Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 20 cya 2 NGOMA, usenga kandi uciye bugufi.
đ 2 NGOMA 20
[1] Hanyuma yâibyo Abamowabu nâAbamoni hamwe nâAbamewunimu batera Yehoshafati, bajya kumurwanya.
[2] Maze haza abantu babwira Yehoshafati bati âHaje ingabo nyinshi ziguteye ziturutse i Siriya hakurya yâinyanja, kandi dore bageze i Hasasonitamari (ari ho Enigedi).â
[3] Yehoshafati aratinya yihata gushaka Uwiteka, ategeka Abayuda bose kwiyiriza ubusa.
[4] Abayuda bose baraterana ngo basabe Uwiteka kubatabara, baturuka mu midugudu yâi Buyuda yose bazanywe no gushaka Uwiteka.
[5] Yehoshafati ahagarara mu iteraniro ryâAbayuda nâabâi Yerusalemu, yari mu nzu yâUwiteka imbere yâurugo rushya,
[6] arasenga ati âUwiteka Mana ya ba sogokuruza bacu, ese si wowe Mana yo mu ijuru kandi si wowe utegeka abami bose bâabanyamahanga? Mu kuboko kwawe harimo ububasha nâimbaraga, bituma ntawagutanga imbere.
[12] Mana yacu, ntiwakwemera kubahana? Nta mbaraga dufite zarwanya izo ngabo nyinshi ziduteye, kandi tubuze uko twagira ariko ni wowe duhanze amaso.â
[14] Maze umwuka wâUwiteka aza kuri Yahaziyeli mwene Zekariya, mwene Benaya mwene Yeyeli mwene Mataniya wâUmulewi wo muri bene Asafu, aho yari ari hagati mu iteraniro.
[15] Aravuga ati âNimwumve yemwe Bayuda mwese, namwe baturage bâi Yerusalemu nawe Mwami Yehoshafati, uku ni ko Uwiteka avuze âMwitinya kandi mwe gukurwa umutima nâizo ngabo nyinshi, kuko urugamba atari urwanyu ahubwo ni urwâImana.
[21] Nuko amaze kujya inama nâabantu, ashyiraho abo kuririmbira Uwiteka, bagahimbaza ubwiza bwo gukiranuka kwe barangaje imbere yâingabo bavuga bati âNimuhimbaze Uwiteka, kuko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.â
[22] Batangiye kuririmba no guhimbaza, Uwiteka ashyiraho abo gucira igico Abamoni nâAbamowabu, nâabo ku musozi Seyiri bari bateye i Buyuda, baraneshwa.
Ukundwa nâImana amahoro abe muri wowe. Uwiteka akomeza isezerano ku bayuda atsinda abanzi babo.
1ď¸âŁ TABAZA IMANA MU NTAMBARA URWANA
đ°Ubwo abakiri, abamowabu nâavamewunimu bateraga ubuyuda, Umwami Yehoshafati yategetse abayuda kwiyiriza ubusa no gusenga, batabaza Imana nayo irabarwanirira.
âď¸ Yashoboraga kwiringira gutsinda abo bapagani birataga imbaraga zabo ko zirabashoboza gucisha bugufi Ubuyuda imbere yâamahanga atabikesheje ingabo zatojwe neza cyangwa imidugudu igotesheje inkike, ahubwo yari yiringiye gutsinda kubwo kwizera kuzima yizeraga Imana ya Isirayeli. AnA 179.1
âĄď¸ âYehoshafati aratinya yihata gushaka Uwiteka, ategeka Abayuda bose kwiyiriza ubusa. Abayuda bose baraterana ngo basabe Uwiteka kubatabara, baturuka mu midugudu yâi Buyuda yose bazanywe no gushaka Uwiteka.â 2Ngoma 20:3,4. . AnA 179.2
âĄď¸ Dufashe igihe mu ntambara, ariko ku bizera Imana, urugamba si urwacu, twisunge Uwanesheje, azatuneshereza.
2ď¸âŁ SENGA UCIYE BUGUFI, WIBUTSE IMANA AMASEZERANO
đ° Yehoshafati yasenze yicishije bugufi, yibutsa Imana ibyo yakoreye ubwoko bwayo abuvana mu Egiputa, yibutse ibyo yasezeraniye Aburahamu.
âď¸ Yehoshafati ahagarara mu rugo rwâingoro yâImana imbere yâiteraniro ryâAbayuda, maze ibimuri ku mutima byose abisuka imbere yâUwiteka mu isengesho, asaba Imana kubasohoreza ibyo yasezeranye kandi yatura ko Abisirayeli badafite uko bagira. Yarasenze ati: âUwiteka Mana ya ba sogokuruza bacu, ese si wowe Mana yo mu ijuru kandi si wowe utegeka abami bose bâabanyamahanga? Mu kuboko kwawe harimo ububasha nâimbaraga, bituma ntawagutanga imbere. Mana yacu, si wowe wirukanye abaturage bari muri iki gihugu imbere yâubwoko bwawe bwâAbisirayeli, ukagiha urubyaro rwâincuti yawe Aburahamu ngo kibe icyabo iteka ryose? Maze bakakibamo, kandi bakaba bubakiyemo izina ryawe ubuturo bagasenga bati: âNitugerwaho nâibyago, ari inkota cyangwa igihano cyangwa mugiga ndetse nâinzara, tuzajya duhagarara imbere yâiyi nzu nâimbere yawe (kuko izina ryawe riri muri iyi nzu), tugutakambire uko tuzaba tubabaye nawe uzumva utabare?â âNuko none dore Abamoni nâAbamowabu nâabo ku musozi Seyiri, abo wabujije Abisirayeli ko babatera ubwo bavaga mu gihugu cya Egiputa, ahubwo bakanyura hirya ntibabarimbure, dore uko batwituye kuza kutwirukana muri gakondo yawe waduhaye kuhazungura. Mana yacu, ntiwakwemera kubahana? Nta mbaraga dufite zarwanya izo ngabo nyinshi ziduteye, kandi tubuze uko twagira ariko ni wowe duhanze amasoâ 2Ngoma 20:6-12. AnA 179.3
âĄď¸ Amasezerano yo mu Ijambo ryâImana ni ayacu, nidusenga twizeye tuzayasohorezwa nta kabuza.
đ UWITEKA NI WOWE DUHANZE AMASO, TURWANIRIREđđ˝
Wicogora Mugenzi.

Amena