Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
2 SAMWELI 24: DAWIDI ABARA ABANTU – Wicogora Mugenzi

Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 24 cya 2 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.

Taliki 31 Ukwakira 2022

📖 2 SAMWELI 24
[1] Bukeye umujinya w’Uwiteka wongera gukongerezwa Abisirayeli, abateza Dawidi, ubwo yavugaga ati “Genda ubare Abisirayeli n’Abayuda.”
[2] Umwami abwira Yowabu umugaba w’ingabo ze wari kumwe na we ati “Genda imiryango y’Abisirayeli yose uhereye i Dani ukageza i Bērisheba, mubare abantu kugira ngo menye umubare wabo.”
[3] Yowabu abwira umwami ati “Uwiteka Imana yawe igwize umubare wari usanzwe incuro ijana, kandi umwami abyirebere. ariko se Mwami nyagasani, ni iki gitumye wishimira ibyo?”
[4] Ariko ijambo ry’umwami riganza irya Yowabu n’abatware b’ingabo. Nuko Yowabu n’abatware b’ingabo bava imbere y’umwami bajya kubara Abisirayeli.
[9] Maze Yowabu aha umwami umubare w’abantu babaze. Muri Isirayeli harimo abagabo b’intwari bitwaza inkota, uduhumbi munani, abo mu Bayuda na bo bari uduhumbi dutanu.
[10] Dawidi amaze kubara abantu, umutima we uramukubita. Abwira Uwiteka ati “Ndacumuye cyane ku byo nkoze ibyo, ariko none Uwiteka ndakwinginze, kuraho gukiranirwa k’umugaragu wawe kuko nkoze iby’ubupfu bwinshi.”
[12] “Genda ubwire Dawidi uti ‘Uku ni ko Uwiteka avuze ngo: Agushyize imbere ibihano bitatu, hitamo kimwe muri byo abe ari cyo aguhanisha.’ ”
[14] Dawidi abwira Gadi ati “Ndashobewe rwose, twigwire mu maboko y’Uwiteka kuko imbabazi ze ari nyinshi, ne kugwa mu maboko y’abantu.”
[25] Dawidi yubakirayo Uwiteka igicaniro, atamba ibitambo byoswa, n’ibitambo by’ishimwe yuko ari amahoro. Nuko Uwiteka abona guhendahenderwa igihugu, mugiga ishira mu Bisirayeli.

Ukundwa n’Imana amahoro abe muri wowe. Dawidi ategeka kubara abisiraheli atabibwiwe n’Imana.

1️⃣ DAWIDI ATEGEKA KUBARURA ABISIRAHELI
🔰 Ubwibone no kurarikira ni byo byatumye habaho icyo gikorwa cy’umwami. Iryo barura ryajyaga kwerekana itandukaniro ryariho hagati y’imbaraga nke igihugu cyari gifite ubwo Dawidi yajyaga ku butegetsi n’imbaraga zacyo n’amajyambere yacyo ari we ukiyobora. Ibyo byari kurushaho gushimangira ukwiyemera kwari gusanzwe haba ku mwami ndetse na rubanda. Ibyanditswe byera bivuga biti: “Satani ahagurukira Abisirayeli, yoshya Dawidi kubara Abisirayeli.” Kugubwa neza kw’Abisiraheli igihe bayoborwaga na Dawidi kwari kwarakomotse ku migisha y’Imana aho kuba ku bushobozi bw’umwami cyangwa gukomera kw’ingabo ze. Ariko kongera ingabo z’igihugu byajyaga kwereka amahanga yari abakikije ko Abisiraheli biringiraga ingabo zabo, aho kwiringira ubushobozi bw’Uwiteka. (AA 520.3)
➡️ Dawidi yari agamije icyubahiro cye n’ingabo ze. Umuntu usanzwe agisha Imana inama, ashobora guhusha intego agashingira ku mbaraga ze, bishavuza Imana.

2️⃣ IGIHANO CY’IMANA, DAWIDI YIHANA
📖Dawidi abwira Uwiteka ati “Ndacumuye cyane ku byo nkoze ibyo, ariko none Uwiteka ndakwinginze, kuraho gukiranirwa k’umugaragu wawe (um. 10).
🔰Ibarura ryari ryarateye abantu kutishimira ubutegetsi; nyamara nabo ubwabo bari bari barakoze ibyaha nk’ibyo byatumye Dawidi akora icyo gikorwa. Nk’uko Uwiteka yahannye Dawidi binyuze mu kugoma kwa Abusalomu, ni na ko yahaniye Abisiraheli ibyaha byabo biciye mu ifuti rya Dawidi. AA 521.5
➡️Icyaha cya Dawidi sicyo abishwe na mugiga bazize, bazize ibyaha byabo bwite. Icyaha cya Dawidi cyabaye imbarutso yo kubona ibihembo by’ibyaha bari barakoze.

3️⃣ IMBABAZI Z’UWITEKA
Dawidi abuze icyo ahitamo ati: twigwire mu maboko y’Uwiteka kuko imbabazi ze ari nyinshi. Dawidi yemera icyaha yakoze, atakambira Imana ko ariwe igihano cyabaho. ati “Umva naracumuye kandi nabaye ikigoryi, ariko nk’izi ntama zacumuye iki? Ndakwinginze, ukuboko kwawe abe ari jye kurwanya n’inzu ya data.” (um. 17)

▶️ Dawidi ajya kuri uwo musozi ayobowe n’umuhanuzi, maze ahubakira Uwiteka igicaniro “atamba ibitambo byoswa n’ibitambo by’ishimwe yuko bari amahoro, yambaza Uwiteka. Uwiteka amusubirisha umuriro uva mu ijuru, ujya ku gicaniro cy’igitambo cyoswa.” “Nuko Uwiteka abona guhendahenderwa igihugu; mugiga ishira mu Bisirayeli.” (AA 521.6).

➡️N’ubwo ducumura tugakora ibyangwa n’Uwiteka, Yesu aracyari ku ntebe y’imbabazi, tumusange twicishije bugufi aratubabarira. Soma Zaburi 136 yose, hatubwira uko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.

🛐 MANA NZIZA TUGUSHIMIYE IMBABAZI ZAWE, DUHE KUZAKIRA MU MITIMA YACU🙏

Wicogora mugenzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *