Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 2 cya Nehemiya, usenga kandi uciye bugufi.
đ NEHEMIYA 2
[1] Umunsi umwe wo mu kwezi kwitwa Nisani mu mwaka wa makumyabiri wo ku ngoma yâUmwami Aritazeruzi, vino yari iteretse imbere yâumwami, maze nenda vino nyihereza umwami. Kandi mbere hose sinagiraga umubabaro imbere ye.
[2] Umwami arambaza ati âNi iki gitumye ugaragaza umubabaro kandi utarwaye? Ibyo ntibiterwa nâikindi keretse umubabaro wo mu mutima.â Mbyumvise ndatinya cyane.
[3] Umwami ndamusubiza nti âUmwami arakarama! Icyambuza kugaragaza umubabaro ni iki, ko umurwa nâahantu hâibituro bya ba sogokuruza habaye amatongo, nâamarembo yaho akaba yarahiye?â
[4] Umwami arambaza ati âHari icyo unsaba?â Nuko nsaba Imana nyirâijuru,
[5] maze nsubiza umwami nti âNiba umwami abikunze kandi umugaragu wawe nkakugiraho ubuhake, unyohereze i Buyuda mu murwa urimo ibituro bya ba sogokuruza, mbone kuwubaka.â
[6] Umwami yari yicaranye nâumwamikazi arambaza ati âUrugendo rwawe ruzaba urwâiminsi ingahe, kandi uzagaruka ryari?â Nuko umwami yemera ko ngenda dusezerana igihe.
[7] Kandi nsaba umwami nti âUmwami niyemera bampe inzandiko zo gushyira ibisonga bye byo hakurya yâuruzi, ngo bampe inzira ngere i Buyuda.
[8] Bampe nâurwandiko rwo gushyira Asafu umurinzi wâikibira cyâumwami, kugira ngo ampe ibiti byo kubazamo ibikingi byâamarembo yâumunara wâinzu, kandi nâibyâinkike zâumurwa nâibyâinzu nzabamo.â Umwami arabinyemerera, abitewe nâukuboko abitewe nâukuboko kwiza kwâImana yanjye kwari kundiho.
[9] Maze ndagenda nsanga ibisonga byo hakurya yâuruzi mbaha inzandiko zâumwami, kandi umwami yari yantumanye nâabatware bâingabo nâabagendera ku mafarashi.
[18] Mbabwira ukuboko kwâImana yanjye uburyo kwangiriye neza, mbabwira nâamagambo umwami yambwiye. Baravuga bati âNimuhaguruke twubake.â Nuko biyungamo bagira imbaraga zo gukora uwo murimo mwiza.
Ukundwa nâImana, gira umunsi wâumunezero. Imana ikoresha umwami na we agira uruhare mu gusana inkike zâi Yerusalemu.
1ď¸âŁ NEHEMIYA ASABA UMWAMI
Nehemiya agirira umugisha kâumwami, amwemerera kujya gusana inkike zâi Yerusalemu
đ° Kuvuga uko i Yerusalemu hari hameze byabyukije impuhwe zâumwami ariko ntibyatuma agira urwikekwe. Yabajije ikindi kibazo cyahaye Nehemiya andi mahirwe yari amaze igihe kirekire ategereje. Umwami yarabajije ati: âHari icyo unsaba?â Nyamara umuntu wâImana ntiyahangaye gusubiza atarasaba amabwiriza Uwiteka we uruta Aritazerusi. Nehemiya yari afite inshingano yera agomba gusohoza kandi muri yo byari ngombwa ko asaba umwami ubufasha; ndetse yabonye ko ibintu byinshi bishingiye ku kuntu yagaragaje ikibazo mu buryo bwatumye umwami yemera ibyo amubwiye ndetse akamuha nâubufasha. Nehemiya yaravuze ati: âNuko nsaba Imana nyirâijuru.â Muri iryo sengesho rigufi Nehemiya yagiye imbere yâUmwami wâabami maze amukuraho imbaraga zishobora guhindura imitima nkâuko imigezi yâamazi iyoborwa mu yindi nzira. (AnA 588.3)
âĄď¸Iyo hari icupa usaba abakomeye b’iyi si ubanza kugisha inama Uwiteka ubarusha gukomera, uzisanga yagiharuriye inzira. Numara guhabwa icyo washakaga ntuzirate kumenyana n’abakomeye cg icyubahiro cyawe, uzirate nka Nehemiya ko ukuboko k’Uwiteka Imana yawe kukuriho.
2ď¸âŁ ISENGESHO RISUBIZWA
Umwami aha Nehemiya urwandiko ndetse nâabasirikare bo kumuherekeza!
đ°Ibyo yasabye umwami byari byarakiriwe neza ku buryo Nehemiya yagize ubutwari bwo gusaba ubundi bufasha bwâinyongera. Kugira ngo umurimo yari agiyemo wubahwe kandi ugire ubutware, kimwe no kugira ngo agire uburinzi mu rugendo, yasabye guherekezwa nâabasirikare kandi arabahabwa. Umwami yamwandikiye inzandiko ashyira abatware bâintara zo hakurya yâuruzi rwa Efurate kuko ako kari akarere yagombaga kunyuramo yerekeje mu Buyuda. Ikindi kandi yahawe urwandiko yagombaga gushyira umurinzi wâishyamba ryâumwami ryari mu misozi ya Lebanoni rumuha mabwiriza yo kumuha ibiti byose byari kuzakenerwa. Kugira ngo hatazabaho akito ko kumwitotombera ko yakoze ibirenze ibyamuzanye, Nehemiya yagombaga kugira ubutware ndetse nâibyo yemerewe akabihabwa bisobanuwe mu buryo bwumvikana. (AnA 590.2).
âĄď¸Gukora ibwami kwe no gutona ku mwami ukomeye, bigaragara ko byari mu mugambi w’Imana wo gutarura ubwoko bwayo. Nawe icyo waba ukora cyose, aho waba ukorera hose menya ko ari mu mugambi w’Imana wo kuyitarurira abantu bayo bazimiriye mu isi. Kandi imibereho n’imikorere byawe byabigisha Imana kurusha amagambo wavuga uko yaba meza ate.
3ď¸âŁ GUSENGANA KWIZERA
Nka Nehemiya, tujye dusenga twizeye, kandi dukora. Imana izasubiza ibirenze ibyo twibwira.
đ° Uru rugero kubanza gutekerezanya ubushishozi no gufata icyemezo kidakuka rukwiriye kubera icyigisho Abakristo bose. Ntabwo abana bâImana bagomba gusengana kwizera gusa, ahubwo bagomba no gukora badakebakeba kandi bagakorana ubushishozi. Bahura nâingorane nyinshi kandi akenshi babera inkomyi ibyo Imana ishaka kubakorera bitewe nâuko bafata ko ubushishozi no kugira umwete udacogora nkâibidafite aho bihuriye nâiyobokamana. Ubwo yari amaze kuririra imbere yâUwiteka no kumusaba, ntabwo Nehemiya yabonye ko umurimo we urangiye. Yafatanyije gusaba kwe no gushishikara kwera, akoresha imbaraga zitadohoka kandi asenga kugira ngo agere ku ntego yâibyo yari yiyemeje gukora. Ubushishozi ndetse nâimigambi yateguwe neza ni ingenzi mu gushyira mu bikorwa imishinga yera muri iki gihe nkâuko byari biri mu gihe cyo gusana inkike za Yerusalemu. (AnA 590.3)
âĄď¸Imana izakoresha nâabatizera kugirango umurimo wayo ujye mbere. Senga kandi unakore, Imana ikubashishe kandi igufashirize mu murimo.
đ MANA DUHE KUJYA MU MURIMO WAWE NTA BUNEBWE, DUTEBUTSE KUGARUKA KWAWEđ
Wicogora Mugenzi.

Amena