Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 13 cy’ubutumwa bwiza bwanditswe na MARIKO usenga kandi uciye bugufi.
đ MARIKO 13
[1] Avuye mu rusengero umwe mu bigishwa be aramubwira ati âMbega amabuye! Mbega imyubakire! Mbese aho Mwigisha, urirebera?â
[2] Yesu aramubaza ati âUrareba iyi myubakire minini? Ntihazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.â
[4] âTubwire, ibyo bizabaho ryari, nâikimenyetso kigaragaza ko igihe bizasohoreramo cyegereje ni ikihe?â
[9] Ubutumwa bwiza bukwiriye kubanza kumara kwamamazwa mu mahanga yose.
[13] Kandi muzangwa na bose babahora izina ryanjye, ariko uwihangana akageza imperuka ni we uzakizwa.
[24] âAriko muri iyo minsi, hanyuma yâuwo mubabaro, izuba rizijima nâukwezi ntikuzava umwezi wako,
[25] nâinyenyeri zizagwa ziva mu ijuru, nâimbaraga zo mu ijuru zizanyeganyega.
[33] Mujye mwirinda, mube maso musenge, kuko mutazi igihe ibyo bizasohoreramo.
Ukundwa nâImana, amahoro abe kuri wowe. Ibi byose bivugwa byarasohoye, dutegereje kuza kâUmwana wâumuntu. Ese uramutegereje cg ni bya bindi ngo niko byahoze?
1ď¸âŁ NTIHAZASIGARA IBUYE RIGERETSE KU RINDI
Urusengero rwâi Yerusalemu rwari rubatse neza, rukomeye kandi rufite ubwiza butangaje! Nyamara Yesu yababwiye ko byose bizasenywa ntihagire nâibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi! (Mariko 13:2)
đ°Byashobokaga se ko urusengero rwabo rwâakataraboneka, ndetse rukaba rwari ishema ryâigihugu cyabo, rwendaga guhinduka umusaka? Ndetse nâabigishwa ba Yesu batinyaga ibibi byashoboraga kugwira ishyanga, maze bose hamwe bakomeza gutegereza ubundi busobanuro bukomotse kuri Yesu. Ubwo banyuraga hafi yâurusengero bari kumwe na We, bamweretse ubwiza no gukomera kwarwo. Urusengero rwari rwubakishije amabuye yâagaciro gakomeye, amabuye arabagirana cyane, kandi manini. Hari uruhande rumwe rwâurukuta rwasigaye igihe ingabo zâumwami Nebukadinezari zateraga igihugu. Urwo rukuta rwari rwubakanye ubuhanga ku buryo rwasaga nâaho ari ibuye ryiza rimwe ryacukuwe ku musozi. Ntabwo rero abigishwa ba Yesu bumvaga uburyo izo nkuta zâakataraboneka zahinduka umusaka. (UIB 426.1)
đđ˝ Ibi byarasohoye ubwo ingabo zâabaroma, ziyobowe nâumujenerali witwa Titus bagotaga Yerusalemu, bakayisenya, ndetse bakica nâabayuda banze kumva umuburo, bose bagatikiriramo!
â ď¸Imiburo yo mu ijambo ry’Imana itugeraho ntitukayirengagize, ibyabaye kuri Yerusalemu bigaragaza ko nta cyo Imana ivuga ngo gihere. URUKUNDO idukunda nirwo rutuma ituburira ngo tutazarimbuka ahubwo tuzabeho iteka ryose. Wabyemera utabyemera bizaba kuko Imana ni Yo yabivuze.
2ď¸âŁ TUBWIRE, IBYO BIZABA RYARI ?
Yesu ntiyavuze igihe ibyo byose bizabera, ahubwo yababwiye ibimenyetso bizaranga imperuka ndetse no kugaruka kwe.
đ°Iryo senywa rya Yerusalemu abigishwa barifashe nkâaho ryerekeje ku kuza kwa Kristo igihe azaba yiyiziye ubwe afite ikuzo aje kwima ingoma yâisi yose, guhana Abayuda bâindakoreka banze kwihana, no gukura igihugu mu bubata bwâAbanyaroma. Umukiza yari yarababwiye ko azaza ubwa kabiri. Kubwâibyo, igihe yakomozaga ku rubanza rwari rutegereje Yerusalemu, bongeye gutekereza kuri uko kuza kwe; maze igihe bari bakikije Umukiza ku Musozi wâimyelayo baramubaza bati: ÂŤ Tubwire, ibyo bizaba ryari, nâikimenyetso cyo kuza kwawe nâicyâimperuka yâisi ni ikihe?Âť Matayo 24:3. (II 23.2)
Nta gisubizo cyahuranije Yesu yabahaye, ahubwo yabahaye ibimenyetso tubona muri Mariko 13:5-17.
Icyo dusabwa gukora cyihutirwa ni ukubwiriza ubutumwa bugakwira isi yose. đđ˝ Um. 10 – Ubutumwa bwiza bukwiriye kubanza kumara kwamamazwa mu mahanga yose.
âĄď¸ Amaze kubabwira ibimenyetso byo kugaruka kwe, Kristo yaravuze ati, âNuko namwe nimubona ibyo byose, muzamenye yuko ari hafi, ndetse ageze ku rugi.â âNuko mube maso, kandi musenge.â
â ď¸ Tugeze mu marembera yâisi, ibimenyetso hafi ya byose twarabibonye, igisigaye ni ukuba maso no gusenga, kugirango tutazatungurwa!
đ MWUKA WERA, DUSHOBOZE KUMENYA IBIHE DUSOHOYEMO, UTWITEGUZE KUGARUKA KWA YESU đ
Wicogora Mugenzi.