Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 7 cya EZIRA, usenga kandi uciye bugufi.
đ EZIRA 7
[6] Ezira uwo arazamuka ava i Babuloni. Kandi yari umwanditsi wâumuhanga mu byâamategeko ya Mose, yatanzwe nâUwiteka Imana ya Isirayeli. Umwami amuha ibyo yamusabye byose, abiheshwa nâukuboko kâUwiteka Imana ye kwari kuri we.
[7] Nuko bamwe mu Bisirayeli bazamukana nâabatambyi bamwe, nâAbalewi nâabaririmbyi nâabakumirizi nâAbanetinimu, abo bajya i Yerusalemu mu mwaka wa karindwi wo ku ngoma yâUmwami Aritazeruzi.
[8] Ezira agera i Yerusalemu mu kwezi kwa gatanu, ko mu mwaka wa karindwi uwo mwami ari ku ngoma.
[25] âKandi nawe Ezira, uko ubwenge bwâImana yawe bukurimo, uzatoranye abatware nâabacamanza bo gucira imanza abantu bo hakurya yâuruzi, abazi amategeko yâImana yawe bose, nâutayazi muzajye muyamwigisha.
[27] Uwiteka Imana ya ba sogokuruza ishimwe, yashyize mu mutima wâumwami imigambi imeze ityo yo kurimbisha inzu yâUwiteka iri i Yerusalemu.
[28] Kandi ni yo yansaguriyeho imbabazi zayo imbere yâumwami nâabajyanama, nâimbere yâibikomangoma bye bikomeye byose. Nuko mpeshwa imbaraga nâukuboko kâUwiteka Imana yanjye kwari kuri jye, mperako nteranya abakuru bo mu Bisirayeli ngo tuzamukane.
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Ezira yari yaramaramaje mu mutima we gushaka amategeko yâImana no kuyigisha.
1ď¸âŁ EZIRA, UMUTAMBYI NâUMWIGISHA
đ°Imana yatoranyije Ezira kugira ngo abe igikoresho kizanira ibyiza Isirayeli no kugira ngo Imana yubahishe gahunda yâubutambyi kuko ubwiza bwayo bwari bwarasiribanzwe bikomeye mu gihe cyo kuba mu bunyage. Ezira yaje kuba umuntu ufite ubwenge bwâindengakamere kandi ahinduka âumwanditsi wâumuhanga mu byâamategeko ya Mose.â Ezira 7:6. Ibyo byangombwa yari yujuje byamugize umuntu wâikirangirire mu bwami bwâAbamedi nâAbaperesi. (AnA 567.1)
đ°Ezira yahindutse uvugira Imana, akigisha abamuzengurutse amahame agenga ijuru. Mu myaka yakurikiyeho yo kubaho kwe, haba igihe yari hafi yâingoro yâumwami wâAbamedi nâAbaperesi cyangwa i Yerusalemu, umurimo we wâingenzi wari uwâumwigisha. IGIHE YAMENYESHAGA ABANDI UKURI YAMENYE, UBUSHOBOZI BWE BWO GUKORA BWARIYONGERAGA . Yahindutse umuntu utunganye kandi ufite umwete. Yari umuhamya wâUwiteka akabwira abatuye isi imbaraga ukuri kwa Bibiliya gufite zo kuboneza imibereho ya buri munsi. (AnA 567.2)
âĄď¸Abagize amahirwe yo kumenya Imana, twe kubyihererana, ahubwo tubibwire nâabandi, dutebutse kugaruka kâUmwami Yesu. Wikwisuzugura, Uwiteka azagukuriza impano aguhe imbaraga n’ubwenge bwo gukora umurimo We.
2ď¸âŁ UBURENGANZIRA BWO GUSUBIRA IWABO
đ°Ubwo yahaga Abisirayeli uburenganzira bwo gusubira iwabo, Aritazerusi yateguye uburyo abari bashinzwe umurimo wâubutambyi bazasubizwa ku mihango bayoboraga kera kandi bagahabwa nâibyo bari bagenewe. Yaravuze ati: âKandi tubasobanuriye ibyâabatambyi nâAbalewi nâabaririmbyi nâabakumirizi nâAbanetinimu nâabagaragu bâiyo nzu yâImana bose uko bangana, nta tegeko ryo kubaka umusoro cyangwa ihoro cyangwa ikoro.â Yateguye kandi uburyo bwo gushyiraho abayobozi ba gisivili bo kuyobora abantu mu buryo butunganye kandi buhuje rwose nâigitabo cyâamategeko yâAbayuda. Yarategetse ati: âKandi nawe Ezira, uko ubwenge bwâImana yawe bukurimo, uzatoranye abatware nâabacamanza bo gucira imanza abantu bo hakurya yâuruzi, abazi amategeko yâImana yawe bose, nâutayazi muzajye muyamwigisha. Maze utazemera kwitondera amategeko yâImana yawe nâamategeko yâumwami, bajye bagira umwete wose wo kumucira urubanza, rwaba urwo kwicwa cyangwa urwo gucibwa, cyangwa urwo kunyagwa ibye cyangwa urwo kumuboha.â Ezira 7:24-26. (AnA 569.1)
3ď¸âŁ EZIRA ASHIMA IMANA
đ°Iri tegeko ryashimishije cyane abari barafatanyije na Ezira kwiga ibyâumugambi Imana ifitiye ubwoko bwayo. Ezira yateye hejuru aravuga ati: âUwiteka Imana ya ba sogokuruza ishimwe, yashyize mu mutima wâumwami imigambi imeze ityo yo kurimbisha inzu yâUwiteka iri i Yerusalemu. Kandi niyo yansaguriyeho imbabazi zayo imbere yâumwami nâabajyanama, nâimbere yâibikomangoma bye bikomeye byose. Nuko mpeshwa imbaraga nâukuboko kâUwiteka Imana yanjye kwari kuri jye, mpera ko nteranya abakuru bo mu Bisirayeli ngo tuzamukane.â Ezira 7:27, 28. (AnA 569.3)
âĄď¸Imana ikunda ubwoko bwayo, kandi bitinde bitebuke, isezerano ryayo ntirihera. Tuyizere, tuyiringire kandi twibuke gushima risohoye.
đ MANA TUGISHIMIYE KO ISEZERANO RYAWE KU BWOKO BWAWE RIDAHERAđ
Wicogora Mugenzi.

Amena. Imana idushoboze kuzirikana amasezerano yayo.