Dukomeje kwiga igice kimwe cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 50 cya YEREMIYA uciye bugufi kandi usenga.
đ YEREMIYA 50
[1] Ijambo Uwiteka yavuze kuri Babuloni no ku gihugu cyâAbakaludaya, arivugisha umuhanuzi Yeremiya
[2] Nimurimenyeshe mu mahanga, muryamamaze kandi mushinge ibendera, muryamamaze mwe kurihisha muti âI Babuloni hanyazwe, Beli yakojejwe isoni, Merodaki yakutse umutima, ibishushanyo bye byamwajwe, ibigirwamana bye byamenaguritse.
[5] Bazayoboza i Siyoni baherekeje amaso bati âNimuze mwiyuzuze nâUwiteka, musezerane isezerano ryâiteka ritazibagirana.â
[6] âUbwoko bwanjye bwabaye intama zazimiye zijimijwe nâabungeri bazo, bazirorongotaniriza mu misozi ziva ku musozi umwe zikajya ku wundi, zibagiwe ikiraro cyazo.
[13] Ntihazaturwa ku bwâuburakari bwâUwiteka, ahubwo hazaba amatongo rwose. Uzanyura i Babuloni wese azatangara yimyoze, abonye ibyago byaho byose.
[17] Isirayeli ni intama yazimiye, intare zaramwirukanye: ubwa mbere yariwe nâumwami wo mu Ashuri, none ubuheruka Nebukadinezari umwami wâi Babuloni yamuvunnye amagufwa.
[19] Na we Isirayeli nzamugarura mu kiraro cye, azaragirwa i Karumeli nâi Bashani, kandi ubugingo bwe buzaragira mu mpinga zâimisozi ya Efurayimu nâi Galeyadi.
[20] Muri iyo minsi no muri icyo gihe, igicumuro cya Isirayeli kizashakwa kibure, nâibyaha bya Yuda na byo ntibizaboneka, kuko nzababarira abo nasize mbarokoye.â Ni ko Uwiteka avuga.
[36] Inkota igeze ku bÄŤrasi kandi bazahinduka abapfapfa, inkota igeze ku ntwari zaho kandi zizashoberwa.
Ukundwa nâImana, amahoro abe muri wowe. Imana ntijya itererana abayo.
1ď¸âŁ IBYAGO BIZAGERA KURI BABULONI
đ°Abirengagiza amategeko yâImana yose harimo nâiryo kubahiriza umunsi wâIsabato, n’abatishingikiriza ku gukiranuka kwa Kristu, bazagerwaho n’ irimbuka rikomeye.
âĄď¸ Nyamara kandi, Imana iracyafite ubwoko bwayo bukiri muri Babuloni; mbere yâuko Babuloni icirwaho iteka, indahemuka zâImana zikiri muri Babuloni zizahamagarirwa kuyisohokamo kugira ngo zidafatanya nayo mu bibi byayo, maze bigatuma basangira no ku byago byayo. Aho niho hazumvikana umuburo ushushanywa na marayika umanuka avuye mu ijuru, isi yose ikarabagiranishwa nâubwiza bwe, maze mu ijwi rirenga kandi rikomeye agashyira ku mugaragaro ibyaha bya Babuloni. Ubwo butumwa bwumvikanye mu irarika rigira riti: âBwoko bwanjye nimuwusohokemoâ. Ayo matangazo arasongera ubutumwa bwa Marayika wa gatatu gufatanyiriza hamwe kuburira buheruka abatuye isi. (II 585.3)
2ď¸âŁ ISIRAYELI NZAMUGARURA
đ° Imana isezeranira kuzagarura Isirayeli kandi ikayibabarira. Um. 20 – Muri iyo minsi no muri icyo gihe, igicumuro cya Isirayeli kizashakwa kibure, ⌠Niko Uwiteka avuga.
âĄď¸ Imana yacu irababarira kandi ikibagirwa. Abaheburayo 8:12 – Kuko nzabababarira gukiranirwa kwabo, Kandi ibyaha byabo sinzabyibuka ukundi.â
âĄď¸ Isengesho risubizwa ako kanya, ni irisaba kubabarirwa ibyaha. Uyu munsi niwo wawe, urabwirwa/ndabwirwa muri Yesaya 55:7 ngo Umunyabyaha nareke ingeso ze, ukiranirwa areke ibyo yibwira agarukire Uwiteka na we aramugirira ibambe, agarukire Imana yacu kuko izamubabarira rwose pe.
âĄď¸ Iyo abarwayi basangaga Yesu, yabanzaga kubababarira ibyaha, nyuma akabakiza indwara. Uyu munsi nawe washaka yakuramburiraho ikiganza akakubabarira kandi akagukiza indwara yâicyaha.
đ YESU, TUJE UKO TURI, TUBABARIRE ICYAHA CYATWIZINGIYEHO, KANDI TWIZEYE GUKIRA.đ
WICOGORA MUGENZI