Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 1 cya 18 ABAMI, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 18 UGUSHYINGO 2022
đ 1 ABAMI 18
[1] Nuko hashize iminsi myinshi ijambo ryâUwiteka rigera kuri Eliya, ubwo wari umwaka wa gatatu inzara iteye riti âGenda wiyereke Ahabu, nanjye nzavubira isi imvura.â
[2] Nuko Eliya aragenda ajya kwiyereka Ahabu. Icyo gihe inzara yari nyinshi cyane i Samariya.
[3] Ubwo Ahabu ahamagara Obadiya umunyarugo we. Obadiya uwo yubahaga Uwiteka cyane,
[5] Ahabu abwira Obadiya ati âUmva, ugende igihugu cyose no ku masĹko yâamazi yose no ku tugezi twose, ahari twabonayo utwatsi two gukiza amafarashi nâinyumbu bikabaho, ntidupfushe amatungo yacu yose.â
[6] Nuko bagabana igihugu kugira ngo bakigende cyose, Ahabu anyura iye nzira, Obadiya na we anyura iyindi.
[7] Obadiya akiri mu nzira Eliya arahamusanga. Obadiya aramumenya amwikubita imbere yubamye, aramubwira ati âMbega ni wowe, Eliya databuja?â
[13] Mbese ntibabwiye databuja icyo nakoze ubwo Yezebeli yicaga abahanuzi bâUwiteka, ko nahishe abahanuzi bâUwiteka ijana mu buvumo bubiri mirongo itanu mirongo itanu, nkajya mbagaburira umutsima nâamazi yo kunywa?
[14] None urambwira ngo ningende mbwire databuja ngo Eliya ari hano, ntuzi ko yanyica?â
[15] Eliya aramubwira ati âNkurahiye Uwiteka Imana Nyiringabo uwo nkorera iteka, ko nza kumwiyereka uyu munsi rwose.â
[18] Na we aramusubiza ati âErega si jye wateye Isirayeli umuruho, ahubwo ni wowe nâinzu ya so kuko mwaretse amategeko yâUwiteka, mugakurikira BÄli.
[29] Maze ku gicamunsi barakotsora bageza igihe cyo gutamba igitambo cya nimugoroba, ariko ntihagira ijwi ryumvikana cyangwa usubiza cyangwa wabitaho nâumwe.
[37] Nyumvira, Uwiteka nyumvira kugira ngo aba bantu bamenye ko ari wowe Mana, kandi ko ari wowe ugarura imitima yabo.â
[38] Uwo mwanya umuriro wâUwiteka uramanuka, utwika igitambo cyoswa nâinkwi nâamabuye nâumukungugu, ukamya amazi yari mu ruhavu yose.
Ukundwa nâImana amahoro abe kuri wowe. Eliya yubaka igicaniro cyâImana, maze Izina ryâUwiteka rihabwa icyubahiro mu bapagani.
1ď¸âŁ ELIYA AHURA NA OBADIYA UMUNTU WâIMANA
Nyuma yâimyaka itatu Eliya ahanuye amapfa nâibura nâimvura muri Isiraheli, Ahabu yari yarohereje abantu mu gihugu cyose ndetse no mu bihugu bihakikije ngo bashake Eliya, baramubura. Aha noneho yahuye na Obadiya, wari umwe mu bakozi bâi bwami, ariko akaba umuntu wâImana! Ahantu hose Imana ntijya ibira abayo! Kuko Obadiya niwe wahishe akagaburira abahanuzi bâImana igihe Yezebeli yabicaga!
2ď¸âŁELIYA AHURA NA OBADIYA UMUNTU WâIMANA
Nyuma yâimyaka itatu Eliya ahanuye amapfa nâibura ryâimvura muri Isiraheli, Ahabu yari yarohereje abantu mu gihugu cyose ndetse no mu bihugu bihakikije ngo bashake Eliya, baramubura. Aha noneho yahuye na Obadiya, wari umwe mu bakozi bâi bwami, ariko akaba umuntu wâImana!
đđ˝ Ahantu hose Imana ntijya ibira abayo! Kuko Obadiya niwe wahishe akanagaburira abahanuzi bâImana igihe Yezebeli yabicaga! (um. 13)
âĄď¸ âObadiya akiri mu nzira, Eliya arahamusanga; Obadiya aramumenya, amwikubita imbere yubamye, aramubwira ati: âMbega ni wowe, Eliya databuja?â
đđ˝ Niba uri umwana wâImana, abantu bazabikubanamo utarinze kwiyamamaza!
Eliya yarahiriye Obadiya akomeje kandi amusezeranira ko ubwo butumwa amwohorejemo butaraba imfabusa. Yaramubwiye ati: âNkurahiye Uwiteka uhoraho nyirâingabo, uwo nkorera iteka, ko nza kumwiyereka uyu munsi rwose.â Amaze gusezeranirwa atyo, âObadiya ajya kubonana na Ahabu, arabimubwira; Ahabu aherako aza guhura na Eliya.â (AnA 123.2)
3ď¸âŁ ELIYA YICA ABAHANUZI BA BALI
đ°Nubwo ku musozi wa Karumeli Abisirayeli bashidikanyije kandi bagahera mu rungabangabo, ijwi rya Eliya ryongeye kumvikanira muri iyo mbaga yari icecetse ivuga riti: âNi jye jyenyine muhanuzi wâUwiteka usigaye, ariko abahanuzi ba Bali ni Magana ane na mirongo itanu. Nuko nibaduhe impfizi ebyiri bahitemo iyabo, bayitemaguremo ibice ibice babigereke hejuru yâinkwi ariko be gucanamo, nanjye ndatunganya iya kabiri nyigereke hejuru yâinkwi, ne gucanamo. Muhereko mutakambire izina ryâImana yanyu, nanjye ndatakambira izina ryâUwiteka. Maze iri budusubirishe umuriro, iraba ari yo Mana.â 1Abami 18:22-24. (AnA 132.1)
Abahanuzi bâibyo bigirwamana biriza umunsi basenga, izo mana ntizabasubiza, nyamara Eliya atarangiza gusenga mu kanya gato Imana imanura umuriro ikongora icyo gicaniro. Imana ihabwe icyubahiro.
âĄď¸Eliya atararangiza gusenga ibirimi byâumuriro bishashairana nkâumurabyo byari byamaze kumanuka biva mu ijuru bijya kuri cya gicaniro yari yubatse, bikongora igitambo, bikamya amazi yari muri rwa rwobo kandi bitwika nâamabuye yâigicaniro. Kurabagirana kwâibyo birimi byâumuriro kwamurikiye umusozi wa Karumeli wose kandi gutuma amaso yâabari aho atabasha kureba. Mu bibaya byari hepfo yâuwo musozi aho imbaga yâabantu yari iteraniye yitegereza ikiri buve mu biri kubera mu mpinga yâumusozi. Iyo mbaga yabonye neza kumanuka kwâumuriro uva mu ijuru maze abantu bose batangazwa nâibyo babonye. Uwo muriro wasaga nâinkingi yâumuriro yatandukanyije Abisirayeli nâingabo zâAbanyegiputa ku Nyanja itukura. )AnA 136.3)
đđ˝ Uwiteka yategetse Eliya kurimbura abo bigishabinyoma. Abantu bari bamaze kuzabiranywa nâuburakari bari barakariye abayobozi babo bari barabateye gucumura ku Mana; maze igihe Eliya yategekaga ati: âNimufate abahanuzi ba Bali, ntihasimbuke nâumwe,â abantu bari biteguye kumwumvira. Abantu bafata abatambyi maze barabamanukana babajyana ku kagezi ka Kishoni, maze umunsi wabaye intangiriro yâubugorozi bukomeye utararangira, abahanuzi ba Bali bose bicirwa aho. Nta nâumwe warokowe. (AnA 137.2).
âĄď¸Abasenga ibigirwamana, amaherezo yabo ni ukurimbuka. Usenga ikihe kigirwamana? Amafaranga, ubumenyi, amakipe y’umupira cg abakinnyiâŚ? Ibigirwamana n’ababisenga bizashiraho by’iteka.
3ď¸âŁ IMANA IRASHAKA ABANTU BAMEZE NKA ELIYA
đ°Iyaba umugabura wese yazirikinaga ukwera kâumwanya yahawe nâukâumurimo we, kandi akerekana ubutwari nkâubwo Eliya yerekanye! Nkâintumwa zashyizweho nâImana, abagabura bari mu mwanya wâinshingano ikomeye cyane. Bagomba âguhana, gutesha, guhugura, bafite kwihangana kose no kwigisha.â 2Timoteyo 4:2.
Bagomba gukora mu cyimbo cya Kristo bakaba ibisonga byâubwiru bwâijuru, bagatera umwete abumvira naho abatumvira bakababurira. Kuri bo imikorere yâibyâisi nta gaciro afite. Ntibagomba guteshuka ngo bave mu nzira Yesu yabategetse kunyuramo. Bagomba kujya mbere bafite kwizera, bibuka ko bakikijwe nâimbaga yâabahamya. Ntabwo bagomba kuvuga amagambo yabo bwite, ahubwo ni amagambo Ukomeye kuruta abatware bo ku isi yabategetse kuvuga. Ubutumwa bwabo bugomba kuba ubu ngo: âUku ni ko Uwiteka avuga.â Imana irashaka abantu bameze nka Eliya, Natani na Yohana Umubatiza â irashaka abantu bazavuga ubutumwa bwayo uko buri, kandi batitaye ku ngaruka [bwabagiraho]; abantu bazavuga ukuri bashize amanga nubwo byabasaba kubura ibyo bafite byose. (AnA 126.2)
âĄď¸Icyo Uwiteka yavuze ntigihabana n’icyo ijambo ry’Imana rivuga. Bazabona ishyano abavuga ngo Uwiteka aravuze ngo, hanyuma bakavuga ibyabo Bibiliya itemera.
đ MANA DUHE GUHAGARARA MU MBARAGA NKâIZA ELIYAđ
Wicogora mugenzi.
Amena. Uwiteka abidushoboze