Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 148

Warning: Undefined variable $ub in /home4/bncrpved/public_html/wp-content/plugins/advanced-page-visit-counter/public/class-advanced-page-visit-counter-public.php on line 160
KWIGA KWISHIMIRA UWITEKA – Wicogora Mugenzi

KWIGA KWISHIMIRA UWITEKA

“Kandi wishimire Uwiteka, na we azaguha ibyo umutima wawe usaba” ( Zaburi 37:4).

Zaburi 37:4 ni isezerano ry’agahebuzo.Tekereza kubona ibyo wari usanzwe wifuza. Ariko kubona ibyo imitima yacu yifuza bifitanye isano no kugira umutima wishimira Uwiteka. None se bisobanuye iki “kwishimira Uwiteka”? Soma Zaburi 37:1-11. Ibivugwa muri Zaburi 37:4 ahari biratangaje. Dawidi arimo kwandika ibijyanye no gukikizwa n’abantu bakora ibikorwa birwanya Imana n’abamurwanya. Iyo abantu baturwanya, igisubizo gihita kiza muri kamere yacu akenshi ni ukurakara cyangwa gushaka uburyo bwo kwirengera. Ariko Dawidi atugira inama yo gukora ikintu gitandukanye n’ibyo.

Mu masomo akurikira, ni iyihe nama ya Dawidi ku bwoko bw’Imana mu bihe bimeze nk’ibi?

Zaburi 37:1 ——————————–

Zaburi 37:5 ——————————–

Zaburi 37:7 ———————————

Zaburi 37:8 ———————————-

Ongera usome Zaburi 37:4. Mu cyerekezo cy’amasomo umaze kugira icyo uyavugaho, “kwishimira Uwiteka” bisobanuye iki?

Dawidi agenda asubiramo inshuro nyinshi, mu buryo butandukanye, imvugo “kwiringira Uwiteka.” Iringire ko Uwiteka akora. Ntukarakare, kuko Imana ari Imana yawe, kandi irimo kugukorera – ndetse n’ubungubu. Ntabwo ukwiriye kwigora no kugerageza gushyira ibintu kuri gahunda ukoresheje imbaraga zawe. So wo mu ijuru ni we ubishinzwe. Mwiringire. Mwiringire rwose.

Ni muri iki cyerekezo Dawidi yandikamo ibyerekeye kwishimira Uwiteka. Kwishimira Uwiteka bisobanuye ko tugomba kubaho imibereho yo kwizera kuzuye. Nta kibasha kurogoya amahoro yacu, kuko Imana iri kumwe natwe kandi ikaba iri ku murimo. Dushobora kuyihimbaza, dushobora no kumwenyura, kuko nta muntu n’umwe wabasha gutsinda Imana yacu! Ni dushobora kwiga ibi, mu by’ukuri tuzahabwa ibyo imitima yacu yifuza, kuko tuzakira ibyo Data udukunda ashaka kuduha, mu gihe kirushijeho kuduhesha inyungu kandi kikazihesha n’ubwami bwayo.

Ni mu buhe buryo ushobora kwiga “ kwishimira Uwiteka”? Fata umwanya usenge, usabe kuyoborwa n’Imana kugira ngo ibi bibashe kuba impano mu mibereho yawe?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *