Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 22 cya YOSUWA, usenga kandi uciye bugufi
Tariki 11 UGUSHYINGO 2025
đ YOSUWA 22:
[1] Nyuma Yosuwa ahamagaza Abarubeni nâAbagadi, nâabâigice cyâumuryango wa Manase
[2] arababwira ati âMwashohoje ibyo Mose umugaragu wâUwiteka yabategetse byose, no mu byanjye nabategetse byose na byo mwaranyumviye.
[6] Maze Yosuwa abaha umugisha, arabasezerera basubira mu mahema yabo.
[10] Bagera mu gihugu gihereranye na Yorodani mu gihugu cyâi KanÄni, bahiyubakira igicaniro cyâamabuye kuri Yorodani cyâikimenywabose.
[16] âIteraniro ryose ryâUwiteka ryadutumye ngo âIki gicumuro mwacumuye ku Mana yâAbisirayeli mwagicumuriye iki, ko muretse kuyoborwa nâUwiteka mukiyubakira igicaniro, mukamugomera?
[21] Nuko Abarubeni nâAbagadi nâabâigice cyâumuryango wa Manase barabasubiza, babwira abo batware bâibihumbi byâAbisirayeli bati
[22]âUwiteka Imana nyamana, Uwiteka Imana nyamana ni yo ibizi, kandi Abisirayeli na bo bazabimenya. Niba twarabikoreye ubugome cyangwa gucumura ku Uwiteka, uyu munsi ntimureke dukira.
[23]Niba twariyubakiye igicaniro kugira ngo duteshuke tureke kuyoborwa n’Uwiteka, cyangwa kugira ngo dutambireho ibitambo byoswa cyangwa iby’ishimwe yuko turi amahoro, cyangwa ngo duturireho amaturo y’amafu y’impeke, Uwiteka ubwe abiduhore.
[24]Ahubwo twabigize dufite impamvu, kugira ngo mu gihe kizaza abana banyu batazabaza abacu bati âMuhuriye he n’Uwiteka Imana y’Abisirayeli?
[34]Nuko Abarubeni n’Abagadi bahimba icyo gicaniro Edi, risobanurwa ngo ni umuhamya wo muri twe, yuko Uwiteka ari yo Mana.
Ukundwa nâImana, Amahoro abe muri wowe. Abatuye hakurya ya Yorodani nabo bashobora kwera no kugira imitima iboneye.
1ïžâŁ ABAGADI NâABARUBENI BASUBIRA MURI GAKONDO YABO
đ°Ubwo iyo miryango cumi yinjiraga i Kanani ibihumbi mirongo ine âbyâAbarubeni nâAbagadi, nâigice cyâumuryango wa Manase ⊠babanjirije Abisirayeli kwambuka bafite intwaro . . . banyura imbere yâUwiteka mu kibaya cyâi Yeriko, biteguye kurwana.â Yosuwa 4:12, 13. Bamaze imyaka myinshi barwanana ubutwari bafatanyije nâabavandimwe babo. Noneho igihe cyabo cyari kigeze kugira ngo basubire muri gakondo yabo. Uko bafatanyije nâabavandimwe babo kurwana, ni nako bagabanye iminyago; nuko basubiranayo âubutunzi bwinshi ⊠nâamashyo menshi, nâifeza, nâizahabu, nâumuringa, nâicyuma, nâimyambaro myinshi cyane,â ibyo byose bagombaga kubigabana nâabari barasigaranye imiryango nâimikumbi. AA 355.2
âĄBitubere isomo ry’ubuzima. Igihe wamaze kugera ku ntego zawe, fasha n’abandi kugera ku zabo. Mwese mugere ku nsinzi irambye.
2ïžâŁ URWIKEKWE RUDAFITE ISHINGIRO
đ° Ariko abo bo bari beza kuruta abâi Tesalonike, kuko bakiranye ijambo ryâImana umutima ukunze, bashaka mu byanditswe iminsi yose kugira ngo bamenye yuko ibyo bababwiye ari ibyâukuri koko. (Ibyakozwe 17: 11).
â¶ Ni byiza gusesengura nkâaba bantu bâI Beroya.
â¶ Muri iki gihe abantu benshi bagira urwikekwe rudafite ishingiro cyangwa rushingiye ku marangamutima gusa.
Mbega uburyo kenshi ingorane zikomoka ku kudasobanukirwa koroheje, ndetse bikaba no mu bantu baba bakoreshejwe no kugira imigambi myiza! Ndetse iyo hatabayeho urukundo no kwihangana, mbega ingaruka mbi ndetse ziteye ubwoba zibasha gukurikiraho!
â¶ Ya miryango cumi yibutse uburyo, mu kibazo cya Akani, Imana yari yaracyashye kutaba maso ngo abantu batahure ibyaha biri hagati muri bo. Noneho biyemeje kugira icyo bakora mu buryo bwihuse kandi batajenjetse; nyamara mu gushaka gutwikira ikosa bari barakoze mbere, bari bagiye ku ruhande ruhabanye cyane.
â¶ Aho kubazanya umutima woroheje kugira ngo bamenye ukuri muri icyo kibazo, bari basanze abavandimwe babo babatonganya, kandi babaciraho iteka. Iyo abakomoka kuri Gadi na Rubeni babasubizanya ubukana nkâubwo bari babatuye, biba byarabyaye intambara.
â¶ Nubwo ku ruhande rumwe ari ingenzi ko kujenjeka mu guhangana nâicyaha bikwiriye kwirindwa, ku rundi ruhande narwo, ni ingenzi kwirinda imyanzuro ihutiyeho ndetse nâurwikekwe rudafite ishingiro. AA 356.5
3ïžâŁ UMUHAMYA WO MURI TWE
đ° Mbese waba ufite ikihe gihamya cyo guhamiriza abakuzengurutse Imana yawe?
â¶ Imiryango ibiri nâigice yahawe gakondo hakurya ya Yorudani yiyubakiye igicaniro cyabo kitubakiwe gutambirwaho ibitambo, ahubwo gusa cyari igihamya kigaragaza ko nubwo batandukanyijwe nâuruzi, bafite ukwizera kumwe nâukwâabavandimwe babo bâi Kanani.
Batinyaga ko mu gihe kizaza abana babo bashobora kuzabuzwa kwinjira mu ihema ryâImana, nkâaho nta mugabane bafite mu Bisiraheli.
â¶ Iki gicaniro rero, cyubatswe gikurikije icyitegererezo cyâigicaniro cyâUwiteka i Shilo, cyajyaga kuzaba igihamya ko abacyubatse nabo basengaga Imana ihoraho. AA 356.2
â¶ Ni byâagaciro kugira igihamya Imana aho waba uri hose: haba ku kazi, mu isoko, mu bukwe nâahandi bityo abantu bakamenye ko Uwiteka ari yo Mana.
đ DATA MWIZA TUBASHISHE KUGUHAMYA UKO BIKWIYE.đ
Wicogora Mugenzi