buranga bwâinyuma, Sawuli ntiyari afite ibyangombwa byo mu rwego rwo bigize ubwenge nyakuri. Mu busore bwe ntiyari yarize gutegeka irari rye; ntiyari yarakiriye imbaraga yâubuntu bwâImana ihindura umuntu mushya. AA 423.2
Mbese waba uguma mu Mana? Ururimi rwanjye ruririmbe ijambo ryawe, Kuko ibyo wategetse byose ari ibyo gukiranuka.
2ď¸âŁ INZIRA ZâUWITEKA
byanditswe byerekana inzira zinyuranye Mwuka Muziranenge ashobora gukorera mu mitima nâibitekerezo byâabantu kugira ngo amurikire imyumvire yabo kandi ayobore intambwe zabo.
âśď¸Ubwo Sawuli yabazaga Samweli ati: âNdakwinginze, nyobora aho inzu ya abamenya iherereye,â Samweli yaramusubije ati: âErega ni jye bamenya!â Yamwijeje ko amatungo yari yazimiye yabonetse, maze amusaba kuba aretse kugenda kugira ngo ajye mu munsi mukuru, kandi hagati aho amumenyeshe ibintu bikomeye byari bigiye kumubaho ati: âMbese ibyâigikundiro byose byo muri Isiraheli bibikiwe nde? Si wowe se, nâinzu ya so yose?â Umutima wa Sawuli wakangaranyijwe nâamagambo yâuwo muhanuzi. Nta kindi yashoboraga gukora uretse kubyakira uko bisobanuwe, kuko abatuye igihugu cyose bari baratwawe nâicyifuzo cyo gusaba umwami. Nyamara Sawuli yasubizanyije kwicisha bugufi cyane ati: âMbese sindi Umubenyamini wo mu muryango muto wo mu ya Isiraheli? Kandi se, inzu yanjye si yo iri hanyuma yâayandi mazu yose yâAbabenyamini? Ni iki gitumye umbwira bene ibyo?â AA 423.6
3ď¸âŁ GUSOBANUKIRWA INZIRA Y’UKURI
đ°Mbese waba usobanukiwe nâinzira zâUwiteka? Nubwo itorero ryaba rigizwe nâabakene, abatize nâabantu batazwi, ari ko nibaba abantu bizera kandi basenga, imibereho yabo izagira ingaruka mu gihe runaka ndetse nâizâigihe cyâiteka ryose. Nibagenda mu kwizera koroheje, bakishingikiriza ku masezerano ari mu ijambo ryâImana, bashobora gusohoza umurimo ukomeye kandi mwiza.
âśď¸Abakiriye ugusigwa gutangwa nâijuru bazagenda bafite Umwuka nkâuwa Kristo, bashaka uburyo bwatuma bagirana ikiganiro nâabandi kugira ngo babahishurire kumenya Imana na Kristo yatumye. Abo kubamenya ni ubugingo buhoraho. Bazahinduka inzandiko zihoraho kandi zihishurira abantu Umucyo wâisi. (UB1 209.2)
đ DATA MWIZA TUBASHISHE GUSOBANUKIRWA INZIRA ZAWEđ
Wicogora mugenzi.