Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 13 cya Yobu, usenga kandi uciye bugufi.
đ YOBU 13
[1] âDore ijisho ryanjye ryabonye ibyo byose ugutwi kwanjye kwarabyumvise ndabimenya.
[2] Ibyo muzi nanjye ndabizi, ntimundusha.
[3] Ni ukuri ndashaka kuvugana nâIshoborabyose, kandi ndifuza kwiburanira ku Mana.
[6] âNoneho nimwumve urubanza rwanjye, kandi mutegere amatwi kuburana kwâiminwa yanjye.
[7] Mbese murashaka kuburanira Imana? Muvuga ibyo gukiranirwa mukariganya?
[8] Murayicira urwa kibera? Murashaka kuvugira Imana?
[9] Mbese ibagenzuye aho byababera byiza? Murashaka kuyiriganya nkâuko umuntu ariganya undi?
[15] Naho yanyica napfa nyiringira, nubwo bimeze bityo, inzira zanjye nzazikomeza imbere yayo.
[16] Ibyo na byo bizambera agakiza, kuko ari nta muntu uhakana Imana uzaza imbere yayo.
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Kwiringira Imana ni intwaro ikomeye, igufasha no mu gihe cyâamakuba ntucogore.
1ď¸âŁ IBYIRINGIRO MU MANA
No mu gihe cyâumubabaro ukabije Yobu yari arimo, akaba ataratekerezaga nâamaherezo yâibihe bibi yari arimo, yari agifite ibyiringiro bishyitse mu Mana. Yari yarabuze ibye byose nâabe bose, byatumye amenya ko ibyâisi ari ubusa, ari ibyâigihe gito.
âĄď¸ Abizera Ijambo ryâImana nubwo rimwe na rimwe bahura nâimibabaro, dutegereje ibyiringiro byâumugisha nka Yobu.
đTito 2:13- Dutegereje ibyiringiro byâumugisha, ari byo kuzaboneka kâubwiza bwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu ikomeye nâUmukiza
đđ˝đđ˝ Abaroma 15:13 Imana nyirâibyiringiro ibuzuze umunezero wose nâamahoro biheshwa no kwizera, kugira ngo murusheho kwiringira mubiheshejwe nâimbaraga zâUmwuka Wera.
2ď¸âŁ GUPFA WIRINGIYE
(Um. 15) – Naho yanyica napfa nyiringira. Mbega amagambo ahamya kwizera! Ibyari byamubayeho byose, Yobu yari aziko ikintu kimwe giheruka gishobora kumubaho rwose, ari nacyo kintu cyonyine cyari kitaramugeraho ari urupfu, ndetse ko nâImana ishobora gutuma apfa. Ariko nâubwo ibyo byari kubaho, uko byamera kose, yari yiteguye gupfa yiringiye Uwiteka. (Ibyigisho bya SS 3/2016/P.91).
âĄď¸ Nkâabakristo ntitugaterwe ubwoba nâibyo satani adukorera! Tuvuge nka Mika 7:8 ngo Wa mwanzi wanjye we, we kunyishima hejuru ningwa nzabyuka, ninicara mu mwijima Uwiteka azambera umucyo. Naho yatwica, yica umubiri ariko ubugingo bwacu bukomeze guhishwa muri Yesu, tugire ibyiringiro byâumuzuko. (Abakolosayi 2:3-4)- kuko mwapfuye kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishanywe na Kristo mu Mana. Kandi ubwo Kristo ari we bugingo bwacu azerekanwa, namwe muzaherako mwerekananwe na we muri mu bwiza.
âĄď¸ Twizeye kuzahabwa ibyasezeranijwe turi kumwe nâabacu bapfuye biringiye Imana nka Yobu, nkâuko byanditswe mu (Baheburayo 11:39-40)- Abo bose nubwo bamaze guhamywa neza ku bwo kwizera kwabo, nyamara ntibahabwa ibyasezeranijwe, kuko Imana yatugambiriye ikirushaho kuba cyiza, kugira ngo abo badatunganywa rwose tutari kumwe.
đ MANA DUHE KUGIRA IBYIRINGIRO BYâUMUZUKO WâABIZEYEđ
Wicogora Mugenzi.
Amena