Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 15 cya 2 ABAMI , usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 07 Ukuboza 2022
đ 2 ABAMI 15
[1] Mu mwaka wa makumyabiri nâirindwi wo ku ngoma ya Yerobowamu umwami wâAbisirayeli, Uziya mwene Amasiya umwami wâAbayuda yarimye.
[2] Ajya ku ngoma amaze imyaka cumi nâitandatu avutse, amara imyaka mirongo itanu nâibiri i Yerusalemu ari ku ngoma. Kandi nyina yitwaga Yekoliya wâi Yerusalemu.
[3] Akora ibishimwa imbere yâUwiteka nkâibyo se Amasiya yakoze byose.
[5] Hanyuma Uwiteka ateza umwami ibibembe arinda atanga akiri umubembe, akajya arara mu nzu yâakato. Nuko Yotamu umwana we yategekaga mu cyimbo cye, agacira imanza abantu bo mu gihugu.
[35] Ariko ingoro zari zitakuweho, abantu bari bagitamba ibitambo, bakosereza imibavu muri izo ngoro. Yotamu ni we wubatse irembo ryâinzu yâUwiteka ryo haruguru.
[36] Ariko indi mirimo ya Yotamu nâibyo yakoze byose, mbese ntibyanditswe mu gitabo cyâibyo ku ngoma zâabami bâAbayuda?
[37] Muri iyo minsi ni ho Uwiteka yatangiye kohereza Resini umwami wâi Siriya na Peka mwene Remaliya kurwanya Abayuda.
Ukundwa nâImana gira amahoro; reka tugire icyo twigira ku byo ku ngoma ya Uziya nâuko abami bâAbisirayeli bakurikiranye.
1ď¸âŁ IBIBEMBE INDWARA IDASANZWE
đ°Hanyuma Uwiteka ateza umwami ibibembe arinda atanga akiri umubembe, akajya arara mu nzu yâakato. Nuko Yotamu umwana we yategekaga mu cyimbo cye, agacira imanza abantu bo mu gihugu. (2 Abami 15:5).
âśď¸ Kuba umwami yarararaga mu nzu yâakato nkawe umuntu uciriritse wo hasi bikwigisha iki? Biguha irihe somo?
Isomo rya mbere:
âśď¸ Icyaha ntikireba ikiciro umuntu arimo yaba umukene, yaba umukire, yaba umuyobozi cyangwa umuyoborwa.
Isomo rya kabiri: uburyo twakagombye kwirinda icyaha.
âśď¸ Umwuka wâubuhanuzi utugaragariza ibintu twakagombye kwirinda nkuko umuntu yakwirinda ibibembe; muri byo twavuga ibi bikurikira:
Ibitekerezo nâurukundo rwâagahararo, bikwiriye kwirindwa nkâuwirinda ibibembe.
âśď¸ Abasore nâinkumi benshi cyane bo muri iki gihe ntabwo baboneye; nicyo gituma bakwiriye kwitonda cyane. Abajyaga bagira ingeso zitunganye, nubwo bagira intege nke mu bindi, bakwiriye kutagira umugayo muri ibi. IZI2 16.2
âśď¸ Amagambo agaragaza gusesereza abandi no kuzimura, ni byo byitwa kuneguriza izuru abanduye mu mutima bakoresha bashaka kwerekeza ku kibi batahangara kuvuga beruye. Urubyiruko rukwiriye kwigishwa kwirinda igitekerezo nâintambwe yose iganisha kuri bene iyo migirire nkâuko rwirinda ibibembe. Ub 247.6
2ď¸âŁ INGARUKA ZâICYAHA
đ [1] Mu mwaka wa makumyabiri nâirindwi wo ku ngoma ya Yerobowamu umwami wâAbisirayeli, Uziya mwene Amasiya umwami wâAbayuda yarimye.
[2] Ajya ku ngoma amaze imyaka cumi nâitandatu avutse, amara imyaka mirongo itanu nâibiri i Yerusalemu ari ku ngoma. Kandi nyina yitwaga Yekoliya wâi Yerusalemu.
âśď¸ Mugihe Uziya yimye ingoma akamara imyaka 52 ari ku ngoma mu Buyuda; ku rundi ruhande, Zekariya mwene Yerobowamu yimye mu Bisirayeli i Samariya, amara amezi atandatu (6) ari ku ngoma. Si zekariya wamaze igihe gito ku ngoma gusa ahubwo nâabamukurikiye bose niko byabagendekeye. Shalumu mwene Yabeshi yarimye, amara ukwezi kumwe i Samariya ari ku ngoma.
âśď¸ Uku kumara igihe kigufi ku ngoma bifitanye isano yabugufi nâibyo Adamu yahishuriwe nyuma yo gucumura.
âśď¸ Adamu yahishuriwe ibintu byâingenzi bizaranga amateka yâikiremwamuntu, uhereye igihe yacirwaga urubanza nâijuru muri Edeni, mu gihe cyâUmwuzure, ugakomeza kugeza ku kuza kwa mbere kâUmwana wâImana. Yeretswe ko nâubwo igitambo cya Kristo gihagije gucungura isi yose, benshi bazahitamo imibereho yâibyaha aho guhitamo imibereho yo kwihana no kumvira. Ubugizi bwa nabi buziyongera uko ibihe bizajya bihita, umuvumo wâicyaha uzakomeza kuba ku bantu, ku nyamaswa no ku isi. Iminsi yo kurama kâumuntu izatuba bitewe nâicyaha cye; azajya agenda yonda kandi ububasha bwe no kwihangana, ibya mwuka, nâibyâubwenge bizasubira inyuma kugeza ubwo isi izuzuramo ubuhanya bukabije.
âśď¸ Bitewe nâumururumba nâirari, abantu ntibazashobora kwishimira ukuri guhebuje dukesha ukuri kwâumugambi wâagakiza. Nanone kandi, Kristo, mu kuri kâumugambi watumye amanuka mu ijuru, azakomeza kwireherezaho abantu, kandi akomeze kubararikira guhisha intege nke nâububi bwabo muri We. Ku bamusanga bose bizeye, azabaha ibyo bakeneye. Kandi hari bake bazagundira ijambo ryâImana kandi ni bo bazasangwa batanduye. AA 36.3
đ DATA WA TWESE URI MU IJURU TWIGISHE KUBARA IMINSI YACUđ
Wicogora Mugenzi
Amena