Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160

Warning: Undefined array key 0 in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 161
WICOGORA MUGENZI II 2 SAMWELI 7: IMANA ISEZERANYA DAWIDI KUZAKOMEZA UBWAMI BWE – Wicogora Mugenzi
Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 7 cya 2 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.

Taliki 14 Ukwakira 2022
📖 1 SAMWELI 7
[1] Nuko umwami aba mu rugo rwe, kandi Uwiteka amuha ihumure ku babisha be bamugose bose.
[2] Bukeye umwami abwira umuhanuzi Natani ati “Dore ubu mba mu nzu yubakishijwe imyerezi, ariko isanduku y’Imana iba mu ihema.”
[3] Natani asubiza umwami ati “Genda ukore uko umutima wawe ukubwira kose, kuko Uwiteka ari kumwe nawe.”
[4] Iryo joro ijambo ry’Uwiteka ribonekera Natani riti
[5] “Genda ubwire umugaragu wanjye Dawidi uti ‘Uko ni ko Uwiteka avuze ngo: Mbese aho uzanyubakira inzu yo kubamo?
[6] Uhereye igihe nakuriye Abisirayeli muri Egiputa, ntabwo nigeze kuba mu nzu kugeza ubu, ahubwo nagenderaga mu ihema nk’ubuturo.
[8] “Nuko umugaragu wanjye Dawidi umubwire utya uti ‘Uko ni ko Uwiteka Nyiringabo avuze ati: Nagukuye mu rugo rw’intama mu bwungeri bwazo, ngo ube umutware w’ubwoko bwanjye bwa Isirayeli.
[9] Kandi nabanaga nawe aho wajyaga hose, nkarimburira abanzi bawe imbere yawe, kandi nzaguha izina rikomeye nk’amazina y’abakomeye bo mu isi.

[16] Inzu yawe n’ubwami bwawe bizahoraho bidakuka iminsi yose kandi intebe y’ubwami bwawe izakomera iteka ryose.’ ”
[25] “Nuko none Uwiteka Mana, ijambo uvuze ku mugaragu wawe no ku nzu ye urikomeze iminsi yose, kandi uzasohoze ibyo uvuze.
[26] Maze izina ryawe rihimbazwe iteka ryose, bavuge bati ‘Uwiteka Nyiringabo ni we Mana ya Isirayeli’, kandi inzu y’umugaragu wawe Dawidi izakomezwe imbere yawe.
[29] Nuko none emera guha umugisha inzu y’umugaragu wawe, irame imbere yawe iminsi yose, kuko ari wowe ubivuze Nyagasani Mana, kandi umugisha utanga ujye uba umugisha inzu y’umugaragu wawe ihabwa iteka ryose.”

Ukundwa n’Imana, Amahoro abe muri wowe. Imana ikoresha umuntu uko ibishaka.

1️⃣ SEZERANO RYO GUKOMEZWA

🔰Dawidi yari afite umugambi wo guhindura Yerusalemu ihuriro ry’iby’iyobokamana ku ishyanga ryose. Dawidi yari yariyubakiye ingoro, maze hanyuma abona yuko bidakwiriye yuko isanduku y’Imana iba mu ihema. Yiyemeje kuyubakira urusengero rwiza cyane, rwajyaga kugaragaza kunyurwa kw’Abisiraheli, banyuzwe n’icyubahiro cyahawe ishyanga ryabo binyuze mu kuba Uwiteka Umwami wabo abana na bo.
▶️ Dawidi abwiye umuhanuzi Natani umugambi we, yamusubije amutera ubutwari ati: “Genda ukore uko umutima wawe ukubwira kose, kuko Uwiteka ari kumwe na we.” AA 494.6

▶️ Ariko iryo joro ijambo ry’Uwiteka riza kuri Natani, rimubwira ubutumwa akwiriye gushyira umwami. Dawidi yagombaga kutemererwa kubaka inzu y’Imana, ariko yahawe ibyiringiro by’uko Imana izamugirira neza, we n’urubyaro rwe ndetse n’ingoma ya Isiraheli.( AA 495.1)

2️⃣ ICYIFUZO KITAGEZWEHO
🔰Imana yashyize bamwe mu Itorero: ubwa mbere intumwa, ubwa kabiri abahanuzi, ubwa gatatu abigisha, maze ishyiraho abakora ibitangaza n’abahawe impano zo gukiza indwara, n’abahawe gufasha abandi, n’abahawe gutwara, n’abahawe kuvuga indimi nyinshi. (1 Abak 12:28).

▶️ Aho ntiwaba wifuza impano itari iyawe? Ongera utekereze ku mpano wahawe usuzume neza niba uyikoresha! Dawidi yagize ishyaka ryo kubaka inzu y’Uwiteka ariko ntiyabyemererwa. Impamvu Dawidi atari akwiriye kubaka urusengero yavuzwe muri aya magambo ngo: “Wavushije amaraso menshi, urwana intambara zikomeye. Ntuzubakira izina ryanye inzu,… Umva uzabyara umwana, azaba umunyamahoro. Kandi nzamuha ihumure ku babisha be bose bamuri impande zose, kuko izina azitwa ari Salomo (umunyamahoro), kandi nzaha Abisirayeli amahoro n’ihumure ku ngoma ye. Uwo ni we uzubakira izina ryanjye inzu.” 1 Ngoma 22:8-10. ( AA 495.3)

3️⃣ KWAKIRA UBUSHAKE BW’IMANA

🎶🎶🎶Mwami wanjye nyakira, ndakwiyeguriy’ ubu; Ngay’ amaboko yanjye; yakoresh’ uk’ushaka. Nyuhagiz’ amaraso yawe (nere rwose); Maz’ anyezehw inenge yose (nere rwose) ;Ibyanjye byose ndabikweguriye, none n’iteka ryose.( Indirimbo 138)

▶️ Nubwo Imana yanze umugambi Dawidi yari yishimiye cyane mu mutima we, Dawidi yakiriye ubwo butumwa abyishimiye. Yaravuze ati: “Nkanjye ndi nde Nyagasani Mana, kandi inzu yanjye ni iki, nkanjye ko undinda ukarinda ugeza aha? Ariko ibyo kuri wowe ntibikomeye, Nyagasani Mana. None uvuze ko no ku by’inzu y’umugaragu wawe uko bizamera igihe kirekire kigiye kuza, na byo bibaye nk’itegeko mu bantu, Nyagasani Mana.” Ibyo birangiye Dawidi avugurura isezerano yagiranye n’Imana. (AA 495.4)

🛐 DATA MWIZA TUBASHISHE KUKWIHA TWIMAZEYO, NONE N’ITEKA RYOSE.🙏

Wicogora mugenzi.


Warning: Undefined variable $post in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/themes/newsup/inc/ansar/hooks/hook-index-main.php on line 117
One thought on “WICOGORA MUGENZI II 2 SAMWELI 7: IMANA ISEZERANYA DAWIDI KUZAKOMEZA UBWAMI BWE”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *