Dukomeje kwiga igice kimwe cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 25 cya YEREMIYA uciye bugufi kandi usenga.
đ YEREMIYA 25
[4] Uwiteka yabatumyeho abagaragu be bose bâabahanuzi, akazinduka kare akabatuma (ariko ntimwumviye habe no gutega amatwi ngo mwumve) ati
[5] âNimuhindukire ubu, umuntu wese ave mu nzira ye mbi no mu bibi byâimirimo yanyu, mube mu gihugu Uwiteka yabahanye na ba sogokuruza uhereye kera ukageza iteka ryose.
[6] Kandi ntimukurikire izindi mana ngo muzikorere kandi muzisenge, mwe kunyendereza ngo ndakarire imirimo yâamaboko yanyu, kandi sinzabagirira nabi.
[7] Ariko ntimwanyumviye, ahubwo mwandakazaga ku mirimo yâamaboko yanyu ibateza amakuba.â â Ni ko Uwiteka avuga.
[12] âImyaka mirongo irindwi nishira nzahana umwami wâi Babuloni, nâubwo bwoko nâigihugu cyâAbakaludaya, ni ko Uwiteka avuga, mbahora ibyaha byabo. Nzahagira amatongo iteka ryose.
[31] Urusaku ruzagera no ku mpera yâisi kuko Uwiteka afitanye urubanza nâamahanga, azaburanya umuntu wese na bo abanyabyaha azabagabiza inkota.â â Ni ko Uwiteka avuga.
[32] Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga ati âDore ibyago bizava mu ishyanga rimwe bitere irindi, kandi inkubi ikomeye izaturuka ku mpera zâisi.â
Ukundwa nâImana amahoro mvajuru abe muri wowe. Gira umwete wo kumvira, naho ubundi uzagerwaho nâigihano gikomeye cyâImana.
1ď¸âŁ KWIZIBA AMATWI NGO UTUMVA UMUBURO
đ° Yeremiya akomeje kubabazwa nuko yagiye atumwa nâUwiteka ku bwoko bwayo Abayuda nâAbisirayeli ntibumvire, habe no gutega amatwi! Akomeza abasaba guhindukira ngo bagarukire Uwiteka, ariko bakinangira, niyo mpamvu bagezweho nâibihano.
âĄď¸ Iki gihano gikomeye cyari kigiye kuzahabwa Yehoyakimu mu myaka mike cyane; ariko mbere ya byose, Uwiteka mu mbabazi ze yamenyesheje ishyanga ryari ryaranze kwihana ibyâumugambi we. Mu mwaka wa kane wâingoma ya Yehoyakimu âumuhanuzi Yeremiya yabwiye ubwoko bwâu Buyuda bwose nâabatuye i Yerusalemu bose,â abereka ko mu gihe cyâimyaka makumyabiri yose âUhereye ku mwaka wa cumi nâitatu wa Yosiya . . . ukagezaâ icyo gihe yababwiraga, yari yarabahamirije ko Imana ishaka kubakiza, ariko ko ubutumwa bwe bwasuzuguwe. Yeremiya 25:2,3. Noneho ijambo Uwiteka yari abatumyeho ryari iri ngo: (AnA 391.2)
âNi cyo gituma Uwiteka Nyiringabo avuga atya ati âKuko mutumviye amagambo yanjye, dore ngiye kohereza imiryango yose yâikasikazi nyiteranye, kandi nzatuma ku mugaragu wanjye Nebukadinezari umwami wâi Babuloni, ni ko Uwiteka avuga, mbateze iki gihugu nâabagituyemo, nâayo mahanga yose agikikijeho. Nzabatsemba rwose, mbagire igitangarirwa nâigitutsi nâimisaka yâiteka. Maze kandi nzabakuramo ijwi ryo kwishima nâijwi ryâumunezero, ijwi ryâumukwe nâijwi ryâumugeni, ijwi ryâurusyo nâumucyo wâurumuri. Iki gihugu cyose kizaba umwirare nâigitangarirwa, kandi ayo mahanga azakorera umwami wâi Babuloni imyaka mirongo irindwi.â Yeremiya 25:8-11. (AnA 391.3).
2ď¸âŁ IGIHANO CYâABATUMVIRA IMANA
đ°Uwiteka aravuga ati: âNzaguhindurira ivu imbere yâabakureba bose, ntabwo uzongera kubaho ukundi.â Igihe âhazaba umunsi utwika nkâitanura ryâumuriro, abibone bose nâinkozi zâibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, âNtuzabasigira umuzi cyangwa ishami.â Malaki 4:1. (II 496.3)
âĄď¸ Nshuti mukundwa, wize byinshi, wabonye byinshi byerekana ko isi iri mu marembera, ariko ikibabaje ntushaka kumva. Va mu kwishushanya no mu bibi urimo, wubahe Imana kandi ukurikize amategeko yayo, uhunge umujinya ugiye gutera.
đMANA DUHE KUMVA NO KUMVIRA, TWITEGURA KUZABANA MU BWAMI BWAWE .đ
WICOGORA MUGENZI
Amena