Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 16 cya 1 Ngoma, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 03 Mutarama 2023
đ 1 NGOMA 16
[1] Nuko binjiza isanduku yâImana bayitereka hagati mu ihema Dawidi yari yayibambiye, baherako batambira imbere yâImana ibitambo byoswa, nâibyâishimwe yuko bari amahoro.
[3] Maze agaburira abantu ba Isirayeli bose, abagabo nâabagore, umuntu wese amuha irobe ryâumutsima nâigiti cyâinyama, nâumubumbe wâinzabibu zumye.
[4] Kandi ashyiraho bamwe mu Balewi ngo bakorere imbere yâisanduku yâUwiteka, bajye bibutsa bashima Uwiteka Imana ya Isirayeli bayisingiza.
[7] Uwo munsi ni wo Dawidi yatangiye gutegeka Asafu na bene se kuba ari bo bashima Uwiteka.
[8] Nimushime Uwiteka mwambaze izina rye, Mwamamaze imirimo yakoze mu mahanga.
[9] Mumuririmbire, mumuririmbire nâishimwe, Muvuge imirimo itangaza yakoze yose.
[12] Mwibuke imirimo itangaza yakoze, Ibitangaza bye nâamateka yo mu kanwa ke.
[13] Mwa rubyaro rwa Isirayeli umugaragu we mwe, Mwa bana ba Yakobo mwe, abo yatoranije,
[14] Uwiteka ni we Mana yacu, Amateka ye ari mu isi yose.
[23] mwese, Mwerekane agakiza ke uko bukeye.
[24] Mwogeze icyubahiro cye mu mahanga, Imirimo itangaza yakoze muyogeze mu mahanga yose.
[25] Kuko Uwiteka akomeye, akwiriye gusingizwa cyane, Kandi ateye ubwoba arusha imana zose.
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Ni byiza gushima Uwiteka kuko adukorera ibitangaza.
1ď¸âŁ IBIRORI BYO KWAKIRA ISANDUKU YâUWITEKA
Dawidi nâabisiraheli banejejwe no kwakira isanduku yâUwiteka, kandi ni mu gihe, ubwiza bwâImana bwari bugarutse muri bo!
đ°Nuko amarembo arugururwa, iyo mbaga yâabantu irinjira maze nâicyubahiro cyinshi iyo Sanduku ishyirwa mu ihema ryari ryateguriwe kuyakira. Mbere yâuko basoza uwo muhango wera, bubatse ibicaniro maze umwotsi wâibitambo byâuko bari amahoro nâibitambo bikongorwa nâumuriro, umwotsi wâimibavu nâindirimbo zo gusingiza no kwinginga byâAbisiraheli bizamukira icyarimwe byerekeza mu ijuru. Uwo muhango urangiye, umwami ubwe ahesha abantu umugisha. Maze ategeka ko abantu bagaburirwa bagahabwa nâicyo banywa. (AA 493.14)
đ° Imiryango yose yari ifite abayihagarariye muri uwo muhango, ari wo munsi mukuru wâumuhango wera uruta iyindi yose Dawidi yari amaze gukora uhereye aho yari yarimikiwe. Mwuka wo guhishurirwa kuva ku Mana wari ku mwami, none ubwo imirasire yâizuba rirenga yamurikaga ku buturo bwera mu mucyo mwinshi uturutse ku Mana, umutima wâumwami wakangukiye gushimira Imana yuko ikimenyetso cyiza cyâuko iri kumwe na bo noneho cyari kiri hafi cyane yâintebe yâubwami bwa Isiraheli. (AA 494.1)
âĄď¸ Amahoro n’umutuzo biboneka iyo Uwiteka ari hagati mu bantu, mu Muryango, mu itorero.
2ď¸âŁ INDIRIMBO NA ZABURI ZISINGIZA UWITEKA
đ°Dawidi yarishimye cyane ababwira kuririmbira Uwiteka, kandi twibuke ko ari we wanditse Zaburi zihimbaza Uwiteka. (Um. 13).
Mwa rubyaro rwa Isirayeli umugaragu we mwe, Mwa bana ba Yakobo mwe, abo yatoranije. Ati : nimushime Uhoraho mwambaze Izina, mumuririmbire, tumuririmbire ishimwe.
âĄď¸ Zaburi 96 hati : muririmbire Uwiteka mushima kandi murata icyubahiro cye no gukomera kwe. Zaburi 105 : 1-15 Muririmbire Uwiteka ishimwe, muvuge imirimo nâibitangaza yakoze. Yibuka kandi agakomeza isezerano rye ku bamwubaha. Zaburi 106:1 – Nimushimwe Uwiteka yâuko ari mwiza kandi nâimbabazi ze zihoraho iteka ryose.
Uwiteka akwiriye kubahwa, gushimwa, guhabwa icyubahiro no guhimbazwa iteka ryose.
â ď¸Kwinjira mu wundi mwaka si k’ubw’imbaraga zacu, ni k’ubw’ubuntu n’urukundo rw’Imana. Ibisingizo, ishimwe, guhimbazwa irabikwiye iteka ryoseđđ˝
đ UWITEKA IMANA UHIMBAZWE ITEKA RYOSE, KANDI ABANTU BOSE BAVUGE BATI : âAMEN!â HALELUYA.đ
Wicogora Mugenzi ugenzi.

Amena. Uwiteka adushoboze kumuha icyubahiro uko bikwiriye mu mibereho yacu.