Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 3 cya 1 Abami, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 3 Ugushyingo 2022
đ 1 ABAMI 3
[4] Bukeye umwami ajya i Gibeyoni gutambirayo, kuko ari ho akanunga karusha utundi icyubahiro kabaga. Nuko Salomo atambirayo ibitambo byoswa igihumbi.
[5] Salomo akiri i Gibeyoni Uwiteka amubonekera mu nzozi nijoro. Imana iramubaza iti âNsaba icyo ushaka nkiguhe.â
[6] Salomo aravuga ati âWagiriye data Dawidi ineza nyinshi, kuko yagendanaga ukuri no gukiranuka imbere yawe agutunganiye mu mutima we, kandi wamugeneye kumugirira iyi neza ikomeye, umuha umwana we ngo yicare ku ntebe yâubwami bwe nkâuko biri none.
[9] Nuko rero, uhe umugaragu wawe umutima ujijutse ngo nshobore gucira abantu bawe imanza, kugira ngo menye gutandukanya ibyiza nâibibi. Mbese ni nde washobora gucira ubu bwoko bwawe bukomeye imanza?â
[11] Imana iherako ibwira Salomo iti âKuko ibyo ari byo usabye ukaba udasabye kurama, ntusabe nâubutunzi cyangwa ko abanzi bawe bapfa, ahubwo ukisabira ubwenge bwo kumenya guca imanza zitabera,
[12] nuko nkugiriye uko unsabye. Dore nguhaye umutima wâubwenge ujijutse, mu bakubanjirije cyangwa mu bazagukurikira nta wuzahwana nawe.
[23] Nuko umwami aravuga ati âYemwe, umwe agira ati âUmuzima ni we wanjye, uwapfuye ni uwaweâ, nâundi akagira atiâ Oya, ahubwo uwapfuye ni uwawe, umuzima ni we wanjye.â â
[12] Umwami ati âNimunzanire inkota.â Barayimuzanira.
[25] Maze umwami arategeka ati âUwo mwana muzima nimumucemo kabiri igice kimwe mugihe umwe, ikindi mugihe undi.â
[26] Nuko umugore nyina wâumwana muzima wari umufitiye imbabazi, abwira umwami ati âNyagasani, umuzima mumwihere wimwica, nubwo bimeze bite.â Ariko undi aravuga ati âAhubwo bamucemo kabiri, mubure nawe umubure.â
[27] Umwami aherako arategeka ati âUwo mwana muzima ntimumwice na hato, mumuhe uriya mugore kuko ari we nyina.â
[28] Nuko Abisirayeli bose bumvise uko umwami yaciye urwo rubanza baramutinya, kuko babonye ko ubwenge bwâImana bwari muri we bwo guca imanza zitabera.
Ukundwa nâImana, Amahoro abe muri wowe. Umwana ufite ubwenge anezeza se, Ariko umupfapfa asuzuguza nyina (Imigani 15:20).
1ď¸âŁ GUHITAMO NEZA
đ°Umwami Salomo yifuje ubwenge nâubushishozi kugira ngo akore umurimo Imana yari yaramuhaye gukora, kandi ibyo abirutisha ibyiza byose byo ku isi. Yifuje kugira intekerezo zibangutse, umutima ujijutse ndetse nâumwuka wâubugwaneza. Iryo joro Uwiteka yabonekeye Salomo mu nzozi maze aramubwira ati: âNsaba icyo ushaka nkiguhe.â Mu gisubizo yatanze, uyu mwami wari ukiri muto kandi nta bunararibonye afite, yagaragaje uko yumva ari umunyantege nke ndetse nâuko akeneye ubufasha.
2ď¸âŁ ISENGESHO IMANA YISHIMIRA
đ°Imana ishaka ko isengesho risengwa riba rigendanye n’ubushake bwayo. Ibaze iyo uba uri Salomo icyo uba warasabye!
âśď¸ Imvugo Salomo yakoresheje igihe yasengeraga imbere yâigicaniro cyâi Gebeyoni, yerekana kwicisha bugufi kwe ndetse nâuko yifuzaga cyane kubaha Imana. Umwami yasanze ko adafashijwe nâImana, yari kuba ari umunyantege nke nkâumwana muto ntashobore kuzuza inshingano ashinzwe. Yari azi ko adafite ubwenge bwo gushishoza, kandi kumva ubukene bukomeye yari afite ni byo byamuteye gusaba Imana ubwenge.
3ď¸âŁ INKURIKIZI ZO GUSABA NEZA
đ°Mu mutima wa Salomo ntiharimo icyifuzo cyo kwizirikana ubwe ashaka ubwenge buzamusumbisha abandi. Yifuzaga gusohoza inshingano ze akiranutse, bityo ahitamo impano yashoboraga kuba inzira ibashisha ingoma ye guhesha Imana ikuzo. Salomo ntiyigeze agira ubukire cyangwa ngo abe umunyabwenge ndetse ngo akomere nkâigihe yatuye akavuga ati: âNdi umwana muto; sinzi iyo biva nâiyo bijya.â 1 Abam 3:7
Bikomotse mugusaba kwe byatumye arusha abandi bantu bose ubwenge . . . yamamara atyo mu mahanga yose amukikije.â 1 Abami 4:29-31(5:9-11). AnA 22.3
âśď¸ “Nuko Abisirayeli bose bumvise uko umwami yaciye urwo rubanza, baramutinya, kuko babonye ko ubwenge bwâImana bwari muri we bwo guca imanza zitabera.â (1Abami 3:28).
âśď¸ Imitima yâabantu yayobotse Salomo nkâuko bari barayobotse Dawidi, kandi bamwubahaga muri byose. âNuko Salomo mwene Dawidi akomezwa mu bwami bwe, Uwiteka Imana ye ibana na we, iramukuza cyane.â 2 Ngoma 1:1. AnA 22.4
âśď¸ Mu gihe cyâimyaka minshi, ubuzima bwa Salomo bwaranzwe no kuyoboka Imana, nâubutungane no kudakebakeba, kandi yumvira amategeko yâImana atazuyaza. Yayoboye igihugu cye mu mishinga yâingenzi kandi ibijyana nâubwami byose abiyoborana ubwenge. Ubutunzi bwe nâubwenge bwe, inyubako zâibitangarirwa nâibindi bikorwa byâigihugu yubatse mu myaka ibanza yâingoma ye, umuhati, ubutungane, ubutabera nâubugwaneza yagaragaje mu magambo no mu bikorwa, byatumye abaturage be bamuyoboka kandi atangarirwa ndetse yubahwa cyane nâabami bâibihugu byinshi. AnA 23.1
đ UHORAHO MANA IKOMEYE, DUHE UBWENGE BWO GUHITAMO IGIKWIRIYEđ
Wicogora mugenzi.