Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 2 cya 1 Abami, usenga kandi uciye bugufi.
Taliki 02 Ugushyingo 2022
đ 1 ABAMI 2
[1]Igihe cya Dawidi cyo gutanga cyenda gusohora, yihanangiriza umuhungu we Salomo aramubwira ati
[2] Ubu ndagiye nkâuko abâisi bose bagenda. Nuko komera ugaragaze ko uri umugabo.
[3] Ujye wumvira ibyo Uwiteka Imana yawe yakwihanangirije: ni ko kugendera mu nzira zayo, ukitondera amategeko yayo nâibyo yategetse, nâamateka nâibyo yahamije nkâuko byanditswe mu mategeko ya Mose, kugira ngo ubashishwe ibyo uzakora byose aho uzagana hose,
[4] kugira ngo Uwiteka azakomeze ijambo rye yamvuzeho ati âAbana bawe nibirindira mu ngeso zabo nziza, bakagendera imbere yanjye mu byâukuri nâimitima yabo yose nâubugingo bwabo bwose, ntuzabura uzungura ingoma ya Isirayeli.â Uko ni ko Imana yavuze.
[5] âKandi uzi ibyo Yowabu mwene Seruya yangiriye, nâibyo yagiriye abagaba bombi bâingabo za Isirayeli: Abuneri mwene Neri na Amasa mwene Yeteri, ko yabishe akavusha amaraso nkâayo mu ntambara mu gihe cyâamahoro, akayasÄŤga ku mukandara akenyeje no ku nkweto yari akwese.
[6] Nuko uzamugenze uko uzigira inama, ntuzemere ko imvi ze zimanuka amahoro zijya mu mva.
[10] Nuko Dawidi aratanga asanga ba sekuruza, bamuhamba mu mudugudu wa Dawidi.
[12] Nuko Salomo asubira ku ngoma ya se Dawidi, ubwami bwe burakomezwa cyane.
[22] Nuko Umwami Salomo asubiza nyina ati âNi iki gituma usabira Adoniya Abisagi wâi Shunemu? Erega wamusabira nâubwami kuko ari mukuru wanjye, yego! Kandi ugasabira na Abiyatari umutambyi, na Yowabu mwene Seruya.â
[25] Nuko Umwami Salomo yohereza Benaya mwene Yehoyada, aramusumira aramwica.
[28] Nuko inkuru igera kuri Yowabu, kandi Yowabu yari yarakurikiye Adoniya nubwo atakurikiye Abusalomu. Yowabu abyumvise ahungira mu Ihema ryâUwiteka, yisunga amahembe yâicyotero.
[34] Nuko Benaya mwene Yehoyada asubirayo aramusumira amutsinda aho. Bamuhamba mu rugo rwe bwite aho yari atuye mu butayu
[35] Hanyuma umwami ashyira Benaya mwene Yehoyada mu cyimbo cye, ngo abe umugaba wâingabo. Kandi umwami ashyira Sadoki umutambyi mu cyimbo cya Abiyatari.
[42] Umwami atumira Shimeyi aramubwira ati âHarya sinakurahije Uwiteka, nkakwihanangiriza rwose nti âUmenye neza ko umunsi wavuyeyo ukagira aho ugana hose, utazabura gupfaâ? Ukansubiza uti âIbyo uvuze ni byiza ndabyumviseâ?
[46] Maze umwami ategeka Benaya mwene Yehoyada kumwica, na we arasohoka aramusumira, amutsinda aho. Nuko ubwami bukomezwa mu maboko ya Salomo.
Ukundwa nâImana, Amahoro abe muri wowe. Kugera ku butungane nyakuri ni ngombwa gukurikiza amabwiriza yâijuru.
1ď¸âŁ KUGWIZA IMBARAGA NâICYUBAHIRO
đ° Salomo yasizwe amavuta kandi yimikwa mu mpera zâimyaka yo kubaho kwa se Dawidi wahiguye amasezerano akamuraga ubwami. Imyaka ye ya mbere ari ku ngoma yaranzwe no kurabagiranishwa nâamasezerano, kandi byari umugambi wâImana ko agenda arushaho kugwiza imbaraga nâicyubahiro, akagira imico ijya usa nâiyâImana, kandi kubwâibyo agatera ubwoko bwe gusohoza inshingano yabwo yera nkâababikijwe ukuri kwâImana. (AnA 17.1).
âĄď¸Muvandimwe rabagiranishwa n’amasezerano y’Imana, umurikire abandi.
2ď¸âŁ UMURAGE W’IBANZE
đ°Menyereza umwana inzira akwiriye kunyuramo, Azarinda asaza atarayivamo (Imigani 22:6).
âśď¸ Muri iki gihe ababyeyi benshi birengagije inshingano yo guha uburere n’inama abana babo; nyamara byakagombye kuba inshingano yâibanze ireba ababyeyi.
đ° Dawidi yuje umutima wâineza kandi amaramaje, yingingiye Salomo guhagarara kigabo, kuba inyangamugayo, kurangwa nâimbabazi nâubugwaneza bwuje urukundo agaragariza abo ategeka, kandi mu mikoranire ye yose nâamahanga yo ku isi akajya yubahisha Imana akayihesha ikuzo ndetse akagaragaza ubwiza bwâubutungane. Ibigeragezo byinshi nâibintu bikomeye Dawidi yari yaranyuzemo mu mibereho ye byari byaramwigishije agaciro kâimico yâubupfura kandi mu ipfa rye bimutera kubwira umuhungu we yeruye agira ati: âUtegekesha abantu gukiranuka agatwara yubaha Imana, azahwana nâumuseke utambitse wâizuba rirashe, nâigitondo kitagira igicu; igihe ubwatsi bushya bwarukiye mu butaka ku bwâitangaze ryâumuhituko wâimvura.â 2 Samweli 23:3,4. ( AnA 17.3)
3ď¸âŁ UBUMUNTU BWUZUYE & UBUTABERA N’IMBABAZI
đ° “Nuko rero mwana wâumuntu, ubwire ubwoko bwawe uti âGukiranuka kâumukiranutsi ntabwo kuzamurokora ku munsi wâigicumuro cye, na byo ibyaha byâumunyabyaha ntibizamwica umunsi azahindukira akava mu byaha bye, nyamara ukiranuka ntabwo azabasha kubeshwaho na ko ku munsi azacumura.â Nimbwira umukiranutsi ngo âKubaho uzabahoâ, akiringira gukiranuka kwe kandi agakora ibibi, mu byo gukiranuka kwe nta na kimwe kizibukwa, ahubwo azapfa azize ibibi bye yakoze. (Ezek 33:12-13)
â ď¸ Nuko Benaya mwene Yehoyada asubirayo aramusumira amutsinda aho. Bamuhamba mu rugo rwe bwite aho yari atuye mu butayu (1 Abami 2:34)
âśď¸Biragoye gusobanukirwa uburyo Yowabu yishwe nyamara yari yararwaniriye umwami nâigihugu! Icyemezo giheruka cyagukiza cg kikakurimbuza hatitawe k’ibyakibanjirije. Hitamo neza uyu munsi .
âśď¸ Kristo yazanywe no gutanga urugero mu isi rwâicyo ubumuntu bwuzuye bushobora guhinduka cyo, igihe buhujwe nâubumana.
âśď¸ Yeretse abatuye isi
uburyo bushya bwâubukuru abinyujije mu kugaragariza abantu imbabazi, impuhwe nâurukundo. Yahaye abantu uburyo bushya bwo gusobanukirwa nâImana. Nkâumuyobozi wâinyokomuntu, yigishije abantu inyigisho zâubumenyi bwâingoma yâImana, aho yerekaniye gukiranuka kwahuje imbabazi nâubutabera.
âśď¸ Ubwiyunge bwâimbabazi nâubutabera ntibwigeze bushyigikira na hato icyaha cyangwa ngo bwirengagize ikintu cyose ubutabera busaba; ahubwo mu gushyira ikintu cyose mu mwanya cyagenewe, imbabazi zashoboraga gukoreshwa mu guhana umunyabyaha nâumuntu utihana bidakuyeho kugira impuhwe cyangwa ngo hirengagizwe kamere yazo ibabarira, ndetse nâubutabera bwashoboraga gushyirwa mu bikorwa mu kubabarira umuntu wihannye bitagize icyo byangiza kuri bwo. (UB1 206.3)
đ DATA MWIZA TUBASHISHE KURUSHAHO KUGUSOBANUKIRWA, NONE NâITEKA RYOSEđ
Wicogora mugenzi.
Amena