Dukomeje kwiga igice kimwe cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 52 cya YEREMIYA uciye bugufi kandi usenga.
đ YEREMIYA 52
[3] Uburakari bwâUwiteka bwageze i Yerusalemu nâi Buyuda, kugeza ubwo yabirukanye ngo bamuve imbere. Sedekiya agomera umwami wâi Babuloni.
[4] Nuko mu mwaka wa cyenda wo ku ngoma ye, mu kwezi kwa cumi, ku munsi wa cumi wâuko kwezi, Nebukadinezari umwami wâi Babuloni we nâingabo ze zose batera i Yerusalemu barahagerereza, bahubaka ibihome impande zose.
[5] Nuko umurwa uragotwa birinda bigeza mu mwaka wa cumi nâumwe wâUmwami Sedekiya.
[8] Maze ingabo zâAbakaludaya zikurikira Umwami Sedekiya zimufatira mu bisiza byâi Yeriko, ingabo za Sedekiya zose ziherako ziramuhÄna ziratatana.
[9] Maze zifata Umwami Sedekiya zimushyira umwami wâi Babuloni i Ribula mu gihugu cyâi Hamati, maze amucira urubanza.
[10] Nuko umwami wâi Babuloni yicira abahungu ba Sedekiya mu maso ye, nâibikomangoma byâi Buyuda byose abyicira i Ribula.
[11] Maze anogora Sedekiya mo amaso, amubohesha iminyururu amujyana i Babuloni, amushyira mu nzu yâimbohe arinda agwamo.
Ukundwa nâImana, amahoro abe muri wowe. Dushoje igitabo cya Yeremiya wandikishaga ikaramu y’amarira, wagirirwaga nabi cyane nâabo yaburiraga agira ngo bihane. Dushoje ibyo yababwiraga byose bibaye. Ese uzirikana ko ibyo ijambo ry’Imana rivuga ko bizasohora byose bigomba gusohora? Wakwanga cg ugatoteza ukuburira, wabyumva bigatuma wihana cg winangira, nta kizabibuza gusohora.
1ď¸âŁ IBYAVUZWE N’IMANA BYOSE BIRASOHORA
đ° Abategereje kugaruka kâUmwami batunganya imitima yabo babikoresheje kumvira ukuri. Baba maso kandi bagakora. Kuko bazi ko Umwami ageze ku rugi, bagira umwete wo gufatanya nâabakozi bâijuru mu kugeza agakiza ku bazimiye. Abo ni ibisonga bikiranuka byâubwenge. UIB 69, pp 432.1
đ° Iyo itorero rya Kristo riza gukora umurimo ryahawe nkâuko Umwami yabitegetse, isi yose yari kuba yaramaze kuburirwa, Umwami Yesu yaramaze kuza mu isi mu cyubahiro cye nâubwiza bwinshi. UIB 69, 430.3
âĄNtabwo umugaragu mubi atemera ko Yesu azagaruka, arabyemera rwose ariko imibereho ye n’ibikorwa bye bigahabana n’ukuri kw’ijambo ry’Imana. Uyu munsi ufate icyemezo cyo kumwitegura, kandi ntubyihirerane kuko waba uteshutse ku nshingano buri mwizera yasigiwe(Matayo 28:19,20).
đ
Ntabwo isezerano ry’Imana ritinze ahubwo yihangana itegereje ko wihana ukihanisha n’abandi. Ni Yo kandi idushoboza.
2ď¸âŁ HUNGA UDAPFA
Usomye Yeremiya 52: 9-11, 31-34, ubona amaherezo atandukanye b’abami 2 b’Abayuda. Tubona uwemeye umuburo akomorerwa na Evilimerodaki (561-560 MK) umuhungu wa Nebukadinezari, mu gihe undi yiciwe abana akanogorwamo amaso.
đ° Nâubwo ibihembo byâibyaha ari urupfu, ariko impano yâImana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu (Abaroma 6:23).
âĄď¸ Kera mu Bisirayeli habagayo imidugudu yâubuhungiro, ubwo uwakoraga icyaha cyâinkoraruguma bimugwiririye yahungiragayo ntiyabaga akishwe! (Soma Yosuwa 20)
âĄď¸ Dufite ubuhungiro bwizewe, tugumemo. Zaburi 91:1-2 (1) Uba mu rwihisho rwâIsumbabyose, Azahama mu gicucu cyâIshoborabyose. (2) Ndabwira Uwiteka nti âUri ubuhungiro bwanjye nâigihome kinkingira, Imana yanjye niringira.â Aha niho uzagira amahoro yâumutima nâibyiringiro bishyitse.
đMANA TUGUSHIMIYE KO WABANYE NATWE TWIGA UBUHANUZI BWA YEREMIYA, DUHE GUHUNGIRA KURI WOWE.đ
WICOGORA MUGENZI
Mana dushoboze kumvira ibyo Ijambo ryawe ritubwira.