Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
1 SAMWELI 23: DAWIDI ATABARA I KEYILA – Wicogora Mugenzi
Wicogora

Dukomeje gusoma no kwiga igice cya Bibiliya buri munsi. Iga igice cyose cya 23 cya 1 SAMWELI, usenga kandi uciye bugufi.

Taliki 29 Nzeli 2022

📖 1 SAMWELI 23
[1] Bukeye babwira Dawidi bati “Uzi ko Abafilisitiya barwanye i Keyila, bagasahura ingano ku mbuga zabo?”
[2] Dawidi ni ko kugisha Uwiteka inama ati “Mbese njye gutera abo Bafilisitiya?” Uwiteka asubiza Dawidi ati “Genda utere Abafilisitiya, ukize ab’i Keyila.”
[4]Nuko Dawidi yongera kugisha Uwiteka inama. Uwiteka aramusubiza ati “Haguruka umanuke ujye i Keyila, kuko nzakugabiza Abafilisitiya.”
[5] Nuko Dawidi ahagurukana n’ingabo ze bajya i Keyila barwana n’Abafilisitiya, banyaga inka zabo, babicamo benshi cyane. Uko ni ko Dawidi yakijije abaturage b’i Keyila.
[13] Sangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp


  1. Nuko Dawidi n’abantu be nka magana atandatu barahaguruka, bava i Keyila bajya aho bashoboye hose. Hanyuma babwira Sawuli ko Dawidi yacitse akava i Keyila, arorera gutabara.
    [16] Bukeye Yonatani mwene Sawuli arahaguruka asanga Dawidi mu ishyamba, amukomeza ku Mana.
    [18] Bombi baherako basezeranira imbere y’Uwiteka, maze Dawidi yigumira mu ishyamba Yonatani asubira iwe.

Ukundwa n’Imana, amahoro yImana abe muri wowe. Uba mu bwihisho bw’Isumbabyose, azahama mu gicucu cy’Ishorabyose (zaburi 90:1).

1️⃣ GISHA IMANA INAMA
🔰Dawidi iyo yajyaga ku rugamba, yabanzaga kugisha Imana inama. (Um. 2) Dawidi ni ko kugisha Uwiteka inama ati “Mbese njye gutera abo Bafilisitiya?” Uwiteka asubiza Dawidi ati “Genda utere Abafilisitiya, ukize ab’i Keyila.”
➡️Ni isezerano ry’Imana ko nidusaba twizeye izadusubiza cg izaduha icyo tuyisabye.
(Luka 11:13) None se ko muzi guha abana banyu ibyiza kandi muri babi, So wo mu ijuru ntazarushaho rwose guha Umwuka Wera abamumusabye?”
Urugamba turwana muri iyi minsi ni urwo gucika ku cyaha no gusaba kuyiborwa na Mwuka Wera. Dusabe twizeye, kubwo kwizera tuzanesha.

2️⃣ *DAWIDI NA YONATANI BONGERA GUSEZERANA *
🔰Nuko Yonatani asaba Dawidi aho yari yihishe mu ishyamba ryo mu butayu bw’i Zifu. amukomeza ku Mana. Aramubwira ati “Witinya kuko ukuboko kwa data Sawuli kutazagushyikira, kandi uzaba umwami wa Isirayeli. Jye ubwanjye nzaba uwa kabiri kuri wowe, kandi data Sawuli na we arabizi.” Bombi baherako basezeranira imbere y’Uwiteka. (Im. 16-18)
➡️ Urukundo rwa kivandimwe rwarangaga Dawidi na Yonatani, nirwo rukwiriye kuranga abana b’Imana. Nirwo Yesu yadukunze kandi niwo murage yaduhaye. Muri Yohana 13:34 – Ndabaha itegeko rishya ngo mukundane nk’uko nabakunze, mube ari ko namwe mukundana.

🛐 MANA TURAGUSABA URUKUNDO, KUKO UDAKUNDA NTAZI IMANA

Wicogora mugenzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *