Tariki 19 Mutarama 2023
Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 3 cya 2 NGOMA , usenga kandi uciye bugufi.
đ 2 NGOMA 3
[1]Nuko Salomo atangira kubaka inzu y’Uwiteka i Yerusalemu ku musozi Moriya, aho Uwiteka yiyerekeye se Dawidi. Ni ho yayitunganyirije, aho Dawidi yategetse ku mbuga ya Orunani w’Umuyebusi.
[2]Atangira kubaka ku munsi wa kabiri wo mu kwezi kwa kabiri mu mwaka wa kane ari ku ngoma.
[5]Mu nzu nini arandamo urusenge rw’imbaho z’imiberoshi aziteraho izahabu itunganijwe, ashushanyaho imikindo n’imikufi.
[6]Inzu yose ayishyiraho amabuye y’igiciro cyinshi ngo igire isuku, izahabu zavaga i Paravayimu.
[7]Kandi inzu ayiteraho izahabu ku maburiti no mu irebe ry’umuryango, no ku nzu hose imbere no ku nzugi zayo, kandi ashushanya n’abakerubi ku nzu.
Ukundwa nâImana, amahoro abe muri wowe. Urusengero rw’Imana rwari igitangaza.
1ď¸âŁ INZU Y’UWITEKA YUBATSWE
đ° Inyubako ya cyami Salomo nâabafasha be bubakiye Imana no kugira ngo ijye ihasengerwa yari ifite ubwiza nâikuzo bihebuje kandi bitagereranywa. Yari itatsweho amabuye yâigiciro, ikikijwe nâurubaraza rugari kandi inkuta zayo zari zometsweho imbaho zâimyerezi ziyagirijweho izahabu itunganye.
âśď¸ Iyo nzu nâimitako yari iyiriho ndetse nâibikoresho byiza kandi byâigiciro byari biyirimo, yari ikimenyetso gikwiriye kigaragaza itorero rizima ryâImana ku isi, imaze imyaka myinshi yubaka hakurikijwe icyitegererezo cyo mu ijuru, kandi rikubakishwa ibikoresho bisa ânâizahabu cyangwa ifeza, cyangwa amabuye yâigiciro cyinshi,â âbibajwe nkâuko babaza amabuye arimbisha inyumba.â 1 Abakorinto 3:12; Zaburi 144:12.
âśď¸ Ku byerekeye uru rusengero rwâumwuka, Kristo ni we âbuye rikomeza imfuruka. Muri we inzu yose iteranijwe neza, irakura ngo ibe urusengero rwera mu mwami Yesu.â Abefeso 2:20, 21. AnA 27.1
âĄď¸âĄď¸Gambirira gukorera Imana unabitozed abazagukomokaho, ibyo utashoboye kuyikorera, Imana izabibashoboza bo.
2ď¸âŁ URUSENGERO RURUSHIJEHO KUBA RWIZA
đ° Nubwo urusengero rwubatswe na Salomo rwari agahebuzo ariko igihe cyarageze rurasenyuka. Yesu asohoka mu rusengero. Akigenda, abigishwa be baramusanga bashaka kumwereka imyubakire yâurusengero. Arababwira ati âNtimureba ibi byose? Ndababwira ukuri yuko aha hatazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.â(Matayo 24: 1-2). Inkuru itera ibyiringiro nuko hari urusengero rurushijeho kuba rwiza kuko rutabasha gusenyuka.
âśď¸ “Icyakora sinabonye urusengero muri rwo, kuko Umwami Imana, Ishoborabyose, nâUmwana wâintama ari bo rusengero rwawo.â Ibyahishuwe 21:22. Ubwoko bwâImana buzaba bufite amahirwe yo gusabana na Data wa twese nâUmwana we nta nkomyi. âIcyakora none turebera mu ndorerwamo ibirorirori.â l Abakorinto 13:12. Tureba ishusho yâImana nkâabayirebera mu ndorerwamo, tuyirebera mu mirimo yakoze ubwo yaremaga no mu byo ikorera abantu. Ariko ubwa nyuma ho tuzayireba mu maso duhanganye, ari nta kidukingirije na gito. Tuzahagarara imbere yayo twirebera ubwiza bwo mu maso hayo. (III 196.2)
âĄď¸Ngaho aho Amaso akwiye kurangarira. Aho tuzaba ibuziraherezo, kandi kwitegura ni none.
đ MANA NZIZA TUBAHISHISHE KUKUREMERA UBUTURO NYABWO MU MITIMA YACUđ
Wicogora Mugenzi.

Dusabe Imana kweza no gutunganya imitima yacu kugira ngo ibe insengero zera zikwiriye kdi itwiteguze kuzabana nayo mu Bwami bwayo. Imana ibahe imigisha kubw’ijambo ryayo mudahwema kutugezaho.