Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
UBUSHAKE BWO GUTEGA AMATWI – Wicogora Mugenzi

”Maze Uwiteka araza ahagarara aho, aramuhamagara nk’ubwa mbere ati, “Samweli, Samweli!’ Na we ati, ‘Umbwire kuko umugaragu wawe nteze amatwi’ ” (1 Samweli 3:10).

Ese wigeze wumva ijwi rito ry’Umwuka Wera ariko ukaryirengagiza? Nk’ingaruka z’ibyo, ibintu byose wabonaga bigenda nabi, maze nyuma yaho ukicuza uti, Oh, kuki ntumvive rya jwi?

Igitabo cya mbere cya Samweli gisobanura igitekerezo cy’umusaza n’abahungu be babiri bari bafite imico mibi batateze Uwiteka amatwi kandi kikatubwira n’umwana muto wateze amatwi. Nubwo yari imiburo ikomeye iturutse ku Mana, abari bakeneye guhindura inzira zabo ntibabikoze.

Soma igitekerezo cyabo mu 1Samweli 2:12-3:18. Ni irihe tandukaniro rigaragara riri hagati y’ abateze Imana amatwi n’abatarayiteze amatwi?


Abahungu ba Eli bari bafite ibindi bintu byari byuzuye mu bitekerezo byabo byababuzaga gutekereza iby’Imana, Ndetse n’igihe Eli, nyuma yo kumva icyo Imana yashakaga, avuganye n’abahungu be, byasaga n’aho nta kindi yakora. Kandi abahungu be mu bigaragara ntabwo bari biteguye kwegurira ubuzima bwabo ubushake bw’Imana. Mbega uburyo umwana muto Samweli yari atandukanye na bo!

Umubwiriza witwa Charles Stanley asobanura uburyo ari ingenzi kwitoza kugira ubushake bwo kumva ijwi mu cyo yita “kutagira aho ubogamira.” Aravuga ati: “Umwuka Wera…ntabwo uvuga agamije gutambutsa amakuru gusa. Ahubwo avuga agamije kubona igisubizo. Kandi azi igihe urutonde rw’ibyo duteganya gukora ruba rufite umwanya munini utwara intekerezo zacu ku buryo kwaba ari ugupfusha igihe ubusa kutubwira ikintu icyo ari cyo cyose gihabanye n’ibyo tuba turimo. Iyo bimeze bityo, akenshi [Mwuka] aricecekera. Ategereza igihe tuba tudafite aho tubogamiye mu buryo buhagije ku buryo dushobora kumva no kumvira ibyo atubwira.” – Charles Stanley, The Wonderful Spirit-Filled Life, (Nashville, TN: Thomas Nelson Publishers, 1992), pp. 179, 180.

Ni iki utekereza Stanley yashakaga kuvuga igihe yavugaga “kutagira aho tubogamiye”? Iyo utekereje ku mushyikirano ufitanye n’Imana, ni ibihe bintu akenshi bikubuza “kutagira aho ubogamiye mu buryo buhagije ku buryo ushobora kumva no kumvira” ibyo ikubwira? Ni iki ukeneye gukora mu mibereho yawe ngo witoze gutega amatwi ijwi ry’Imana no gufata icyemezo cyo kubahiriza amabwiriza yayo?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *