Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 40 cya Yobu, usenga kandi uciye bugufi.
đ YOBU 40
[1] Uwiteka akomeza gusubiza Yobu ati
[2] âMbese umunyampaka yagisha Ishoborabyose impaka? Ugayisha Imana nasubize.â
[3] Nuko Yobu asubiza Uwiteka ati
[4] âDore ndi insuzugurwa, nagusubiza iki? Nifashe ku munwa.
[5] Navuze rimwe ariko sinzongera gusubiza, ndetse kabiri ariko sinakongera.â
[6] Maze Uwiteka asubiriza Yobu muri serwakira ati
[7] âNoneho kenyera kigabo, ngiye kukubaza nawe unsubize.
[8] Mbese ugiye kumvuguruza icyo nategetse? Ugiye kumpererezaho ibyaha kugira ngo ubone urubanza?
[9] Harya uhwanije nâImana amaboko? Wabasha guhindisha ijwi nkayo?
[19] âMu byaremwe nâImana ni yo ngenzi, Umuremyi wayo ni we watinyuka kuyegera yitwaje inkota.
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Nta wagisha Ishoborabyose impaka.
1ď¸âŁ NTAWAGISHA IMANA IMPAKA
Ntawabona aho ahera agisha Imana impaka kuko ntiwayitsinda! Wayitsinda ute se kandi ariyo yaremye byose, ikamenya byose, ikabera hose icyarimwe, ikaba umunyakuri,�
Hari abashaka cg bagishaka gukoresha ubumenyi bwa siyansi ngo bavuguruze Imana nyamara ntibyashoboka.
đ° Byaba byiza kujya impaka kubyo Imana yahishuye, niba ibyo twifashishije bitanyuranije nâukuri dusanga mu Byanditswe Byera. Ariko abareka Ijambo ryâImana, kandi bagashaka gutsimbarara ku mirimo yayo yâirema bifashishije amahame yâubuhanga buhanitse bwâabantu bagereranywa nâabasare bari mu bwato bagenda mu njyanja nini cyane batazi icyerekezo cg badafite ikibayobora. Iyo abantu bâabahanga batayobowe nâIjambo ryâImana mu bushakashatsi bwabo, bahinduka nkâabasazi, iyo bagerageje kwerekana isano iri hagati yâubuhanga buhanitse bwâabantu nâibyo Imana yahishuriye abantu bayo. (SS lessons/2016/P.116)
2ď¸âŁ YOBU ACA BUGUFI
Yobu yemeye ububi bwe, abura icyo asubiza Umuremyi we, habe no kujya impaka.
âĄď¸ Yesu yicishije bugufi aza ku isi kuducungura. (Abafilipi 2:5-8) – 5. Uwo nubwo yabanje kugira akamero kâImana, ntiyatekereje yuko guhwana nâImana ari ikintu cyo kugundirwa,
- ahubwo yisiga ubusa ajyana akamero kâumugaragu wâimbata, agira ishusho yâumuntu, kandi amaze kuboneka afite ishusho yâumuntu
- yicisha bugufi, araganduka ntiyanga no gupfa ndetse urupfu rwo ku musaraba.
âĄď¸ Nitwemera ubunyacyaha bwacu, tukemera guca bugufi, Mwuka Wera azakorera muri twe. (Yakobo 4:10) – Mwicishe bugufi imbere yâUmwami Imana kuko niyo ikwiye kuba hejuru.
đ TUBABARIRE MANA, TWEMERE GUCA BUGUFI, ICYUBAHIRO KIBE ICYAWE NONE NâITEKA RYOSEđ
Wicogora Mugenzi.
Amena