Dukomeje gusoma no kwiga bibliya buri munsi. Soma igice cya 4 cya 1 Yohana usenga kandi uciye bugufi.
21 WERURWE 2025
đ 1 YOHANA 4
[1]Bakundwa, ntimwizere imyuka yose ahubwo mugerageze imyuka ko yavuye ku Mana, kuko abahanuzi bâibinyoma benshi badutse bakaza mu isi.
[2] Iki abe ari cyo kibamenyesha Umwuka wâImana: umwuka wose uvuga ko Yesu Kristo yaje afite umubiri ni wo wavuye ku Mana,
[3] ariko umwuka wose utavuga Yesu utyo ntiwavuye ku Mana, ahubwo ni umwuka wa Antikristo, uwo mwumvise ko uzaza kandi none umaze kugera mu isi.
[6] Ariko twebweho turi abâImana kandi uzi Imana aratwumvira, naho utari uwâImana ntatwumvira. Icyo ni cyo kitumenyesha umwuka wâukuri nâumwuka uyobya uwo ari wo.
[7] Bakundwa, dukundane kuko urukundo ruva ku Mana. Umuntu wese ukunda yabyawe nâImana kandi azi Imana.
[8] Udakunda ntazi Imana kuko Imana ari urukundo.
[9] Iki ni cyo cyerekanye urukundo rwâImana muri twe: ni uko Imana yatumye Umwana wayo wâikinege mu isi, kugira ngo tubone uko tubeshwaho na we.
[10] Muri iki ni mo urukundo ruri: si uko twebwe twakunze Imana ahubwo ni uko Imana ari yo yadukunze, igatuma Umwana wayo kuba impongano yâibyaha byacu.
[11] Bakundwa, ubwo Imana yadukunze ityo, natwe dukwiriye gukundana.
Ukundwa nâImana amahoro ya Kristo abe muri wowe. Udakunda ntazi Imana.
1ď¸âŁ UMWUKA WERA NIWO WAVUYE KU MANA
đ° Muri iki gihe umuntu arabyuka agashinga idini, yewe akabona nâabayoboke! Kandi abenshi ngo bajya mu mwuka! Nyamara 1 Yohana 4:1 hatubwira ko tutagomba kwizera iyo myuka, tugomba gusuzuma tukareba ko yavuye ku Mana.
âĄď¸ Bibliya itubwira muri Yesaya 4:1- Uwo munsi abagore barindwi bazajya ku mugabo umwe bamubwire bati âTuzitungirwa nâibyokurya byacu kandi tuzajya twiyambika ubwacu, ariko uduhe kwitirirwa izina ryawe udukize urubwa rwâabantu.â Umugore ashushanya Itorero, umugabo ni Imana. Aya matorero yâinzaduka rero, yose aza avuga Yesu ashaka kumwitirirwa! Nyamara ni abahanuzi bâibinyoma ! Yesaya ati : 8:20 – Nimusange amategeko yâImana nâibiyihamya. Nibatavuga ibihwanye nâiryo jambo nta museke uzabatambikira.
2ď¸âŁ ITORERO RYA KRISTO
đ° Satani arwanya intambara ngo ayobye abana bâImana, asenye Itorero rye, ariko abizera Yesu tuzamutsinda.
âĄď¸ Itorero rya Kristo ribasha kugereranywa neza nâurugamba rwâingabo zâabasirikari. Imibereho yâabasirikari ni yo gukora cyane, no kuruha, nâakaga. Impande zose hari abanzi barekereje bayoborwa nâumwami ufite imbaraga zâumwijima, utagira ubwo ahunikira kandi ntagire ubwo ava mu byimbo bye. Igihe cyose Umukristo atagize umurinda, uwo mwanzi wâumunyambaraga cyane aherako amuterana imbaraga vuba. Abakristo bo mu itorero nibatagira umuhati kandi ngo bitonde bazatsindwa nâuburiganya bwe. (IZI1 84.2).
âŻď¸Ishingikirize kuri Kristu, Umuneshi.
3ď¸âŁ UDAKUNDA NTAZI IMANA
đ°Urukundo iyo ruvanze n’impamvu zindi cg inyungu z’umuntu ku giti cye ntiruba rukiri urw’ukuri.
Urukundo ni impano y’ijuru. Umutima usanzwe ntirwabonekamo. Ruboneka mu mutima uyoborwa Yesu. Ubuzima bufite uru rukundo bubamo imbaraga n’ukuri.
Abafite urukundo bera imbuto zo kwera, bikasozereza ku bugingo bw’iteka (The Youthâs Instructor, January 13, 1898)
âĄď¸Abamenye Yesu, tugomba kugaragaza urukundo Yesu yadukunze! Uvuga ati: Nkunda Imana akanga mwene Se aba ari umunyabinyoma! Tugomba gukunda umuntu Imana yaremye ku ishusho yayo. Niyo mpamvu tugomba gukunda Imana nâabo yaremye.
âĄď¸ Imana ku bwâurukundo rwayo, yatanze umwana wayo Yesu Kristo ngo adupfite. Yohana 3:16 – urwo rukundo nirwo rwagatumye natwe dukundana nta kigombero.
đ MANA NZIZA DUHE GUKUNDANA NKâUKO WADUKUNZE.
Wicogora Mugenzi.
Mana duhe urukundo mvajuru
Amena. Uwiteka aduahoboze kugira urukundo nyakuri rumukomokaho.