Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 8 cya Ezira, usenga kandi uciye bugufi.
đ EZIRA 8
[21] Maze ntegekera kwiyiriza ubusa aho ngaho kuri uwo mugezi Ahava, kugira ngo twicishe bugufi imbere yâImana yacu, ngo tuyiyoboze inzira idutunganiye twebwe nâabana bacu bato nâibintu byacu byose,
[22] kuko nagize isoni zo gusaba umwami umutwe wâingabo zâabasirikare nâizâabagendera ku mafarashi, ngo badutabare ku babisha bacu bari mu nzira, kuko twari twavuganye nâumwami tuti âAmaboko yâImana yacu ari ku bayishaka bose ngo abagirire neza, ariko imbaraga zayo nâuburakari bwayo birwanye abayireka bose.â
[23] Nuko twiyiriza ubusa, dusaba Imana yacu tuyinginga yemera kutwumvira.
[28] Ndababwira nti âMwebwe muri aberejwe Uwiteka, nâibintu bikoreshwa na byo ni ibyera, hamwe nâizo feza nâizahabu nâituro batuye Uwiteka Imana ya ba sogokuruza babikunze.
[29] Mube maso mubirinde kugeza aho muzabigerera imbere yâabatware bâabatambyi nâAbalewi, nâabatware bâamazu ya ba sogokuruza bâAbisirayeli mu byumba byo mu nzu yâUwiteka i Yerusalemu.â
[31] Bukeye ku munsi wa cumi nâibiri wâukwezi kwa mbere, duhaguruka ku mugezi Ahava tujya i Yerusalemu ukuboko kwâImana yacu kuba kuri twe, idukiza amaboko yâababisha nâabaduciriye ibico mu nzira.
[32] Tugeze i Yerusalemu, tuhasibira gatatu.
[33] Nuko ku munsi wa kane bagera ifeza nâizahabu nâibindi bintu, babigerera mu nzu yâImana yacu tubishyikiriza Meremoti mwene Uriya umutambyi ari kumwe na Eleyazari mwene Finehasi, kandi bari bafatanije na Yozabadi mwene Yoshuwa na Nowadiya mwene Binuwi bâAbalewi.
Ukundwa nâImana, amahoro abe muri wowe. Igihe kigeze basubira iwabo nkâuko byategetswe.
1ď¸âŁ ABAZANYE NA EZIRA
Ezira yazanye nâAbatware nâamazu ya ba sekuruza nâubwo abenshi bari baravukiye mu bunyage. Niyo mpamvu bamwe bitabashishikaje!
âĄď¸ Abantu bamwe basobanukiwe ibi kandi bakoresha ayo mahirwe babonye yo gusubira iwabo bishimye mu bihe byari byiza nkâibyo. Hashyizweho ahantu rusange bari buhurire, maze igihe cyagenwe kigeze abifuzaga kujya i Yerusalemu barahateranira kugira ngo bafate urwo rugendo rurerure. Ezira aravuga ati: âAbo mbateraniriza ku mugezi ujya Ahava, tuhaca ingando, tuhamara gatatu.â Ezira 8:15. (AnA 570.1)
Ezira yari yiteze ko umubare munini cyane wâabantu uri bugaruke i Yerusalemu, ariko umubare wâabitabiriye iryo rarika wari muto ku buryo wari urucantege. Abantu benshi bari barubatse amazu kandi baraguze nâamasambu ntibifuzaga gusiga ubwo butunzi. Bakundaga ubuzima buboroheye no kugubwa neza kandi bari banyuzwe no kwigumira [mu gihugu cyâubunyage]. Urugero batanze rwabaye inkomyi ku bandi bajyaga guhitamo kwifatanya nâabajyaga imbere kubwo kwizera. (AnA 570.2)
2ď¸âŁ BIYIRIZA UBUSA, BASENGA
Nubwo hari amasezerano, Ezira yari azi urwo rugendo rutari rworoshye. Kubwâibyo, kwiyiriza ubusa no kwicisha bugufi imbere yâImana bwari uburyo bwo kwerekana ko bari bishingikirije kâUwiteka kugira ngo bagere ku nsinzi.
âĄď¸Uku kumenya ibyangombwa bari kuba bujuje kugira ngo bakomeze kubana nâukuboko gutanga amahoro kwâImana, byasabye ibirenze kumaramaza gusanzwe ku muhango wo kwitanga wabaye mbere yo gufata urugendo wakozwe na Ezira nâitsinda bari kumwe ryâabantu bâindahemuka. Ezira yavuze kuri ibyo agira ati: âMaze ntegekera kwiyiriza ubusa aho ngaho kuri uwo mugezi Ahava, kugira ngo twicishe bugufi imbere yâImana yacu, ngo tuyiyoboze inzira idutunganiye, twebwe nâabana bacu bato nâibintu byacu byose.â âNuko twiyiriza ubusa, dusaba Imana yacu tuyinginga, yemera kutwumvira.â Ezira 8:21, 23. (AnA 573.1)
âśď¸ Gusenga ni Intwaro ikomeye yâumukristo.
đđ˝ Harihw impamvu zimwe zatuma twiringira kw Imana izumvira gusenga kwacu lya mbere yo muri zo, n’uko twiyumvamo ko dukennye Imana kw idufasha Yarisezeraniy’iti: âUfit’inyota nzamusukahw amazi, n’imigezi ku butaka bgumyeâ Yesaya 44:3. Abafit’inzara n’inyota byo gukiranuka, bakÄhagizwa no gushak’lmana, babasha kumenya badashidikanya yuko bazahazwa Dukwiriye kĹŤgurur’umutima rwose, kukw iyo bitabaye bityo, tutabasha gusukwah’umugisha w’lmana ngo tuwakÄŤre. (KY 47.2)
3ď¸âŁ KUBA ABIRINGIRWA
Ubushishozi Ezira yakoresheje ategura uburyo bwo gutwara ndetse nâubwâumutekano wâumutungo wâUwiteka, butwigisha isomo rigomba kwiganwa gutekereza byimbitse. Hatoranyijwe abantu bari baragaragaweho ko ari abiringirwa gusa, kandi bahawe amabwiriza yumvikana yerekaye uko inshingano bafite. Mu gushyiraho abatware bâabiringirwa bagombaga gucunga ibintu byâUwiteka, Ezira yazirikanye ko gahunda mu byerekeye umurimo wâImana ari ngombwa kandi ko ifite agaciro. (AnA 574.1)
Nuko bagera i Yerusalemu ku munsi wa mbere wâukwezi kwa gatanu.
đ MANA TUYOBORE MURI URU RUGENDO, UZATUGEZE I KANANI.đ
Wicogora Mugenzi.

Amena. Uwiteka adushoboze kumugira nyambere muri gahunda zose dufata kugira ngo abe ariwe uzazisohoza.