Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 12 cya 2 NGOMA, usenga kandi uciye bugufi.
đ 2 NGOMA: 12
[1] Hanyuma Rehobowamu amaze gukomeza ubwami bwe, areka amategeko yâUwiteka hamwe nâAbisirayeli bose.
[2] Nuko mu mwaka wa gatatu ku ngoma ya Rehobowamu, Shishaki umwami wa Egiputa atera i Yerusalemu kuko bacumuye ku Uwiteka.
[3] Yari afite amagare igihumbi na magana abiri, nâabagendera ku mafarashi inzovu esheshatu, nâabantu batabarika bavanye na we muri Egiputa, Abalubimu nâAbasukimu nâAbanyetiyopiya.
[4] Atsinda imidugudu yâAbayuda igoswe nâinkike, arongera atera i Yerusalemu.
[5] Nuko umuhanuzi Shemaya asanga Rehobowamu nâabatware bâAbayuda, bari bateraniye i Yerusalemu bahunze Shishaki arababwira ati âUko ni ko Uwiteka avuga âMwarantaye, ni cyo gitumye mbahana mu maboko ya Shishaki.â â
[6] Maze abatware ba Isirayeli nâumwami bicisha bugufi baravuga bati âUwiteka arakiranuka koko.â
[7] Uwiteka abonye ko bicishije bugufi ijambo rye riza kuri Shemaya riti âBicishije bugufi sinzabarimbura, ahubwo nzabakiza ariko si rwose, nâuburakari bwanjye ntibuzasandara kuri Yerusalemu buzanywe nâukuboko kwa Shishaki.
[8] Ariko rero bazaba abagaragu be, kugira ngo bamenye ubuhake bwanjye nâubuhake bwâabami bâibindi bihugu.â
Ukundwa nâImana gira umunsi wâumunezero; muri uyu munsi wera Imana yejeje igaha umugisha reka tunambe ku Mana twe kuyimura.
1ď¸âŁ KWIMURA UWITEKA
đ°Nambirâ ukuri jya wihangana, Komezâ ubutwari no kwizera!
Rutarâ aduha kuganziriza, Murâ iyi si yâ igomero.
âśď¸ Ongera wisuzume niba unambira ukuri! Cyangwa iyo utewe nâimpagarara ubivamo?
âśď¸ Yerobowamu yari afite amahirwe yo gukosora mu buryo bukomeye amakosa yari yarakoze mu gihe cyashize, kandi akongera kwigarurira icyizere ku byâubushobozi bwe bwo kuyoborana ubuhanga. Nyamara ibyanditswe byagaragaje amateka mabi yâuwasimbuye Salomo maze bivuga ko yananiwe guteza impinduka zikomeye ziganisha ku kuyoboka Uwiteka.
Nubwo ubusanzwe yari intumva, akiyemera, ntagirwe inama kandi akayoboka ibigirwamana, iyo aza kwiringira Imana atizigamye, aba yaragize imbaraga zâimico, akagira ukwizera kudacogora ndetse akumvira ibyo Imana isaba. Ariko uko igihe cyahitaga, umwami Rehobowamu yashyize ibyiringiro bye mu bushobozi [umwanya wâubwami yariho wari ufite] ndetse no mu bihome yari yarubatse akabikomeza. Yaje guha icyuho intege nke za kamere buhoro buhoro kugeza ubwo imbaraga ze yazeguriye mu ruhande rwo gusenga ibigirwamana. âHanyuma Rehobowamu amaze gukomeza ubwami bwe, areka amategeko yâUwiteka hamwe nâAbisirayeli bose.â 2Ngoma 12:1. AnA 79.1
2ď¸âŁ IKINYAFU CYâUWITEKA
đ°Uwiteka aravuga ati: âAbo nkunda bose ndabacyaha, nkabahana ibihano. Nuko rero gira umwete wihane.â Ibyah 3:19
âśď¸ Imana ntiyemeye ko ubuhakanyi bwâumwami wâUbuyuda bukomeza kubaho adahanwe. âNuko mu mwaka wa gatatu ku ngoma ya Rehobowamu, Shishaki umwami wa Egiputa atera i Yerusalemu kuko bacumuye ku Uwiteka. Yari afite amagare igihumbi na magana abiri, nâabagendera ku mafarashi inzovu esheshatu, nâabantu batabarika bavanye na we muri Egiputa, . . . Atsinda imidugudu yâAbayuda igoswe nâinkike, arongera atera i Yerusalemu. AnA 80.1
âŚď¸ âNuko umuhanuzi Shemaya asanga Rehobowamu nâabatware bâAbayuda, bari bateraniye i Yerusalemu bahunze Shishaki arababwira ati: âUko ni ko Uwiteka avuga âMwarantaye, ni cyo gitumye mbahana mu maboko ya Shishaki.ââ 2Ngoma 12:2-5. AnA 80.2
3ď¸âŁ IMBABAZI ZâUHORAHO
đ° Uwiteka aragira ati: âUmunyabyaha nareke ingeso ze, ukiranirwa areke ibyo yibwira agarukire Uwiteka na we aramugirira ibambe, agarukire Imana yacu kuko izamubabarira rwose pe.â Yes 55:7
âŚď¸Ntabwo abantu bari barageze kure cyane mu buhakanyi ku buryo basuzuguye iteka ryâImana. Mu rupfu rwâabantu benshi rwatewe nâibitero byâumwami Shishaki, babibonyemo ukuboko kwâImana maze bamara igihe runaka bicishije bugufi. Baravuze bati: âUwiteka arakiranuka.â AnA 80.3
âUwiteka abonye ko bicishije bugufi ijambo rye riza kuri Shemaya riti: âBicishije bugufi sinzabarimbura, ahubwo nzabakiza ariko si rwose, nâuburakari bwanjye ntibuzasandara kuri Yerusalemu buzanywe nâukuboko kwa Shishaki. Ariko rero bazaba abagaragu be, kugira ngo bamenye ubuhake bwanjye nâubuhake bwâabami bâibindi bihugu. AnA 80.4
đ MANA IGIRA IBAMBE, TUBASHISHE KUKUMENYA BIRUSEHO NO KUKUGARUKIRAđ
Wicogora Mugenzi

Amena. Imana itubashishe kuyigarukira